• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri
Abanyarwanda babiri bakuriweho ibirego na Uganda

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Ubwanditsi 18 Feb 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa Gisirikare rwa Makindye muri Uganda, kuri uyu wa Mbere rwakuyeho ibirego ku banyarwanda babiri, Fidèle Nzabonimpa na Selemani Kabayija, bashinjwaga ibyaha byo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Ni umwanzuro ufashwe nyuma y’uko mu kwezi gushize Uganda yarekuye abandi banyarwanda icyenda bakuriweho ibirego, bari bamaze igihe kinini bafungiwe muri icyo gihugu. Barimo barindwi barekuwe n’uru rukiko rwa gisirikare.

Selemani Kabayija na Fidèle Nzabonimpa bakuriweho ibirego ndetse bahita barekurwa n’inteko iburanisha yari ikuriwe na Lt. Gen. Andrew Gutti, nyuma y’uko ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Cpt. Ambrose Baguma bwatangaje ko buhagaritse kubakurikirana, nk’uko New Vision yabitangaje.

Abanyarwanda icyenda baherukaga kurekurwa na Uganda ni Rene Rutagungira, Herman Nzeyimana, Nelson Mugabo, Etienne Nsanzabahizi, Emmanuel Rwamucyo, Augustin Rutayisire, Adrien Munyagabe, Gilbert Urayeneza na Claude Iyakaremye.

Abarekuwe kuri uyu wa Mbere bareganwaga n’abapolisi bakuru ba Uganda bashinjwa gutunga imbunda n’icyo bise “gushimuta Jackson Kalemera alias Ndinga na Lieutenant Joel Mutabazi.”

Ubwo yari mu rukiko, Umushinjacyaha Capt Baguma yavuze ko afite amabwiriza yo guhagarika gukurikirana abo banyarwanda babiri, Kabayija na Nzabonimpa.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida w’Inteko iburanisha namwe ba nyakubahwa bacamanza, abaregwa kuva ku wa 8 Ugushyingo 2019 bakurikiranweho gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko, ariko mfite amabwiriza yo guhagarika ibirego byose baregwaga.”

Ntabwo yavuze impamvu ayo mabwiriza yahawe ashingiraho cyangwa uwayamuhaye. Gen Gutti yahise ategeka ko bahita barekurwa. Ibyaha baregwaga bihanishwa igihano cy’urupfu.

Abanyarwanda bamaze iminsi bafungirwa muri Uganda bashinjwa ko bafatanwe imbunda cyangwa se ko ari intasi z’u Rwanda, ugasanga ntibagezwa mu rukiko ahubwo bagakorerwa iyicarubozo rikomeye kugeza ubwo bamwe bahasiga ubuzima.

Uganda kandi ishinjwa gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo abenshi mu batabwa muri yombi bahatirwa kuyijyamo, babyanga bikaba intangiriro y’iyicarubozo. Uganda inashinjwa kubangamira ubucuruzi bw’u Rwanda.

Kugeza ubu ibihugu byombi bikomeje gushaka umuti kuri ubu bwumvikane buke bumaze igihe, ndetse biteganyijwe ko ku wa 21 Gashyantare 2020 hazaba inama izahuza Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni, ku mupaka wa Gatuna.

Mu nama yahuje intumwa z’ibihugu byombi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yavuze ko “mu gushaka gusubiza umubano ku murongo, Uganda yakuyeho ibirego ku banyarwanda icyenda bari bakurikiranweho gutunga intwaro binyuranyije n’amategeko.”

Yakomeje ati “Ndasaba u Rwanda kubikora gutyo narwo ku Banya-Uganda basaga 50 bafungiwe mu Rwanda.”

Gusa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe yavuze ko uyu munsi hari abanya-Uganda icyenda barimo kurangiriza ibihano mu Rwanda, kandi bemerewe guhura n’intumwa z’icyo gihugu nk’uko biteganywa n’amategeko, kandi bari ku rutonde u Rwanda rwakwishimira gutanga.

Yakomeje ati “Mu bijyanye n’amasezerano ya Luanda, u Rwanda narwo rwahagaritse gukurikirana mu mategeko abanya-Uganda 15, bararekuwe.”

Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama harimo ko impande zombi zemeranyije kugenzura umubare n’ibibazo by’abenegihugu baba bafungiwe mu kindi gihugu, raporo igahererekanywa mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu.

Impande zombi kandi zemeranyije kurinda no kubahiriza uburenganzira bwa muntu bw’abenegihugu ba buri ruhande, hagakurikizwa amategeko n’amabwiriza mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.

Umwanzuro wa kane uvuga ko Guverinoma y’u Rwanda izandikira byemewe iya Uganda bitarenze ku wa 15 Gashyantare 2020, ibaruwa iyimenyesha ibibazo byihariye bijyanye n’ibikorwa bihungabanya umutekano warwo bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa Uganda.

Mu gihe byaba bikemuwe, inama ya Komisiyo ihuriweho yasabye ko inama y’abakuru b’ibihugu yazareba ku bijyanye no “gusubiza mu buryo ibikorwa n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa ku mupaka uhuriweho hagati y’u Rwanda na Uganda.”

Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yavuze ko igihugu cye cyiteguye gukora ibishoboka mu kuzahura umubano n’u Rwanda, nyuma yo kwakira ubutumwa bwa Adonia Ayebare, intumwa yihariye yari yohereje mu Rwanda.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, yavuze ko ku wa Gatanu yakiriye ubutumwa bwa Ayebare yari yohereje guhura na Perezida Kagame amushyiriye ubutumwa bwe.

Yakomeje ati “Yakiriwe neza. Uganda izafata indi myanzuro ifatika igamije gusubiza mu buryo umubano w’ibihugu byacu byombi.”

Ni ubutumwa Museveni atangaje ku nshuro ya kabiri, nyuma y’ubwo yatangaje ku munsi ubanziriza umwaka mushya wa 2020.

2020-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe

Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe

Ubwanditsi 25 Oct 2020
Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 05 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)
Amakuru

Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Nubwo nta kipe yo mu Rwanda izakina BAL 2024, nta mpungenge z’Abafana  – Clare Akamanzi uyobora NBA Africa
Amakuru

Nubwo nta kipe yo mu Rwanda izakina BAL 2024, nta mpungenge z’Abafana – Clare Akamanzi uyobora NBA Africa

Ubwanditsi 24 May 2024
Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato
IMIKINO

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Ubwanditsi 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru