• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Ubwanditsi 24 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ijoro ryo ku wa 23 rishyira uwa 24 Mutarama 2025 ryasanze Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, babyinira ku rukoma. Ni mu gihe abajenosideri ba FDLR baririraga mu myotsi nyuma yo kubura umubyeyi wabo, Jenerali Peter Cirimwami wari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubu muri Kongo baravuga ngo “kera babayeho Cirimwami!”

Raporo zitandukanye zagaragaje ko Cirimwami yari ikiraro gihuza Leta ya Kongo na FDLR, akaba ari we wanyuzwagaho ubufasha bwose Perezida Felix Tshisekedi yoherereza uwo mutwe ngo ugire ingufu zisumbuye ziwufasha gutsemba Abatutsi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, no kuzahirika ubuyobozi buriho mu Rwanda.

Ngo akagabo gahimba akandi kataraza! Nyuma y’amasaha make avugiye kuri kamera na mikoro z’ibitangazamakuru bitandukanye ko ingabo za Kongo n’abazifasha ari bo bagenzura agace ka Sake, Cirimwami wiyumvaga nk’Ikinani abahuungu ba M23 batabasha yavuze ko agiye kwigerera aho rwambikaniye.

Ageze i Kasengezi, intambwe 10 zari zihagije ngo arebe uko intare za nyazo zisa, bitandukanye n’uko yiyumvaga afite amakare. Amakuru aturuka aho urugamba rubera avuga ko Cirimwami akigera muri ako gace, isasu ry’abahungu ba M23 –bazwi cyane nk’Intare za Sarambwe–ryamuhwaranyije atararenga umutaru.

Ubutumwa Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa 24 Mutarama 2025, buragira buti “Umugaba Mukuru w’igisikare cy’umutwe wa FDLR, General Chirimwami, yapfuye. Yiciwe i Kasengezi ubwo yasuraga abari imbere ku rugamba kugira ngo yifotozanye na bo.”

Ifoto ya Cirimwami na FDLR ku mirongo y’urugamba ishobora kuzaba inzozi mbi kuri Tshisekedi, igihe cyose azaba acyimakaza inzira y’intambara mu kibazo afitenye na M23.

Muri Nzeri 2023 ni bwo Cirimwami wajyaga yiyita ‘Nkuba’ yagizwe Guverineri wa Gisirikare w’agateganyo w’Intara ya Kivu ya Ruguru, itegetswe n’igisirikare kuva mu 2021.

Kuba Tshisekedi yarahisemo Cirimwami ngo ahayobore si uko yari azi neza ko aratsinda urugamba rwananiye bagenzi be, ahubwo n’uko yari azi ko ari we ‘papa’ wa FDLR kandi Leta ya Kongo ikaba yizera ko uwo mutwe ari wo wabasha gutinyuka kurasana na M23 kuko wo wasaritswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Imikoranire ya Cirimwami na FDLR yatumye ubwicanyi bwibasira Abatutsi b’Abanyekongo bukaza umurego, inka zabo ziraraswa izindi zirasahurwa, n’aho amazu yabo aratwikwa bakwira imisharo.

Nubwo itotezwa bakorerwa ritarangiye, urupfu rwa Cirimwami ruratuma nibura Abatutsi b’Abanyekongo bumva ko amaherezo Imana basenga izabatabara.

 

 

2025-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta

Ubwanditsi 22 Sep 2018
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru