• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda ushinzwe ubutwererane mu karere, Philemone Mateke akomeje kwerekana urwango afitiye Abanyarwanda akaba yategetse ko abagera kuri batandatu bafatwa bakanafungwa n’abakozi ba CMI, urwego rushinzwe iperereza rya gisirikari.

Ibi byabaye tariki ya 8 Werurwe 2020. Abafatiwe mu karere ka Gisoro bose ku itegeko rya Mateke ni  Niyoyita Adam, wakoraga akazi ko kogosha, washinjwe na Mateke ko yashakaga kumwica,  agakorerwa iyicarubozo ngo abyemere aho kugeza n’uyu munsi atarabyemera, Nizeyimana Siraj, Gaju Esperance, Mutesi Esperance, Tuyizere Innocent na Tuyisenge Jean de Dieu.  Abandi nabo bakoraga mungo zitandukanye z’abafumbira imirimo yo murugo, aho bakomoka mu Rwanda haracyashakishwa.

Mu myaka irenga ibiri ishize, habaye inkubiri yo gufata no guhohotera Abanyarwanda bikozwe n’inzego z’umutekano za Uganda, aho Minisitiri Mateke, ari mu batungwa agatoki kuba ku isonga ryuwo mugambi kuva bigitangira. Mateke yahohoteye Abanyarwanda mu gihe kigera ku myaka 50, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi. Guhera mu mwaka wa 1972, igihe habaga ubwicanyi mu Burundi aho abahutu benshi bishwe ku bwinshi, naho mu Rwanda Abatutsi bakicwa muri 1973, Mateke yashatse kwimukana ingengabitekerezo ya Jenoside muri Uganda aho yashakaga ko Abatutsi bicwa.

Umugambi yarawunogeje, aho yateguye kwica Abatutsi ku ishuri ryisumbuye rya Mutolere; nyuma  uwo mugambi waje kuburizwamo n’umusirikari w’umunyarwanda Jackson Rwahama wabaga mu ngabo za Uganda akuriye ingabo mu karere kabarizwagamo iryo shuri.

Ibimenyetso simusiga byerekana uruhare rwa Mateke byagaragajwe n’inama yateguye tariki ya 14 na 15 Ukuboza 2018 aho yateguye inama yahuzaga RNC na FDLR gukora umutwe umwe urwanya Leta y’u Rwanda. We ubwe yaherekeje abari abayobozi ba FDLR bari batumweho aribo La Forge Bazeye wari umuvugizi wuwo mutwe ndetse na Lt Col Nsekanabo Jean Pierre wari ushinzwe iperereza guhura n’abahagarariye RNC aribo Frank Ntwali na Rashidi. Abayobozi ba FDLR bakaba barafatiwe ku mupaka wa Bunagana uhuza Kongo na Uganda.

Mu minsi ya vuba mu mpera z’umwaka ushize, mu ijoro rya tariki 4 Ukuboza 2019, habaye igitero mu Kinigi cyagabwe na RUD Urunana, bamwe mu bagabye igitero bemeje ko baje bavugana na Minisitiri Philemon Mateke. Ibi bigaragaza uruhare Mateke afite mu mugambi wo kubuza umutekano w’u Rwanda nkuko  yabitumwe na Shebuja Perezida Museveni.

2020-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023
PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23  yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023
Amakuru

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23 yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Liliane Mbabazi uba muri Uganda agiye gutaramira i Kigali
KWAMAMAZA

Liliane Mbabazi uba muri Uganda agiye gutaramira i Kigali

Ubwanditsi 08 Mar 2017

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru