• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana

Nyagatare: Abaturage bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iry’ abana

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu kagari ka Tabagwe, mu murenge wa Nyagatare, ho mu karere ka Nyagatare, bakanguriwe kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibyaha birimo icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iryo mu ngo, n’irikorerwa abana.

Ibi babikanguriwe ku itariki 10 Gicurasi mu kiganiro bagiranye na Chief Inspector of Police (CIP) Ebert Rutaro na Inspector of Police (IP) Viviane Umulisa, bakaba bakora mu Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha (Criminal Investigation Department-CID).

Ubu butumwa babuhereye abo baturage mu gikorwa cyo kubegereza serivisi hakoreshejwe imodoka irimo ibiro bikorwamo n’abapolisi ndetse n’abandi bafatanyabikorwa bayo.

Ababikoramo iyo bamaze kwakira ibibazo by’abaturage, babasobanurira ko iby’inshinjabyaha bizakurikiranwa na Polisi y’u Rwanda; naho iby’imbonezamubano bizagezwa ku zindi nzego zishinzwe kubikurikirana.

Avuga ku icuruzwa ry’abantu, CIP Rutaro yabwiye abo baturage ko abakora iki cyaha bibasira urubyiruko, aho bizeza abo bashaka kujya gucuruza ko bazabaha cyangwa bakabashakira amashuri n’akazi keza mu bindi bihugu.

Yakomeje ababwira ko iyo babagejeje iyo babajyana babaka ibyangombwa byose, hanyuma bakabakoresha imirimo ivunanye kandi nta gihembo, ndetse bakabashora mu bikorwa by’urukozasoni nk’ubusambanyi.

CIP Rutaro yabwiye urubyiruko rwari aho ati:”Nta gihe mukwiye guha umuntu nk’uwo kuko nta cyiza kiba kimugenza, ahubwo nihagira ubizeza ibyo bitangaza, muzahite mubimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

IP Umulisa yabasobanuriye ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo ibikorwa hagati y’abashakanye nko guhoza undi ku nkeke, kumutoteza, no kumubuza uburenganzira ku mutungo.

Yababwiye ati:”Nubwo hakorwa byinshi mu kurwanya ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iryo mu ngo, n’irikorerwa abana; haracyari abantu bakibikora. Ni yo mpamvu Polisi y’u Rwanda ibasaba kubyirinda no kuba abafatanyabikorwa bayo mu kubirwanya.”

Yasobanuriye abo baturage ko guhohotera abana harimo kubaha ibihano biremereye, kubakubita ,kubavana mu ishuri cyangwa kutabaha ibyangombwa nkenerwa ku baririmo, kubakoresha imirimo ivunanye, kubatuka, kubasambanya, kubata, kutabandikisha bavutse, gukuramo inda, kubica , no kubacuruza.

IP Umulisa yababwiye ko ibiyobyabwenge nk’urumogi, kanyanga, n’ibindi bitera ababinyoye gukora bene biriya byaha, maze abasaba kutabinywa, kutabicuruza, no kutabikwirakwiza, kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Yasoje abasaba kujya batanga amakuru y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuri nomero ya terefone 3512, iryakorewe abana ku 116, cyangwa bakayatanga kuri sitasiyo za Polisi y’u Rwanda zibegereye.

RNP

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Inama y’umuhora wa Ruguru yafatiwemo ibyemezo byo ku rwego rwo hejuru

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman
IMIKINO

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera
Amakuru

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu
HIRYA NO HINO

Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu

Ubwanditsi 13 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru