• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ubwanditsi 14 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa Mbere taliki 12 Ugushyingo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Lindiwe Sisulu, yatangaje ko yagiranye ibiganiro na Kayumba Nyamwasa, ku mugambi w’icyo gihugu wo kuganira n’u Rwanda, hagamijwe kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Kayumba Nyamwasa wahoze ari Jenerali mu Ngabo z’u Rwanda yanabereye Umugaba Mukuru, mu 2011 Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwamukatiye adahari, igifungo cy’imyaka 24 no kwamburwa impeta za gisirikare.

Rwari rumaze kumuhamya ibyaha birimo kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kurema amacakubiri no gutoroka igisirikare.

Icyo gihe yari yarahungiye muri Afurika y’Epfo ari naho yashingiye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Rwanda National Congress, RNC.

Gusa ikibazo cye cyamunze umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo, kugeza ubwo mu 2014 Afurika y’Epfo yirukanye abadipolomate batatu b’u Rwanda ibashinja uruhare mu iraswa rya Kayumba Nyamwasa agakomereka, narwo rwirukana batandatu ba Afurika y’Epfo.

Kuva icyo gihe havutse ikibazo maze Abanyarwanda bashaka kujya muri Afurika y’Epfo bagahabwa viza bigoranye, nyamara abanyafurika y’Epfo bashaka kujya mu Rwanda biborohera.

Ubwo yari mu Rwanda muri Werurwe 2018 yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yasabye ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byombi gukurikirana iki kibazo.

Ati “Mu kanya naganiraga na Perezida Kagame, twemeranyije ko tugiye gushyira umubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda ku rwego rwiza kurushaho, kandi ibibazo twagize bigiye gukemuka, dufite ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bagiye guhita bakurikirana iki kibazo.”

Muricyo kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, Minisitiri Sisulu yemeje ko abakuru b’ibihugu byombi basabye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda afatanyije n’uwa Afurika y’Epfo, gusubiza ku murongo umubano w’ibihugu byombi.

Mu cyumweru gishize nibwo Umushinjacyaha Mukuru w’Umujyi wa Randburg, Yusuf Baba, yatangaje ko muri Mutarama 2019 hazatangizwa iperereza ku rupfu rwa Patrick Karegeya wahoze ari umusirikare mu Rwanda, warasiwe muri Afurika y’Epfo mu 2010.

Sisulu yavuze ko ibi bibazo byose bidashobora gukoma mu nkokora imbaraga zari zimaze iminsi zishyirwa mu kugarura ku murongo umubano w’ibihugu byombi.

Nk’uko Televiziyo y’Igihugu ya Afurika y’Epfo, SABC, yabitangaje, Minisitiri Sisulu yagize ati “Naba ntekereza ko ikibazo cy’uwahoze ari jenerali kizatuma ibintu biba bibi? Oya, ahubwo kizatuma ibintu bijya ahabona hagati yacu n’u Rwanda, ni mpamvu ki twageze mu bihe turimo muri iki gihe kandi tunakore ku buryo bitazongera kubaho.”

“Nahuye n’abanyarwanda barimo na Gen Nyamwasa, mu kubagaragariza ko tugiye kwinjira mu biganiro na Guverinoma y’u Rwanda tukaba twarifuzaga kumva ibitekerezo byabo nk’abantu b’impunzi mu gihugu cyacu, byari ngombwa ko tubanza kuganira nabo.”

“Kandi nashimishijwe n’igisubizo cyabo, bavuze ko bakwishima bashyiriweho ayo mahirwe yo kuganira na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo ikibazo ku mpande zombi kirangizwe.”

Mu kwezi gushize hagiye hanze amakuru avuga ko Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buri muri gahunda yo kohereza muri Afurika y’Epfo impapuro zisaba itabwa muri yombi rya Kayumba Nyamwasa, akoherezwa mu Rwanda kugira ngo akurikiranweho ibijyanye n’ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Kayumba wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yahungiye muri Afurika y’Epfo mu 2010 nyuma yo gutangira gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye.

Sisulu yanavuze ko Pretoria na Kigali bataraganira ku busabe bw’u Rwanda bw’uko icyo gihugu cyakumira ibikorwa bya politiki bya Kayumba Nyamwasa, nk’imwe mu ntambwe zatuma umubano w’ibihugu byombi wongera kuba mwiza.

RNC ya Kayumba yavuzwe mu bikorwa bitandukanye bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu 2013, uyu mutwe w’iterabwoba ushinjwa ko wateye grenade mu bice bitandukanye bya Kigali zigahitana inzirakarengane.

Mu minsi mike ishize kandi, byavuzwe ko ku bufasha bwa Uganda, uyu mutwe washatse abantu bo kujya mu myitozo ya gisirikare muri RDC kugira ngo bazahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Abasesenguzi muri politiki bavuga ko umubano w’ibihugu byombi utazigera usubira k’umurongo mu gihe RNC yagira ijambo cyngwa icyo ivugwaho na Afurika y’epfo mu biganiro igirana n’u Rwanda kuko abambari ba RNC bakurikiranyweho ibyaha birimo kubangambira umutekano w’u Rwanda.

Abasesenguzi muri politiki na diplomatie bavuga ko  ntaho  kw’isi habaho ibiganiro ku bantu bashaka guhungabanya umutekano w’ igihugu bakomokaho, bakemeza ko ntabiganiro bwikiye hagati yabo n’u Rwanda bakanavuga ko ibyo Ministiri Sisulu yemeranyije naba bazabimukorere iyo atari mu Rwanda kuko igihugu kishakira amahoro nta mihoro  gikeneye dore ko Kayumba asigaye anakorana na FDLR yasize imaze abatutsi.

2018-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Ubwanditsi 22 Nov 2019

2 Ibitekerezo

  1. Gruec
    November 14, 20188:56 am -

    Ariko Rwandans, rimwe na rimwe ko mujya kure mukarenga imirongo yabugenewe, ubu koko ntabwo mubona ko muhinga musiba nk’ifuku come on, ngo abanyamakuru b’abanyamwuga ? Hehe se? Ubu murabona bikomeje bitya Hon. Dr SEZIBERA azakora ate? Ko mbona abyuka asanga mwamutanze mumurima we yashinzwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika!!!
    Niba ariyo mikorere mubona myiza(gutanguranwa sujets) mwimusibira ngo asigare inyuma asibura ibyo mwishoyemo, ubu koko fond et forme y’iyi nkuru murasanga yanditswe n’umunyamakuru speécialisé muri politique Internationale? Nimurekere umuvuno Ministre we wabiherewe ubushobozi, abanze abikoreho hanyuma abahe urubuga rwo kuvuga kunkuru. Kuko ibi biratoba diplomatie y’u Rwanda.

    Subiza
  2. kkk
    November 15, 201810:59 am -

    hhhhhhhh birashyushye ko Media zomumahanga zandika ibyazo namwe mukandika ibindi turafata ibihe tureke ibihe ??

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye
ITOHOZA

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Uganda: Abakozi ba ISO  bashimuta impunzi bazikangisha  kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Ubwanditsi 22 Nov 2017
U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba
IMIKINO

U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

Ubwanditsi 07 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru