• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 4 Ukuboza 2022 Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Tshisekedi Tshilombo yaganiraga n’urubyiruko rurenga 250 yaratunguranye avuga amagambo atabaho muri dipolomasi n’imibanire y’ibihugu yemeza ko agiye gukura ku butegetsi Perezida Kagame watowe n’Abanyarwanda mu mwaja wa 2017.

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yahamagariye abanyekongo gufasha Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwa Kagame ariko abo yita abanyarwanda ni ingabo z’abajenosideri za FDLR zimufasha mu rugamba ahanganyemo n’umutwe wa M23 dore ko arizo zibasha kwihangana ku rugamba zigahunga nyuma mu gihe ingabo za Kongo FARDC ziba zayabangiye ingata urugamba rugikubita.

Ubwo hari mu muhango wo kurahira wa Minisitiri w’ubuzima Dr Nsanzimana Sabin n’umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri ariwe Yvan Butera tariki ya 30 Ugushyingo 2022 Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cya Kongo bitirira u Rwanda avuga uburyo harimo kwigira nyoni nyinshi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo.

Perezida Kagame Yatangarije abari bitabiriye uwo muhango n’Abanyarwanda muri rusange ko yasabye Perezida Tshisekedi kureka u Rwanda na Kongo bagakemura ikibazo cya FDLR ariko undi arahakana nyuma nibwo byaje kumenyekana ko ahubwo akorana nayo akaba yarayibikiye ngo imufashe kurwanya M23.

Ntabwo bikiri ibanga ko Tshisekedi yagiranye amabanga na M23: Yitegura kwiyamamaza yabonaga ingabo zose ziri inyuma ya Perezida Joseph Kabila utari wemerewe kwiyamamaza ahubwo agashyiraho Emmanuel Ramazani Shadary watsinzwe cyane amatora. Shadary ntabwo yari gutsinda abatavuga rumwe na Kabila bari bihuje ngo batange umukandida umwe rukumbi mu mishyikirano yabereye I Geneve mu Busuwisi yamaze iminsi ine uhereye tariki 4 Nzeli 2018 yahuje abari bemerewe kwiyamamaza aribo Felix Tshisekedi, Vital Kamerhe, Martin Fayulu na Freddy Matungulu ikitabirwa kandi nabatari bemerewe kwiyamamaza aribo Moise Katumbi, Jean Pierre Bemba na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe uhora yifuza ko Kongo yatera u Rwanda ikarwigarurira.

Perezida Kabila nawe utari urangaye yaciyemo kabiri iri tsinda yiyegereza Tshisekedi kuko yari azi neza ko uwo yaha umugisha wese yatsinda amatora dore ko bigoye kubona indorerezi zakwira igihugu cyose. Niko byagenze Tshisekedi yiyomoye kuri babandi bihuzaga avugwa ko yatsinze amatora.

Uwitwa Martin Fayulu yanze ibyavuyemo amahanga arahaguruka ariko nayo ntiyavuga rumwe cyane ko byagaragaraga ko nta matora yabaye mu mucyo.
Tshisekedi akimara kuba Perezida yiyegereje bikomeye abahoze ari abarwanyi ba M23 dore ko biberaga mu ishyamba hafi n’umupaka wa Uganda igihe kirekire kugirango bazakore umutwe w’ingabo bahuriyemo n’ingabo za Bemba ushinzwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro no kurinda Tshisekedi. Mu buryo bw’ibanga itsinda rihagarariye M23 ryamaze amezi 14 I Kinshasa muri Apartment ku butumire bwa Perezida Tshisekedi nyuma riragaruka.

Tshisekedi nubwo yabaye Perezida nta badepite bahagije bari kumufasha mu nteko ishinga amategeko kuko ihuriro rye ryatsindiye imyanya 46 gusa naho ihuriro cya Kabila ritsindira imyanya 350. Ntabwo byumvikana uburyo Tshisekedi yatsinda amatora ya Perezida wa Repubulika agatsindwa ayabadepite, amatora yabereye umunsi umwe. Perezida Tshisekedi yabaye nka Perezida udafite amaboko, atangira kuyobora yiyegereza ibihugu by’abaturanyi bamushinja kubana n’u Rwanda na Uganda kuko u Rwanda rwabaye iturufu yo kwamamara muri politiki muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Nyuma yo gusinya amasezerano menshi y’ubufatanye n’u Rwanda na Uganda, Tshisekedi yokejwe igitutu nabo batavuga rumwe banga u Rwanda muri kamere yabo nka Martin Fayulu na Dr Denis Mukwege bityo bigarurira imitima ya benshi mu bakongomani.

Tshisekedi wabonaga yiyegereza ibihugu by’abaturanyi kukoi Kinshasa nta bwinyagamburiro yari afite. Abenshi bavugaga ko Kabila ariwe Perezida nyawe, nyuma aza kumwigobotora. Tshisekedi abonye ko manda igiye kurangira nibwo nawe yakinye iturufu nk’abandi bakongomani banga u Rwanda ajya muntero yabo.

Ubu muri Kongo yaba Tshisekedi uri kubutegetsi yaba abamurwanya bose intero ni imwe ni u Rwanda. Abari abashyitsi badasanzwe ba Tshisekedi aribo M23 nibwo batangiye kugabwaho ibitero kugirango agaragaze ko nawe arwanya abavuga ururimi rw’ikinyarwanda abegeka ku Rwanda nuko intambara yaM23 yari imaze imyaka hafi icumi isinziriye irongera ibyuka gutyo.

Tshisekedi yakinnye ikarita itukura yiyegereza imitwe yitwara intwaro ngo irwanye M23 ariko ntabwo bizamuhira dore ko hiyongeraho kubiba ingengabitekerezo yo guhiga icyitwa umunyarwanda wese cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bagatwikwa abandi bakicwa mu ruhame. Nta numwe wabihanuwe.

Amagambo Tshisekedi yatangaje yo gukuraho Perezida Kagame ninka yandogobe iba igiye gupfa igatera imigeri. Nawe arabibona ko atigeze atsinda amatora ntabwo yategura andi atiteguye kuyatora dore ko noneho na Perezida Kabila wamushyize ku butegetsi ubu bazaba bahanganye.

2022-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Akabaye icwende ntikoga…

Akabaye icwende ntikoga…

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Ubwanditsi 08 Dec 2017
René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Ubwanditsi 24 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.
Amakuru

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Ubwanditsi 23 May 2017
Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru