• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda zahuriye mu iperereza ku buryo mu rugo rwa Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa perezida Museveni, ruherereye Arua hibwe imbunda. Ibi bintu bivugwa ko byagizwe ibanga kubera aho iyi mbunda yibwe, ngo bikaba byarabaye ari kuwa kane ku itariki 09 Gicurasi.

Ubwo yabazwaga kugira icyo avuga kuri iki kibazo, umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire, yavuze ko nta gitero cyagabwe mu rugo rwa Gen saleh ubwo iyo mbunda yibwaga.

Yakomeje avuga ariko ko kuwa 06 Gicurasi, umusirikare ufite ipeti rya corporal witwa Richard Komakech wo muri batayo irinda Gen Saleh yataye uburinzi aho yari kuri uyu mujyanama wa perezida Museveni mu by’umutekano n’ubwirinzi atasabye uruhushya.

Kuwa 09 Gicurasi nk’uko Brig Karemire akomeza avuga, ngo hari abinjiye mu mazu abasirikare bacumbikiwemo nyuma basanga habura imbunda.

Iperereza ryakozwe na Chimpreports dukesha iyi nkuru rikaba rivuga ko hibwe imbunda ifite numero RA 18345.

Iyi nkuru iravuga ko Gen Salim Saleh, intwari y’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, afite inzu mu giturage cya Ayiforo, muri paruwasi ya Ariwara, mu Karere ka Arua.

Umuvugizi wa UPDF akaba yatangaje ko iki kibazo cyagejejwe kuri polisi n’ubuyobozi bw’ingabo hakaba hari gukorwa iperereza. Yongeyeho ko igisirikare kidashobora guhita cyanzura ko Cpl Komakech yaba yaragarutse ku kazi mbere y’uko imbunda ibura.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ubwo byabaga Gen Salim saleh atari ahari, aho kuri ubu ari mu butumwa mu gihugu cya Mozambique, ariko akaba yari amaze ibyumweru azenguruka amajyaruguru ya Uganda aho yagiye agirana inama n’abayobozi b’ibanze abasaba gushyigikira uruganda rw’isukari rwo muri iki gice. Uru ruganda bikaba bivugwa ko ari urw’Umunyemari w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro,  Salim Saleh akaba afitemo imigabane.

Résultat de recherche d'images pour "rujugiro tribert"

Rujugiro Tribert inshuti ya Salim Saleh

Abayobozi bamwe baratangaza ko hari abantu bamaze gutabwa muri yombi mu rwego rw’iperereza, bakaba bacumbikiwe muri kasho ya gisirikare muri Arua.

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026
Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Irengere
    May 20, 20185:16 am -

    Iyo mbonye uko bamwe bangishijwe na zamunyangire birashekeje kweli. Ese iherezo abangisha abandi bo rimwe bo ntibazangwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda
Amakuru

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC
Amakuru

FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC

Ubwanditsi 19 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru