• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Ubwanditsi 10 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

LHashize hafi icyumweru nyuma muri Kongo ubwato bupakiye abantu benshi burohamye hafi y’icyambu cya Goma, ubutegetsi bukaba buhanganye bikomeye n’imiryango yabuze ababo muri iyo mpanuka.

Kugeza ubu abantu barenga 500 baburiwe irengero. Leta irashaka gushyingura huti huti bake babonetse, abaturajge bo bakigaragambya bashaka ko babanza bagashakisha imirambo yose, bakazayishyingurira rimwe.

Kuri uyu wa gatatu hagombaga kuba umuhango wo gushyingura, ariko wahindutse umunsi w’imyigaragambyo. Abasore benshi mu mujyi wa Goma bahagaritse ibikorwa byabo, cyane cyane abatwara abagenzi kuri moto, maze bafunga imihanda bifashishije amabuye no gutwika amapine n’ibikarito.

Mu burakari bwinshi, imiryango yabuze ababo yateraniye imbere y’uburuhukiro burimo imirambo mike yabonetse, isaba ko bashyikirizwa imibiri y’ababo kugira ngo bayishyingure mu muryango, aho kuyishyingura.mumva rusange ahagenwe n’ubutegetsi

Ubwato bwitwa “MV Merdi” bwarohamye kuwa kane ushize ubwo bwariho bwinjira mu cyambu cya Goma, bukaba bwari buturutse mu mujyi muto wa Minova uri ku nkombe y’iburengerazuba y’ikiyaga cya Kivu, kandi nk’uko byatangajwe n’abarokotse, bwari butwaye abantu benshi cyane.

Ubuyobozi bwemeje ko abantu 34 bapfuye, abandi 80 bakarokoka, mu gihe abarokotse bahamya ko ubwato bwari butwaye abantu barenga 500.

Uku kudahuza imibare rero byatumye hemezwa ko umubare w’abapfuye uruta kure uwo Leta yatangaje, kuko hakiri abantu benshi baburiwe irengero.

Kugeza ubu ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero byarahagaritswe, icyakora hari amakuru amaze iminsi avugwa i Goma ko hari indi mibiri myinshi yabonetse, ariko nyiyashyikirizwa imiryango yabo, ahubwo ubuyobozi  burayigumana, bwanga ko umubare nyawo w’abitabye Imana umenyekana.

Ubwo bwiru bushingiye ku makuru avuga ko Leta iteganya kwishyura indishyi y’akababaro imiryango yabuze ababo, bityo hakaba hashakishwa uburyo imibare y’abapfuye igabanywa, kugirango nyine n’abazahabwa iyo mpozamarira babe bake.

Haranakekwa ariko ko hari imirambo yaba ikiri mu bwato bwamanutse hasi mu mazi, ibikorwa byo kuyishakisha bikaba byarahagaritswe itaraboneka, dore ko ibisigazwa by’ubwo bwato biri muri metero 200 z’ubujyakuzimu.

Gushakisha iyo mirambo byabereye ihurizo ubutegetsi bwa Kivu y’amajyaruguru, budafite ibikoresho byabugenewe. Byongeye kandi mu kiyaga cya Kivu harimo gaz methane n’indi myuka ibabangamiye imirimo yo gushakisha imibiri ya ba nyakwigendera.

Amakuru avuga ko muri komini ya Buzi hafi ya Minova, imiryango 500 yabuze ababo bari muri ubwo bwato, ariko 30 muri yo, niyo yonyine Leta iteganya guha indishyi, ishingiye ku bantu 34 yemera ko aribo bapfuye.

2024-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 17 Oct 2021
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Ubwanditsi 13 Jun 2016
RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy
Mu Rwanda

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy

Ubwanditsi 27 Aug 2017
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye
INKURU NYAMUKURU

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Ubwanditsi 27 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru