• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2018 POLITIKI

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yakomoje ku bibazo biri mu mubano w’ibihugu byombi, avuga ko inzego z’icyo gihugu zagiye ziteba ku kurinda Abanyarwanda, hakaniyongeraho kudakurikirana ikibazo cy’imitwe irwanya u Rwanda ikorera ku butaka bwacyo.

Mu minsi ishize hagiye havugwa ibikorwa bya hato na hato byo guta muri yombi Abanyarwanda, bamwe bagakorerwa iyicarubozo, abandi bagafungirwa ahatazwi.

Nyuma y’ibyo hiyongereyeho amakuru y’uko hari abo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda, nk’uwa RNC, bakorera ku butaka bwa Uganda. Byageze aho hari abagera kuri 46 batawe muri yombi bashaka kwinjira muri Tanzania, ngo banyure i Burundi bakomereze mu myitozo mu mashyamba ya Congo, ariko mu minsi ishize 39 bararekuwe.

Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 24 umunsi wo kwibohora, ku wa 4 Nyakanga 2018, ari imbere y’Abanyarwanda baba muri Uganda, abahagarariye ibihugu byabo muri icyo gihugu n’inshuti z’u Rwanda, Amb. Mugambage yatunze urutoki Uganda kugenda biguru ntege ku gukurikirana ibibazo u Rwanda rwabagaragarije, ndetse hakaba n’Abanyarwanda bagiye bahohotererwayo.

Yavuze ko mu minsi ishize hari Abanyarwanda benshi bagiye batabwa muri yombi mu buryo budasobanutse, Uganda ntibimenyeshe Ambasade y’u Rwanda.

Ati “Kunanirwa gukora iperereza kuri ibyo bibazo, biranabareba [Uganda] ku bijyanye n’imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda.”

Yavuze ko ibihugu byombi bisanganywe inzira zo gukemura ibibazo, zikaba ari zo zakemura ibiri kugenda bigaragara n’uyu munsi.

Ati “Uburyo buhari bukwiye gukoreshwa mu gukemura ibibazo. Dukwiye gukomeza iyo nzira, tugakora ibishoboka byose mu gukomeza umubano w’ibihugu byombi.”

Mu itangazamakuru, humvikanye inkuru y’Abanyarwanda 72 bafatiwe muri Uganda bagarurwa mu Rwanda kubera kutagira ibyangombwa, ibyo byose bigakorwa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda nta cyo yamenyeshejwe kandi ngo atari yo mikorere ikwiye.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Muruli Mukasa, wari uhagarariye Guverinoma ya Uganda, yagaragaje ko ibihugu bishyize imbere kugira umubano mwiza.

Yagize ati “Ikurwaho ry’imbogamizi mu bucuruzi bwambukiranya imipaka n’itangizwa ry’umupaka wa Kagitumba byoroheje cyane urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, bigabanya ikiguzi ku bakora ubucuruzi, n’igihe abaturage bacu bahuye n’imbogamizi, ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.”

Muri Werurwe 2018, Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, bavuga no ku kibazo cy’Abanyarwanda bafatwa bagafungwa muri Uganda. Icyo gihe hanzuwe gushyiraho komisiyo ishinzwe kugicukumbura mu mizi.

Nyuma y’amezi make habaye ibyo biganiro, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier, yabwiye itangazamakuru ku wa 22 Kamena 2018 ko umuntu atavuga ko umubano w’ibihugu byombi umeze neza.

Ati “Haracyari ibibazo ni yo mpamvu tugomba gukomeza gufatanya na Uganda mu kubikemura, ni ukuvuga kubireba mu mizi […] tuzakomeza gukorera hamwe. Turi mu muryango wa EAC, ni ngombwa ko haboneka umubano mwiza hagati y’ibi ibihugu.”

 

Amb. Mugambage Frank yakiriye ibi birori mu rugo rwe muri Uganda

 

Amb. Frank Mugambage na Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Muruli Mukasa bahana ikirahuri

 

Abashyitsi batandukanye barimo abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda bari batumiwe

 

2018-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Ubwanditsi 25 Jan 2020
Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 27 May 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro
Amakuru

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Ubwanditsi 01 Jul 2021
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’
Mu Rwanda

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour
Amakuru

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru