• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu

Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu

Ubwanditsi 13 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Nubwo igishuko cyo kugwa mu cyaha cy’ubusambanyi kimaze kugusha benshi, Pasiteri Rick Warren aributsa ababaswe na cyo ko hakiri amahirwe yo kwihana bigakunda kuko Imana ntihinduka kandi ihora yiteguye kubabarira umunyabyaha wese.

Ubusambanyi mu rubyiruko no gucana inyuma hagati y’abashyingiranwe bikomeje kuba ikibazo cyugarije isi ndetse abantu bamaze kubifata nk’ibintu bisanzwe, nyamara Pasiteri Warren aributsa abakora ibyo bose ko ari icyaha gikomeye imbere y’Imana kandi ko kizanahora ari icyaha kugeza isi irangiye.

Nanone ariko, ngo ntabwo umusambanyi akwiye kumva ko ibye byarangiye maze ngo ahitemo kuba imbata y’ubusambanyi by’iteka ryose. Oya! Rick Warren arabibutsa ko hakiri amahirwe kwihana no kwezwa bagahinduka abaziranenge.

Inzira zatuma umusambanyi acika ku busambanyi bwamubase

Pasiteri Warren avuga ko kwihana ari yo ntambwe ya mbere umusambanyi akwiye gutera abuvamo. Kwihana ubusambanyi ngo ni uguhindura ibitekerezo wari ufite mbere yo kwiroha mu gishuko cy’ubusambanyi. Imyumvire wari ufite ujya gusambana ikwiye kubanza guhinduka. Niba wumvaga ari byiza ukwiye kubanza kubyanga urunuka.

Nyuma yo kwihana no gusaba imbabazi, ngo intabwe ikurikiraho ni iyo kwakira imbabazi z’Imana. Pasiteri Warren aravuga ati: “Imana ihora yiteguye kukubabarira, kukweza no kuguhindura mushya, izagukura mu kimwaro, no kwicuza, ikomore ibikomere bihishe watewe no gusambana, niba rero Imana yakubabariye nawe jya wibabarira, maze wakire imbabazi zayo.”

Guhindura icyerekezo ngo ni yo ntambwe iba ikurikiyeho. Aha ngo uba usabwa guhindura imibereho yawe maze ugatangira kwitoza gukora ibyo Imana ishaka no kwanga icyaha. Ibyo ngo bijyana no gusenga cyane umuntu asaba Imana kumurindira mu bushake bwayo no kumurinda kugwa mu bishuko by’ubusambanyi.

Muri uko guhindura icyerekezo, umuntu ukiri ingaragu ngo aba agomba kwibuka ihame rivuga ko imibonano mpuzabitsina igenewe abashyingiranwe gusa kandi ko akibuka ko ibihabanye n’ibyo bizanira ubikoze ingaruka zikomeye haba ku mubiri, mu ntekerezo, no mu by’umwuka.

Kwiyegurira Imana ngo ni ngombwa cyane kuko ngo mu gihe umuntu atiyeguriye Imana by’ukuri, ntashobora kureka icyaha cy’ubusambanyi burundu kuko ari mu isi yuzuye abantu baryohewe no gukora ibyaha.

Rick Warren ni umupasiteri w’umunyamerika akaba n’umwanditsi w’ibitabo uzwi ku isi yose

Warren aributa abantu ko Imana ariyo yaremye igitsina, bityo ngo ni na yo isobanukiwe neza imikorere yacyo kurusha umuntu. Bityo rero, ngo umuntu naramuka yiyeguriye Imana wese, izamufasha guhangana n’ibishuko bishingiye ku mikorere y’igitsina.

Asoza yibutsa abantu ko nibaramuka bibutse ko imibonano mpuzabitsina hagati y’abahyingiranwe ari yonyine yejejwe, nta kabuza, ubusambanyi mubatarashyingiranwa n’abashyingiranwe baca inyuma abo bashyingiranwe, byose bizahita bihagarara.

Richard Duane wamamaye ku mazina ya “Rick Warren” ni umupasiteri w’umunyamerika akaba n’umwanditsi w’ibitabo. Niwe  muyobozi w’Itorero ryitwa Saddleback Church, akaba ari na we warishinze. Iri torero ribarizwa muri Leta ya California rika riri mu matorero ane akomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Ibitabyo bya Rick Warren byahinduye ubuzima bwa benshi. Abantu benshi bamuzi ku gitabo cyitwa Ubuzima bufite intego kiri mu bitabo byagurishijwe cyane ku isi, gusa yanditse ibitabo byinshi.

Uyu mugabo, afite imyemerere irwanya ubutinganyi, akanarwanya itegeko ryemerera abantu gukuramo inda.

Related image
Rick Warren arashishikariza ababaswe n’ubusambanyi gutera intabwe zo kubuvamo

2018-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Ubwanditsi 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour
Amakuru

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024
14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016
Mu Mahanga

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru