• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Uyu muvandimwe aragisha inama, yandikiye itangazamakuru agira ati
“Mwaramutse, nitwa Noah.

Nanditse ubu butumwa umutwe uri kundya, umutima wanjye wamenetse.
Sheri wanjye yakoze ibintu agira ngo amafashe ariko aho bigeze ndumva ngiye kumureka.Ndi mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza imwe hano I Kigali.Uyu mukobwa twamenyanye ngeze mu mwaka wa kabiri, gukundana kwacu urebye ahanini kwatewe nuko twiganaga.

Mu myaka yose maze muri kaminuza, ntabwo kwiga byanyoroheye kuko inshuro nyinshi wasanga amasomo yamfashe.Nta ko ntagira ngo nige ariko namwe murabizi ko twese mu ishuri tutanganya ubwenge.

Umwaka ushize nabwo nawurangije mfite amasomo atatu yamfashe, biba ngombwa ko nongera kuyasubiramo uyu mwaka.Sheri wanjye we nta kibazo ajya agira, kuva muwa mbere, nta na somo na rimwe riramufata.

Mu minsi ishize ubwo bamanikaga amasomo y’ibizami twakoze, nagiye kureba numva n’ubundi nta kidasanzwe nakoze ariko nkishyiramo akanyabugabo ko Imana irabijyamo dore ko nkunda gusenga.

Ubwo nageraga aho bamanika amanota, naratunguwe mbonye mu masomo yose yari yamfashe nta na rimwe ndi munsi y’amanota 60 ku ijana.

Namaze hafi icyumeru ndi mu byishimo bidasanzwe kubw’ayo manota.
Muri uku kwa gatatu ubwo twari tuvuye kureba umupira, nahuye na Nadine, inshuti ya sheri wanjye.Namusuhuzanyije ibyishimo byinshi, ndetse inkuru ya mbere namubwiye yari iy’uko twese tuzambarira amakanzu rimwe.

Nadine yabanje gutekereza nk’aho hari icyo atumvise, mubajije ambwira ko namuha akanya gahagije tukaganira neza.

Nadine nubwo ari inshuti ya sheri wanjye, ntabwo dukunze kugirana ibiganiro byinshi cyanwa se byihariye.Nadine yambwiye amakuru numva nkutse umutima.

Yambwiye ko amanota yose nabonye nayaheshejwe na sheri wanjye, ambwira ko byamusabye kuryamana na mwalimu, umwe mu batwigisha ari nawe wabingiriyemo byose ngatsinda.
-6401.jpg
Nadine nabanje kumufata nk’umusazi, anyereka message yafotoye za sheri wanjye yagiye yoherezanya n’uwo mwalimu, bavugana igihe bahurira kuri hoteli.

Natashye numva nataye umutwe, niyemeza kujya kubibaza sheri , ambwira ko ibyo yakoze ari urukundo ankunda, ko atifuzaga ko nsigara muwa Kane njyenyine abandi barangije.

Umutimwa umwe umbwira kumureka kuko ajya kujyayo atambajije, undi ukambuza dore ko ibyo yakoze arinjye byagiriye akamaro, none mbigenze nte?
Mungire inama.”

2017-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Ubwanditsi 14 Apr 2020
RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.
Amakuru

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga
Amakuru

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru