• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Undi Munyarwanda uvuga ko yari umunyeshuri muri Uganda, arembeye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi nyuma yo gukubitirwa i Kampala ku cyumweru gishize.

Abijuru Ernest w’imyaka 27, avuga ko yagiye muri Uganda muri 2016 gushaka ishuri. Amaze kuribona ngo yahise ashaka n’amafaranga agura moto atwaraho abagenzi kugira ngo imufashe kwibeshaho.

Ntabwo we yigeze afungwa nk’uko bagenzi be baza bavuga, kandi n’ubwo yakomeje kwiga ngo amagambo yumvanaga abaturage baho ni nk’aho yari yaramubereye imbuzi ko azagirirwa nabi.

Ati “Nari narababwiye(abanya-Uganda) amazina yanjye, ariko ntabwo bashakaga kuyamenya ahubwo bari baranyise Kagame, napfaga kuryitaba”.

Ati “Ku cyumweru gishize(tariki 15/9/2019) ndibuka ko nari ntwaye umuntu kuri moto mu masaa tatu z’ijoro, ariko naje kwisanga mu bitaro bikuru bya Old Kampala bukeye bwaho”.

Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, aravuga ko ari umupfakazi w
Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, aravuga ko ari umupfakazi w’umukene ku buryo ngo yabuze amafaranga yo kwishyura ibitaro

Moto ye n’amafaranga angana na miliyoni imwe y’amashilingi ya Uganda yari afite (asaga gato ibihumbi 250 by’amafaranga y’u Rwanda), ngo ntabwo azi uwabijyanye abiheruka ubwo.

Abijuru aho aryamye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi afite ibisebe mu mutwe, mu maso no ku maguru. Abasha kubyuka ari uko umuntu amweguye.

Avuga ko atazi abantu bamukubise ndetse ko n’abaganga bamwakiriye mu bitaro by’i Kampala na bo ngo bavugaga ko batazi uwamuzanye.

Abahungu b’Abarundi yari asanzwe aziranye na bo, ngo ni bo bamwishyuriye itike yo kuza mu Rwanda ingana n’amashilingi ya Uganda ibihumbi 170.

Ati “Naje muri bisi(bus) ngeze i Kigali mpita ntega moto inzana iwacu ku Kamonyi”.

Umubyeyi wa Abijuru, Mukamusine Deborah, avuga ko umuhungu we yamuhamagaraga kuri telefone akamubwira ko afite impungenge z’ubuzima bwe.

Ati”Bamukubise yari arimo gutegura kugaruka, nari namuhamagaye ngo aze, kuko yarambwiraga ati ’hano ntabwo banyita Abijuru banyita andi mazina.”

Mukamusine avuga ko umuhungu we yamugezeho ku wa kabiri w’icyumeru gishize mu gitondo, ubu aho amurwarije mu bitaro bya Kamonyi ngo ntashoboye kumuvuza.

Avuga ko ari umupfakazi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi nta bwishingizi yigeze afatira Abijuru bitewe n’imyaka myinshi yari amaze muri Uganda.

Abijuru araburira abashaka kujya muri Uganda kubihagarika kuko ngo nta mutekano Abanyarwanda bahafite.

Abijuru aho aryamye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi afite ibisebe mu mutwe, mu maso no ku maguru. Abasha kubyuka ari uko umuntu amweguye.

2019-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ubwanditsi 15 Jan 2024
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ubwanditsi 25 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe
INKURU NYAMUKURU

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha  ukuri
Mu Rwanda

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru