• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Undi Munyarwanda uvuga ko yari umunyeshuri muri Uganda, arembeye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi nyuma yo gukubitirwa i Kampala ku cyumweru gishize.

Abijuru Ernest w’imyaka 27, avuga ko yagiye muri Uganda muri 2016 gushaka ishuri. Amaze kuribona ngo yahise ashaka n’amafaranga agura moto atwaraho abagenzi kugira ngo imufashe kwibeshaho.

Ntabwo we yigeze afungwa nk’uko bagenzi be baza bavuga, kandi n’ubwo yakomeje kwiga ngo amagambo yumvanaga abaturage baho ni nk’aho yari yaramubereye imbuzi ko azagirirwa nabi.

Ati “Nari narababwiye(abanya-Uganda) amazina yanjye, ariko ntabwo bashakaga kuyamenya ahubwo bari baranyise Kagame, napfaga kuryitaba”.

Ati “Ku cyumweru gishize(tariki 15/9/2019) ndibuka ko nari ntwaye umuntu kuri moto mu masaa tatu z’ijoro, ariko naje kwisanga mu bitaro bikuru bya Old Kampala bukeye bwaho”.

Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, aravuga ko ari umupfakazi w
Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, aravuga ko ari umupfakazi w’umukene ku buryo ngo yabuze amafaranga yo kwishyura ibitaro

Moto ye n’amafaranga angana na miliyoni imwe y’amashilingi ya Uganda yari afite (asaga gato ibihumbi 250 by’amafaranga y’u Rwanda), ngo ntabwo azi uwabijyanye abiheruka ubwo.

Abijuru aho aryamye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi afite ibisebe mu mutwe, mu maso no ku maguru. Abasha kubyuka ari uko umuntu amweguye.

Avuga ko atazi abantu bamukubise ndetse ko n’abaganga bamwakiriye mu bitaro by’i Kampala na bo ngo bavugaga ko batazi uwamuzanye.

Abahungu b’Abarundi yari asanzwe aziranye na bo, ngo ni bo bamwishyuriye itike yo kuza mu Rwanda ingana n’amashilingi ya Uganda ibihumbi 170.

Ati “Naje muri bisi(bus) ngeze i Kigali mpita ntega moto inzana iwacu ku Kamonyi”.

Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, avuga ko umuhungu we yamuhamagaraga kuri telefone akamubwira ko afite impungenge z’ubuzima bwe.

Ati”Bamukubise yari arimo gutegura kugaruka, nari namuhamagaye ngo aze, kuko yarambwiraga ati ’hano ntabwo banyita Abijuru banyita andi mazina.”

Mukamusine avuga ko umuhungu we yamugezeho ku wa kabiri w’icyumeru gishize mu gitondo, ubu aho amurwarije mu bitaro bya Kamonyi ngo ntashoboye kumuvuza.

Avuga ko ari umupfakazi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi nta bwishingizi yigeze afatira Abijuru bitewe n’imyaka myinshi yari amaze muri Uganda.

Abijuru araburira abashaka kujya muri Uganda kubihagarika kuko ngo nta mutekano Abanyarwanda bahafite.

Abijuru aho aryamye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi afite ibisebe mu mutwe, mu maso no ku maguru. Abasha kubyuka ari uko umuntu amweguye.

2019-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Ubwanditsi 13 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka
Amakuru

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida
POLITIKI

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside
Mu Rwanda

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru