• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 4 Ukuboza 2022 Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Tshisekedi Tshilombo yaganiraga n’urubyiruko rurenga 250 yaratunguranye avuga amagambo atabaho muri dipolomasi n’imibanire y’ibihugu yemeza ko agiye gukura ku butegetsi Perezida Kagame watowe n’Abanyarwanda mu mwaja wa 2017.

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yahamagariye abanyekongo gufasha Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwa Kagame ariko abo yita abanyarwanda ni ingabo z’abajenosideri za FDLR zimufasha mu rugamba ahanganyemo n’umutwe wa M23 dore ko arizo zibasha kwihangana ku rugamba zigahunga nyuma mu gihe ingabo za Kongo FARDC ziba zayabangiye ingata urugamba rugikubita.

Ubwo hari mu muhango wo kurahira wa Minisitiri w’ubuzima Dr Nsanzimana Sabin n’umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri ariwe Yvan Butera tariki ya 30 Ugushyingo 2022 Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cya Kongo bitirira u Rwanda avuga uburyo harimo kwigira nyoni nyinshi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo.

Perezida Kagame Yatangarije abari bitabiriye uwo muhango n’Abanyarwanda muri rusange ko yasabye Perezida Tshisekedi kureka u Rwanda na Kongo bagakemura ikibazo cya FDLR ariko undi arahakana nyuma nibwo byaje kumenyekana ko ahubwo akorana nayo akaba yarayibikiye ngo imufashe kurwanya M23.

Ntabwo bikiri ibanga ko Tshisekedi yagiranye amabanga na M23: Yitegura kwiyamamaza yabonaga ingabo zose ziri inyuma ya Perezida Joseph Kabila utari wemerewe kwiyamamaza ahubwo agashyiraho Emmanuel Ramazani Shadary watsinzwe cyane amatora. Shadary ntabwo yari gutsinda abatavuga rumwe na Kabila bari bihuje ngo batange umukandida umwe rukumbi mu mishyikirano yabereye I Geneve mu Busuwisi yamaze iminsi ine uhereye tariki 4 Nzeli 2018 yahuje abari bemerewe kwiyamamaza aribo Felix Tshisekedi, Vital Kamerhe, Martin Fayulu na Freddy Matungulu ikitabirwa kandi nabatari bemerewe kwiyamamaza aribo Moise Katumbi, Jean Pierre Bemba na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe uhora yifuza ko Kongo yatera u Rwanda ikarwigarurira.

Perezida Kabila nawe utari urangaye yaciyemo kabiri iri tsinda yiyegereza Tshisekedi kuko yari azi neza ko uwo yaha umugisha wese yatsinda amatora dore ko bigoye kubona indorerezi zakwira igihugu cyose. Niko byagenze Tshisekedi yiyomoye kuri babandi bihuzaga avugwa ko yatsinze amatora.

Uwitwa Martin Fayulu yanze ibyavuyemo amahanga arahaguruka ariko nayo ntiyavuga rumwe cyane ko byagaragaraga ko nta matora yabaye mu mucyo.
Tshisekedi akimara kuba Perezida yiyegereje bikomeye abahoze ari abarwanyi ba M23 dore ko biberaga mu ishyamba hafi n’umupaka wa Uganda igihe kirekire kugirango bazakore umutwe w’ingabo bahuriyemo n’ingabo za Bemba ushinzwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro no kurinda Tshisekedi. Mu buryo bw’ibanga itsinda rihagarariye M23 ryamaze amezi 14 I Kinshasa muri Apartment ku butumire bwa Perezida Tshisekedi nyuma riragaruka.

Tshisekedi nubwo yabaye Perezida nta badepite bahagije bari kumufasha mu nteko ishinga amategeko kuko ihuriro rye ryatsindiye imyanya 46 gusa naho ihuriro cya Kabila ritsindira imyanya 350. Ntabwo byumvikana uburyo Tshisekedi yatsinda amatora ya Perezida wa Repubulika agatsindwa ayabadepite, amatora yabereye umunsi umwe. Perezida Tshisekedi yabaye nka Perezida udafite amaboko, atangira kuyobora yiyegereza ibihugu by’abaturanyi bamushinja kubana n’u Rwanda na Uganda kuko u Rwanda rwabaye iturufu yo kwamamara muri politiki muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Nyuma yo gusinya amasezerano menshi y’ubufatanye n’u Rwanda na Uganda, Tshisekedi yokejwe igitutu nabo batavuga rumwe banga u Rwanda muri kamere yabo nka Martin Fayulu na Dr Denis Mukwege bityo bigarurira imitima ya benshi mu bakongomani.

Tshisekedi wabonaga yiyegereza ibihugu by’abaturanyi kukoi Kinshasa nta bwinyagamburiro yari afite. Abenshi bavugaga ko Kabila ariwe Perezida nyawe, nyuma aza kumwigobotora. Tshisekedi abonye ko manda igiye kurangira nibwo nawe yakinye iturufu nk’abandi bakongomani banga u Rwanda ajya muntero yabo.

Ubu muri Kongo yaba Tshisekedi uri kubutegetsi yaba abamurwanya bose intero ni imwe ni u Rwanda. Abari abashyitsi badasanzwe ba Tshisekedi aribo M23 nibwo batangiye kugabwaho ibitero kugirango agaragaze ko nawe arwanya abavuga ururimi rw’ikinyarwanda abegeka ku Rwanda nuko intambara yaM23 yari imaze imyaka hafi icumi isinziriye irongera ibyuka gutyo.

Tshisekedi yakinnye ikarita itukura yiyegereza imitwe yitwara intwaro ngo irwanye M23 ariko ntabwo bizamuhira dore ko hiyongeraho kubiba ingengabitekerezo yo guhiga icyitwa umunyarwanda wese cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bagatwikwa abandi bakicwa mu ruhame. Nta numwe wabihanuwe.

Amagambo Tshisekedi yatangaje yo gukuraho Perezida Kagame ninka yandogobe iba igiye gupfa igatera imigeri. Nawe arabibona ko atigeze atsinda amatora ntabwo yategura andi atiteguye kuyatora dore ko noneho na Perezida Kabila wamushyize ku butegetsi ubu bazaba bahanganye.

2022-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Ubwanditsi 08 Sep 2025
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura
Mu Mahanga

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Ubwanditsi 29 Nov 2016
Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’
IMIKINO

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea
IMIKINO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru