• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, nibwo inkuru yakwiriye Isi yose ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise yatorewe kuyobora Umuryango Uhuriweho n’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa(OIF). Mu gihe hari abacinyaga akadiho babyishimiye, umunyapolitiki Twagiramungu Faustin, utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda we yabinenze, abatari bake baramwibasira.

Uyu munyapolitiki wanabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ubu akaba arwanya Leta ari mu buhunzi, avuga ko ari ibintu bidasanzwe kuba Mushikiwabo yatorewe kuyobora OIF (Organisation internationale de la Francophonie) mu gihe ngo Igifaransa kitagikoreshwa mu Rwanda nk’ururimi rwemewe n’amategeko (Langue Officielle).

Mu butumwa bwe yacishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Twagiramungu avuga ko Mushikiwabo yatowe kubera ko yari ashyigikiwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ngo mu gihe Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yakuyeho Igifaransa mu gihugu, yimakaza Icyongereza.

Ibi si ko abandi babibona, abantu batandukanye mu bitekerezo batanze kuri ibi byari bimaze kuvugwa na Twagiramungu, bagiye bamunenga ndetse bamwe banamusaba gusaza neza atanduranya.

Twagiramungu yagize ati “Ni ibidasanzwe kuba Madamu Mushikiwabo abaye umunyamabanga mukuru wa OIF, ku bw’uko ashyigikiwe na Emmanuel Macron, mu gihe Paul Kagame yakuyeho Igifaransa nk’ururimi rwemewe n’amategeko mu Rwanda (Langue Officielle) ku bw’inyungu z’Icyongereza”.

Uyu musaza w’imyaka 73 y’amavuko akomeza avuga ko u Rwanda rwirengagije Igifaransa byo ku rwego rwo hejuru, ruba umunyamuryango w’Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).

Uwitwa Karim Abdoul, yagize ati “Reka mbikubwire mu Kinyarwanda, rekeraho gusaza wanduranyije cyane,  Paul Kagame wirirwa uvuga amabi kubera amaco y’inda yawe uramuzi ko ari umugabo w’intwari kandi ugira impuhwe, nakugira inama yo kumusaba imbabazi ukazisaba n’abanyarwanda ukagaruka mu rwakubyaye ukareka kwangara”.

Ku bw’iki gitekerezo cya Twagiramuntu, benshi ntibemeranya na we ku kuba avuga ko Igifaransa kidakoreshwa mu Rwanda nk’ururimi rwemewe n’amategeko.

Iyikirenga Laurent ati “ Bwana Twagira, u Rwanda ntabwo rwigeze rukuraho Igifaransa ndetse nta nubwo rwigeze ruva mu muryango w’Ibihugu Bivuga Igifaransa, u Rwanda rubanisha neza Ururimi rw’Igifaransa n’izindi ndimi zo ku Isi n’ururimi rwacu Gakondo(Kinyarwanda), ibyo ntabwo bihabanye n’amahame ya Francophonie”.

Manzi ati “ U Rwanda ni igihugu cy’i Kinyarawanda, gifata Igifaransa, Icyongereza ndetse n’Igiswahiri nk’indimi zemewe n’amategeko”. Mungu Pascal na we ati “Urabeshya Bwana, Igifaransa ntabwo kigeze kivanwa mu ndimi zemewe n’Amategeko mu Rwanda, mu mashuri kiravugwa ndetse kikanigishwa, izo ndimi abyiri (Francais & Anglais) ndetse n’Igiswahili”.

Abanje guseka cyane, uwitwa Justin we yagize ati “Hahaha… Igifaransa kiracyavugwa mu Rwanda, ahubwo ni ikimwaro kuri wowe (Twagiramungu) kuko Louise Mushikiwabo yabaye umunyamabanga mukuru wa OIF”.

Uwimbabazi M. Aimmee, ati “Reba neza Igifaransa n’ubu kirahari kandi warakihasize uzanakihasanga muze(he)”. Vuningoma we yahise amutura indirimbo ya Rugamba Sipiriyani ‘Jya umenya gusaza [Utanduranyije cyane]’ ahita abihurizaho n’uwitwa Nesta agira ati “Iyo ushaje uba ushaje koko, n’amagambo urayitiranya, uti ‘a supprimé?? Ahubwo ndabona ari wowe wibagiwe Igifaransa”.

Twagiramungu Faustin ni umuyobozi w’Ishyaka RDI- Rwanda rwiza rikorera mu mahanga rikaba ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, ku wa 19 Nyakanga 1994 kugera ku wa 28 Kanama 1995 yari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuri iyi Leta arwanya. Ubu akaba aba mu Bubiligi ari naho akinira Politiki.

Ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015, igira iti “Ururimi rw’Igihugu ni Ikinyarwanda. Indimi zikoreshwa mu butegetsi ni Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 12 Ukwakira 2016, muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje Umushinga w’ltegeko Ngenga rishyiraho ururimi rw’Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi, imaze kuwukorera ubugororangingo.

 

2018-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Ubwanditsi 18 May 2018
Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020

Igitekerezo kimwe

  1. katsinono
    October 13, 20186:40 pm -

    GUSAZA NI UGUSAHURWA. Aho ageze ubu ntashobora kumenya aho isi igeze.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Ubwanditsi 23 Nov 2017
RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)
IMIKINO

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru