• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare
Ibumoso, Col Éric Emeraux ukuriye itsinda ryakurikiranye rikanafata Kabuga, iburyo n'inyubako irimo apartment Kabuga yafatiwemo yakodeshwaga n'umuhungu we

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yuko Kabuga Felesiyani, umuterankunga mukuru wa Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yari afite n’ijambo rikuru haba ku ngabo ndetse no ku nterahamwe mu gihe cya Jenoside afatiwe n’inzego z’umutekano mu gihugu cy’u Bufaransa kuri uyu wa gatandatu ushize tariki ya 16 Gicurasi 2020, abitwa ko barwanya u Rwanda bose babuze ayo bacira nayo bamira, bamera nk’ibisusa bikubiswe n’umwuka ushyushye bararuca bararumira. Nyuma y’iminsi mike afashwe, rwa rubyiruko rwakurikiye mu ngengabitekerezo harimo n’abana bwite bwa Kabuga bashatse kugaragaza ko Kabuga Felesiyani atafashwe n’inzego z’umutekano ahubwo ko ariwe wabishyikirije, bitandakanye n’ukuri kwibyabaye.

Nyuma y’imyaka 23 yihishahisha ubutabera Kabuga Felesiyani byagaragaye ko yabaye mu gihugu cya Kenya kandi ko yahavuye akajya mu bihugu by’iburayi anyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Urwego rushinzwe gukurikirana imanza zasizwe n’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha rwafunze imiryango muri 2015, rwasubukuye ku buryo bwimitse idosiye ya Kabuga muri Nyakanga 2019.

Urukiko rw’Arusha rushyirwaho, hanashyizeho itsinda rishinzwe gukurikirana no guta muri yombi abakekwaho Jenoside bari barahungiye hirya no hino ku isi; iri shami rizwi nka “Tracking Unit” Umushinjacyaha mukuru umwaka ushize yitabaje inzego zishinzwe gukurikirana ibyaha bya Jenoside n’ubwicanyi ndengakamere zo mu bihugu by’u Bubiligi n’u Bwongereza ahabarizwa abana ba Kabuga.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2020, abagenzacyaha batandukanye bo mu Bufaransa u Bubiligi n’u Bwongereza bakuriwe na Serge Brammertz bakurikiye amakuru bari bafite baza guhuriza ko Kabuga yaba ari hafi ya Paris mu Bufaransa. Kugirango hamenyekane neze neza ahariho, abagenzacyaha bo mu Bwongereza babwiye bagenzi babo bakorana ku idosiye ya Kabuga ko umwe mu bakobwa ba Kabuga utuye mu Bwongereza akunda gufata Gari ya Moshi yihuta yitwa Eurostar yerekeza mu Bufaransa. Naho abagenzacyaha bo mu Bufaransa babona ko undi mukobwa we akunda kuva mu Bubiligi yerekeje mu Bufaransa, bituma bibaza niba Kabuga yaba aherereye mu Bufaransa.

Mu kwezi kwa kabiri, abagenzacyaha ba “Tracking Unit” nibwo biyemeje gukurikira ibyo bimenyetso uko ari bibiri mu nama yabahuje I Paris mu Bufaransa. Mu bintu byambere bakoze harimo gukurikirana Telephone  z’abana ba Kabuga bagasanga ko hari ahantu hamwe hitwa Asnieres numero zigaragaza ko zihurira; aha barebye mu minsi isaga 300 ijya kungana n’umwaka. Nyuma amakuru yagaragaje ko aho hantu hakodeshwa n’umwe mu bahungu ba Kabuga.

Gahunda ya Guma Murugo mu gihugu cyo mu Bufaransa yafashije abagenzacyaha kuko guhera tariki ya 17 Werurwe bamaze kumenya aho inzu iherereye byabafishije kuko Kabuga atari guhindura ngo yimuke aho atuye. Byatumye kandi dosiye ya Kabuga ariyo bibandaho birambuye izindi barazihorera; mugihe amakuru yari amaze kuzura hafi 100% ko Kabuga aherereye aho bakeka, byari igihe igihugu cy’u Bufaransa cyari cyemereye abaturage bacyo gusohoka, maze amasaha y’igicuku ya tariki 16 Gicurasi abagenzacyah binjira munzu bakekaga ko ari iya Kabuga nuko bamusangamo n’umuhungu we Donatien Nshimiyimana.  Bakinjira mu muryango bakubitanye n’umusaza ucitse intege aho yafatanywe n’ibyangombwa by’ibihimbano bigera kuri 28, aho banamusanganye na Pasiporo y’igihugu cy’Afurika batatangaje.

Ibi rero bigaragaza ko ibyo bavuga ko yitanze ari ibitabapfu.

2020-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Ubwanditsi 04 Jan 2018
BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Ubwanditsi 08 Dec 2019
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ubwanditsi 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?
ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca
ITOHOZA

Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca

Ubwanditsi 14 Jun 2017
LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga
INKURU NYAMUKURU

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru