• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda zahuriye mu iperereza ku buryo mu rugo rwa Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa perezida Museveni, ruherereye Arua hibwe imbunda. Ibi bintu bivugwa ko byagizwe ibanga kubera aho iyi mbunda yibwe, ngo bikaba byarabaye ari kuwa kane ku itariki 09 Gicurasi.

Ubwo yabazwaga kugira icyo avuga kuri iki kibazo, umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire, yavuze ko nta gitero cyagabwe mu rugo rwa Gen saleh ubwo iyo mbunda yibwaga.

Yakomeje avuga ariko ko kuwa 06 Gicurasi, umusirikare ufite ipeti rya corporal witwa Richard Komakech wo muri batayo irinda Gen Saleh yataye uburinzi aho yari kuri uyu mujyanama wa perezida Museveni mu by’umutekano n’ubwirinzi atasabye uruhushya.

Kuwa 09 Gicurasi nk’uko Brig Karemire akomeza avuga, ngo hari abinjiye mu mazu abasirikare bacumbikiwemo nyuma basanga habura imbunda.

Iperereza ryakozwe na Chimpreports dukesha iyi nkuru rikaba rivuga ko hibwe imbunda ifite numero RA 18345.

Iyi nkuru iravuga ko Gen Salim Saleh, intwari y’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, afite inzu mu giturage cya Ayiforo, muri paruwasi ya Ariwara, mu Karere ka Arua.

Umuvugizi wa UPDF akaba yatangaje ko iki kibazo cyagejejwe kuri polisi n’ubuyobozi bw’ingabo hakaba hari gukorwa iperereza. Yongeyeho ko igisirikare kidashobora guhita cyanzura ko Cpl Komakech yaba yaragarutse ku kazi mbere y’uko imbunda ibura.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ubwo byabaga Gen Salim saleh atari ahari, aho kuri ubu ari mu butumwa mu gihugu cya Mozambique, ariko akaba yari amaze ibyumweru azenguruka amajyaruguru ya Uganda aho yagiye agirana inama n’abayobozi b’ibanze abasaba gushyigikira uruganda rw’isukari rwo muri iki gice. Uru ruganda bikaba bivugwa ko ari urw’Umunyemari w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro,  Salim Saleh akaba afitemo imigabane.

Résultat de recherche d'images pour "rujugiro tribert"

Rujugiro Tribert inshuti ya Salim Saleh

Abayobozi bamwe baratangaza ko hari abantu bamaze gutabwa muri yombi mu rwego rw’iperereza, bakaba bacumbikiwe muri kasho ya gisirikare muri Arua.

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Irengere
    May 20, 20185:16 am -

    Iyo mbonye uko bamwe bangishijwe na zamunyangire birashekeje kweli. Ese iherezo abangisha abandi bo rimwe bo ntibazangwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera
INKURU NYAMUKURU

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila
Mu Rwanda

Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi
Amakuru

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru