• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Burya koko uko inkende irushaho kurira no gusatira ubushorishori bw’igiti, niko inarushaho kwerekana ubwambure bwayo, bugatera ishozi abagize akaga ko kubureba.

Uku ni nako bimeze kuri Ignace Rusagara(wiyita Marie Rose), ukomeje kudutera umwaku atwereka ubusa bwe, ngo aravugira cya kimoteri cy’abanyamwanda, agatsiko k’ibyihebe bya RNC.

Burya ariko koko “ibisa birasabirana”. Nta kuntu Ignace Rusagara ataba umumotsi wa Kayumba Nyamwasa, dore ko wagirango ubuhemu babwonse mu ibere rimwe. Isoni bombi bazisize kwa ntawutumundi!

Ubusanzwe nta gitangaje kuba ikigarasha cyarangwa n’isoni nke. Icyatungurana cyaba ari ukubona ikigarasha cyikebutse, kikabona ko ibyo kirimo bidakwiye umuntu muzima mu mutwe.

Ariko se koko umuntu abura ubwenge, akabura n’ubumubwira ko avuye mu bwiherero yiyanduje, ko akwiye kujya kure y’abandi ngo atabatera ishozi?

Ntibyumvikakana uburyo umuntu nka Ignace Rusagara, nawe ubwe wiyiziho amafuti aruta ay’ingurube, atinyuka kujya mu itangazamakuru ngo afite icyo yabwira abantu! Buriya se yumva kwibonekeza ngo ni umuvugizi w’ibigarasha bimukuraho icyasha, cyangwa bishimangira ko RNC ari icukiro ry’imyanda inuka ikanahumanya?

Mu nyandiko umusomyi wa Rushyashya yatugejejeho muri Kamena 2020, yatweretse bidasubirwaho ubuhemu bukabije bwa Ignace Rusagara. Icyo gihe yari ataranagirwa inshyanutsi ngo ni umuvugizi, ariko kubera ko Kayumba Nyamwasa n’ibindi byihebe bigenzi bye ameze nka Bihehe bavugiriza induru iti “ngizo impundu mporana”, yumvise Ignace Rusagara ariwe wujuje ubusembwa busabwa kugirango aserukire iryo cukiro mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Muri iyo nkuru , hagaragajwe uburyo muw’ 2015 Rusagara n’ibindi bisambo birimo Faustin Murindangabo bahimbye inyandiko-mvugo z’urubanza rwa Gacaca rutigeze ruhaho, maze bagurisha ikibanza cy’uwitwa André Sebatware, giherereye ku Kimihurura, ahahoze Kigali Night mu Karere ka Gasabo. Ni ubutaka bwaguzwe na Skol Rwanda ngo uwo André Sebatware yishyure imitungo yangije cyangwa yasahuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byahe byo kajya ko nta rukiko rwayimuryoje.

Mu buriganya yafashijwemo n’umukozi mukuru muri Skol Rwanda, sheki yanditswe kuri Faustin, aho kwandikwa ku karere ka Gasabo kari kaguze ubutaka, maze abanyoni bigabanira asaga miliyari yari avuye muri icyo cyamunara. Abiswe ba nyir’imitungo yagombaga kwishyurwa bakenyejwe rushorera, bajugunyirwa utuvungukira tutageze no kuri miliyoni imwe y’amanyarwanda. Kubera kwibwa bamwe muri bo ni nabo batanze aya makuru, ndetse Ignace Rusagara na Faustin Murindangabo barabifungirwa, mbere y’uko Rusagara atoroka ubutabera, agahungira muri Canada anyuze muri Uganda. Aho muri Canada niho yirirwa akorongera, atuka uRwanda n’abayobozi barwo, yibeshya ko abo aduhira mu matwi batazi amahano yakoze mu Rwanda.

Nguwo rero Rusagara Ignace warumbiye umuryango n’igihugu, kugeza ubwo abavandimwe baterwa isoni no kuvuga ko bafitanye isano n’uwo munyaburiganya.

Si ibyo gusa. Kubera ko Ignace Rusagara yize amategeko muri ULK( uretse ko kuyiga, kuyamenya no kuyakurikiza ari ibintu bitandukanye), abo yambuye udufaranga ngo arabafunguriza ababo bafunzwe na Gacaca ntibagira umubare. Abumvise yiyita umuvugizi wa RNC, impirimbanyi muri demokarasi n’uburenganzora bwa muntu, batugezeho bifuza gutanga ubuhamya ku bujura Rusagara yabakoreye. Agahinda uwo mutindi yasize mu mitima yabo, baba aba yabeshye kuzababuranira, baba n’abo n’ubu agicuza utwabo ngo azabageza i Burayi n’Amerika, abo yasize ateye inda yarangiza akagenda abasebya ngo yaryamanye nabo nk’indaya zigurisha, tuzakabagezaho mu minsi iri imbere.

Muri make, uyu Ignace Rusagara uko avuze atera ishozi abamuzi neza. Icyo twamusaba ni ukwicarira umurizo mu muheno we, akareka gutoneka imitima y’abo yahemukiye. Ukuri kuratinda ntiguhera, hari umunsi uzagera amateka n’ubutabera bikamwibutsa ko udashobora kubeshya abantu bose igihe cyose.

2024-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
APR FC Icyuye amanota atatu mu mukino wayo wa mbere wa Shampiyona itorohewemo na Kiyovu Sports

APR FC Icyuye amanota atatu mu mukino wayo wa mbere wa Shampiyona itorohewemo na Kiyovu Sports

Ubwanditsi 11 Dec 2020
Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu

Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika
Amakuru

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Inkomoko y’amafoto ya Diane Rwigara yambaye ubusa
ITOHOZA

Inkomoko y’amafoto ya Diane Rwigara yambaye ubusa

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru