• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 10 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe habura igihe kitageze ku mwaka ngo mu Burundi habe amatora y’umukuru w’igihugu uzasimbura Perezida Nkurunziza, mu gihe koko yaba atongeye kwiyamamaza nk’uko yabisezeranyije, hari bamwe mu bayobozi mu ishyaka CNDD-FDD bakekwaho kumusimbura tugiye kubagezaho, ariko bafite inenge bamwe basanga zituma badakwiye kuvamo umukuru w’igihugu nk’uko abakurikiranira hafi politiki y’u Burundi babyemeza.

Nyabenda Pascal

Uyu ni Perezida w’Inteko shinga Amategeko ndetse akaba na Perezida w’ishyaka CNDD-FDD kuva mu 2012. Avugwaho kuba ari inyuma y’ubwicanyi bwakorewe abantu benshi muri Bubanza,  na disikuru  zihembera ubwicanyi zishishikariza imbonerakure kwica, kuba yaranyereje amafaranga yagombaga kugurwamo moto zo guha abakuriye ishyaka CNDD-FDD mu makomini atandakanye, no kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Nyabenda kuri ubu ntari ku rutonde rw’abakandida ba CNDD-FDD ku myanya y’abadepite n’abasenateri mu matora yo mu 2020 ari naho bamwe bahera bakeka ko yaba yihishe inyuma, ateganya kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Ari ku rutonde kandi rukiriho n’ubu rw’abantu bari bitandukanyije n’ubutegetsi mu 2015.

Avugwaho kuba umuyobozi w’agatsiko k’abahezanguni b’abanyabubanza bagirana ibiganiro mu ibanga bashaka kwitandukanya na Perezida Nkurunziza.

Avugwaho kuba yaragiye agurisha imyanya yo mu nzego zo hejuru n’imyanya y’ingenzi nka Perezida wa CNDD-FDD, akavugwaho ibikorwa byinshi bya ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu no kuba yaragurishije amabanga menshi y’igihugu muri Canada, Australia na Malawi ndetse ngo yiteguye no gushyikiriza Nkurunziza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha igihe yaba atakiri k’ubutegetsi. Usibye ibi, ngo Nyabenda nta nubwo akunzwe mu ishyaka.

Évariste Ndayishimiye 

Uyu kuri ubu ni Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD akaba yarazamukiye mu nyeshyamba akaba minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Uyu azwiho gukunda agatama ku buryo anywa ntabashe no kwishyura ba guverineri akaba ari bo basigara bishyura fagitire ze yagiye. 

Avugwaho kandi kuba yaratumye imishinga myinshi y’imiryango itegamiye kuri leta yaragiye ipfa kubera kwanga kumwereka umugabane we.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisirikare y’umukuru w’igihugu, ngo yagiye yiyegereza abantu bafite agatubutse abasha gukuramo icya cumi, cyane cyane mu banyemari bo mu bwoko bw’Abatutsi. Nk’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo SOBUGEA, hazahora hibukwa imicungire mibi y’umutungo yamuranze, kugira uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko, kunyereza imisoro cyangwa imisoro yagiye inyerezwa n’abantu begereye ubutegetsi.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisivili, uyu ngo yakoze ibindi byose usibye akazi ke kandi ngo yakoreraga byinshi inyuma y’umugongo w’umukuru w’igihugu.

Nyuma yo kuba Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD rero ngo nibwo Evariste Ndayishimiye yagaragaje isura ye ya nyayo. Usibye kuba yarabyuririyeho mu kwikungahaza akagera ku rwego rw’agatsiko k’abajenerali bakikije perezida Nkurunziza, yagiye arangwa n’ibikorwa bigayitse birimo kugurisha imyanya y’akazi, kwivanga mu masoko ya leta, gutegeka ubucamanza uko bufata ibyemezo, guhohotera, gusahura, kwica abo batavuga rumwe cyangwa abatayoboka CNDD-FDD.

Bivugwa ko yari afite icyumba gikorerwamo iyicarubozo na kasho ku cyicaro cya CNDD-FDD, ndetse ngo n’aho atuye hakaba hari ibyumba nk’ibi. Igikorwa aherutse gukora cyo kwibasira Kiliziya Gaturika akayikoza isoni ayishinja ibinyoma, kiri mu byatumye ngo atakarizwa icyizere ku rugero rwa 60% by’abatora.

Ni umuntu ukunze kurangwa n’uburakari bukabije, gukora atabanje gutekereza no kutigirira icyizere. Avugwaho kandi kuba akunze kuba yarakariye sebuja kandi ngo imbwa yarakaye ishobora gukora icyo ari cyo cyose.

Révérien Ndikuriyo

Uyu kuri ubu niwe Perezida wa Sena akaba yarahoze mu nyeshyamba za CNDD-FDD. Ni umugabo ngo urangwa no guhubuka, kutagira umutimanama, wamunzwe na ruswa. Azwiho kuba umwicanyi wo ku rwego rwo hejuru kandi akabyiyemerera ku mugaragaro.

Azwiho intero yazanye agira ati: “Kora” n’ibyo aherutse gutangaza yemera ko yatanze miliyoni 5 ngo bamwicire umuntu. Ngo ni impuguke mu kuvuga imbwirwaruhame zibiba urwango no gukangurira rubanda gukorera jenoside ku batutsi, ariko ngo aniyumva nk’uzasimbura Nkurunziza. [ VIDEO ]

Ikintu ariko abantu batazi n’uko yigeze gufatanwa uburozi yagombaga gukoresha mu kwivugana abarwanyi ba CNDD-FDD ubwo bari bakiri mu ishyamba, ndetse no kuba yarateganyaga kuroga perezida mu 2014. Azwiho kandi kunyereza umutungo wa rubanda ndetse n’uwa FIFA.

Akiri Guverineri wa Makamba kandi ngo yibye imitungo y’impunzi ayigurisha abatangaga agatubutse. Uyu mugabo udakunzwe kandi, ngo yimuye icyicaro cya Sena akijyana muri Gitega kugirango abashe gukurikirana uruganda rwe rupfunyika amazi yo kunywa. Ni uruganda avugwaho gushinga yifashishije umutungo wa leta kandi agakoresha abakozi ba leta barimo abapolisi.

Uyu mugabo bivugwa ko adafite ubwenge buhambaye, avugwaho kuba yarivanze mu kazi ka Komisiyo y’igihugu ishinzwe ubutaka n’indi mitungo, CNTB, ngo itazakora ku nyungu z’inshuti ze z’i Bururi kuko nawe ari ho akomoka muri Komini Songa.

Abasesenguzi bati : “Uyu ngo yaba ibindibyose usibye kuba perezida “.


2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Ubwanditsi 02 Jul 2024
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024
FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Ubwanditsi 05 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri  bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 20 Mar 2016
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru