• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Burya koko ukuri kurashegesha, cyane cyane iyo wibwiraga ko uzakomeza kuguhisha, ukabeshya isi yose ko uri marayika, kandi mu by’ukuri uri umugome wiyorobeka, ukomora umutima mutindi mu bisekuru byawe. Uku ni nako bimeze ku gatsiko kiyise JAMBO ASBL, gakorera cyane cyane mu Burayi, kakaba kagizwe n’abakomoka ku bambari ba Parmehutu, MRND, CDR na MDR Power, bazwiho uruhare mu mateka mabi cyane yaranze uRwanda, harimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Aba bana bonse ingengabitekerezo mu mashereka y’abo bakomokaho, bahisemo gushinga aka gatsiko JAMBO, kabeshya ko kadaharanira inyungu(ASBL), kandi nyamara kitwara nk’ishyaka rya politiki rifite umurongo, nk’ uwa ba se na ba sekuru, wo kugoreka amateka, babeshya ko baharanira ineza ya buri munyarwanda, kandi mu by’ukuri ari ugusibanganya ibimenyetso bihamya ababyeyi babo ubugome,urwango n’ubwicanyi bwakorewe ikihe kinini igice kimwe cy’Abanyarwanda.

Aho ibyabo bitahuriwe rero, ukuri kwarabakorogoshoye, maze bikoma ababashyize ku karubanda, biganjemo abazi neza amateka y’uRwanda, bayakozeho ubushakashatsi, bugamije kwereka isi yose uko umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi wateguwe ukanashyirwa mu bikorwa, n’ababigizemo uruhare bose.

Ejobundi rero sinzi uwashutse izo nyigaguhuma muri politiki, ati nimutange ikirego, muvuge ko babaharabitse, babasebeje, bababeshyeye, bavuze ko ingengabitekerezo ya jenoside mufite ari akarande, kandi muri abatagatifu!!Erega isoni nke zinabategeka kujyana ibirego mu bucamanza bw’Ububiligi!! Umwaka n’ igice urirenze ikirego cya JAMBO ASBL kijyanywe mu rukiko rw’ibanze rwa Bruxelles mu Bubiligi kuko cyatanzwe ku itariki ya 29 Mutarama 2019. Kugeza ubu ntacyo urwo rukiko ruravuga kuri ayo mateshwa, kuko narwo rwikoreye iperereza rusanga ibyo abashakashatsi nka Jean Damascène BIZIMANA , Tom NDAHIRO, Pierre Yves Lambert, Gunther VANPRAET, Guy BEAUJOT n’abandi bazi neza abagize JAMBO Asbl, nka Amb. Olivier NGUHUNGIREHE, Alain DESTEXHE n’abandi benshi cyane , bavuze ari UKURI KUDASUBIRWAHO.

Tuboneyeho gusaba NORMAN ISHIMWE na bagenzi bawe bayobye bakajya muri kariya gatsiko gakwirakwiza ibinyoma ku mateka y’uRwanda, kagerageza kugira abere ababyeyi babo, kandi bajejeta amaraso, kwitandukanya nako, ejo amateka atazabarega ubufatanyacyaha. Turashima n’abanze kukayoboka, kuko basanga icyaha ari gatozi, bityo niba ababyeyi babo baratannye bakajya mu nzangano n’ubwicanyi, bazabibazwa ku giti cyabo Turanashimira kandi byimazeyo abantu bakomeje kwamagana ibikorwa bya Jambo ASBL, baba Abanyarwanda n’abanyamahanga, kandi aho ukuri kugeze ikinyoma kirahunga.

2020-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni
INKURU NYAMUKURU

Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora
INKURU NYAMUKURU

Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora

Ubwanditsi 10 May 2020
Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani
ITOHOZA

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru