• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Editorial 10 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

LHashize hafi icyumweru nyuma muri Kongo ubwato bupakiye abantu benshi burohamye hafi y’icyambu cya Goma, ubutegetsi bukaba buhanganye bikomeye n’imiryango yabuze ababo muri iyo mpanuka.

Kugeza ubu abantu barenga 500 baburiwe irengero. Leta irashaka gushyingura huti huti bake babonetse, abaturajge bo bakigaragambya bashaka ko babanza bagashakisha imirambo yose, bakazayishyingurira rimwe.

Kuri uyu wa gatatu hagombaga kuba umuhango wo gushyingura, ariko wahindutse umunsi w’imyigaragambyo. Abasore benshi mu mujyi wa Goma bahagaritse ibikorwa byabo, cyane cyane abatwara abagenzi kuri moto, maze bafunga imihanda bifashishije amabuye no gutwika amapine n’ibikarito.

Mu burakari bwinshi, imiryango yabuze ababo yateraniye imbere y’uburuhukiro burimo imirambo mike yabonetse, isaba ko bashyikirizwa imibiri y’ababo kugira ngo bayishyingure mu muryango, aho kuyishyingura.mumva rusange ahagenwe n’ubutegetsi

Ubwato bwitwa “MV Merdi” bwarohamye kuwa kane ushize ubwo bwariho bwinjira mu cyambu cya Goma, bukaba bwari buturutse mu mujyi muto wa Minova uri ku nkombe y’iburengerazuba y’ikiyaga cya Kivu, kandi nk’uko byatangajwe n’abarokotse, bwari butwaye abantu benshi cyane.

Ubuyobozi bwemeje ko abantu 34 bapfuye, abandi 80 bakarokoka, mu gihe abarokotse bahamya ko ubwato bwari butwaye abantu barenga 500.

Uku kudahuza imibare rero byatumye hemezwa ko umubare w’abapfuye uruta kure uwo Leta yatangaje, kuko hakiri abantu benshi baburiwe irengero.

Kugeza ubu ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero byarahagaritswe, icyakora hari amakuru amaze iminsi avugwa i Goma ko hari indi mibiri myinshi yabonetse, ariko nyiyashyikirizwa imiryango yabo, ahubwo ubuyobozi  burayigumana, bwanga ko umubare nyawo w’abitabye Imana umenyekana.

Ubwo bwiru bushingiye ku makuru avuga ko Leta iteganya kwishyura indishyi y’akababaro imiryango yabuze ababo, bityo hakaba hashakishwa uburyo imibare y’abapfuye igabanywa, kugirango nyine n’abazahabwa iyo mpozamarira babe bake.

Haranakekwa ariko ko hari imirambo yaba ikiri mu bwato bwamanutse hasi mu mazi, ibikorwa byo kuyishakisha bikaba byarahagaritswe itaraboneka, dore ko ibisigazwa by’ubwo bwato biri muri metero 200 z’ubujyakuzimu.

Gushakisha iyo mirambo byabereye ihurizo ubutegetsi bwa Kivu y’amajyaruguru, budafite ibikoresho byabugenewe. Byongeye kandi mu kiyaga cya Kivu harimo gaz methane n’indi myuka ibabangamiye imirimo yo gushakisha imibiri ya ba nyakwigendera.

Amakuru avuga ko muri komini ya Buzi hafi ya Minova, imiryango 500 yabuze ababo bari muri ubwo bwato, ariko 30 muri yo, niyo yonyine Leta iteganya guha indishyi, ishingiye ku bantu 34 yemera ko aribo bapfuye.

2024-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Editorial 15 Dec 2016
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Editorial 08 Oct 2016
Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Editorial 12 Dec 2017
Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma
HIRYA NO HINO

Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma

Editorial 05 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2023
Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana
Amakuru

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru