• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare
Ibumoso, Col Éric Emeraux ukuriye itsinda ryakurikiranye rikanafata Kabuga, iburyo n'inyubako irimo apartment Kabuga yafatiwemo yakodeshwaga n'umuhungu we

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yuko Kabuga Felesiyani, umuterankunga mukuru wa Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yari afite n’ijambo rikuru haba ku ngabo ndetse no ku nterahamwe mu gihe cya Jenoside afatiwe n’inzego z’umutekano mu gihugu cy’u Bufaransa kuri uyu wa gatandatu ushize tariki ya 16 Gicurasi 2020, abitwa ko barwanya u Rwanda bose babuze ayo bacira nayo bamira, bamera nk’ibisusa bikubiswe n’umwuka ushyushye bararuca bararumira. Nyuma y’iminsi mike afashwe, rwa rubyiruko rwakurikiye mu ngengabitekerezo harimo n’abana bwite bwa Kabuga bashatse kugaragaza ko Kabuga Felesiyani atafashwe n’inzego z’umutekano ahubwo ko ariwe wabishyikirije, bitandakanye n’ukuri kwibyabaye.

Nyuma y’imyaka 23 yihishahisha ubutabera Kabuga Felesiyani byagaragaye ko yabaye mu gihugu cya Kenya kandi ko yahavuye akajya mu bihugu by’iburayi anyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Urwego rushinzwe gukurikirana imanza zasizwe n’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha rwafunze imiryango muri 2015, rwasubukuye ku buryo bwimitse idosiye ya Kabuga muri Nyakanga 2019.

Urukiko rw’Arusha rushyirwaho, hanashyizeho itsinda rishinzwe gukurikirana no guta muri yombi abakekwaho Jenoside bari barahungiye hirya no hino ku isi; iri shami rizwi nka “Tracking Unit” Umushinjacyaha mukuru umwaka ushize yitabaje inzego zishinzwe gukurikirana ibyaha bya Jenoside n’ubwicanyi ndengakamere zo mu bihugu by’u Bubiligi n’u Bwongereza ahabarizwa abana ba Kabuga.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2020, abagenzacyaha batandukanye bo mu Bufaransa u Bubiligi n’u Bwongereza bakuriwe na Serge Brammertz bakurikiye amakuru bari bafite baza guhuriza ko Kabuga yaba ari hafi ya Paris mu Bufaransa. Kugirango hamenyekane neze neza ahariho, abagenzacyaha bo mu Bwongereza babwiye bagenzi babo bakorana ku idosiye ya Kabuga ko umwe mu bakobwa ba Kabuga utuye mu Bwongereza akunda gufata Gari ya Moshi yihuta yitwa Eurostar yerekeza mu Bufaransa. Naho abagenzacyaha bo mu Bufaransa babona ko undi mukobwa we akunda kuva mu Bubiligi yerekeje mu Bufaransa, bituma bibaza niba Kabuga yaba aherereye mu Bufaransa.

Mu kwezi kwa kabiri, abagenzacyaha ba “Tracking Unit” nibwo biyemeje gukurikira ibyo bimenyetso uko ari bibiri mu nama yabahuje I Paris mu Bufaransa. Mu bintu byambere bakoze harimo gukurikirana Telephone  z’abana ba Kabuga bagasanga ko hari ahantu hamwe hitwa Asnieres numero zigaragaza ko zihurira; aha barebye mu minsi isaga 300 ijya kungana n’umwaka. Nyuma amakuru yagaragaje ko aho hantu hakodeshwa n’umwe mu bahungu ba Kabuga.

Gahunda ya Guma Murugo mu gihugu cyo mu Bufaransa yafashije abagenzacyaha kuko guhera tariki ya 17 Werurwe bamaze kumenya aho inzu iherereye byabafishije kuko Kabuga atari guhindura ngo yimuke aho atuye. Byatumye kandi dosiye ya Kabuga ariyo bibandaho birambuye izindi barazihorera; mugihe amakuru yari amaze kuzura hafi 100% ko Kabuga aherereye aho bakeka, byari igihe igihugu cy’u Bufaransa cyari cyemereye abaturage bacyo gusohoka, maze amasaha y’igicuku ya tariki 16 Gicurasi abagenzacyah binjira munzu bakekaga ko ari iya Kabuga nuko bamusangamo n’umuhungu we Donatien Nshimiyimana.  Bakinjira mu muryango bakubitanye n’umusaza ucitse intege aho yafatanywe n’ibyangombwa by’ibihimbano bigera kuri 28, aho banamusanganye na Pasiporo y’igihugu cy’Afurika batatangaje.

Ibi rero bigaragaza ko ibyo bavuga ko yitanze ari ibitabapfu.

2020-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Ubwanditsi 11 May 2020
Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose
Amakuru

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Azam Rwanda Primier  League irakomeza kuri uyu wa kabiri
IMIKINO

Azam Rwanda Primier League irakomeza kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru