• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Abanyarwanda baca umugani ngo “Agati kateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga”, iyi mvugo yabaye impamo kuri Uwizirerera Sibo Ange, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo nyina bamwishe amaze umunsi umwe amubyaye.

Uwizirerera uri mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza afite amateka yihariye ashingiye kuri Jenoside yarokotse ndetse n’uburyo yakuze atazi ko ababyeyi be bishwe.

Uwizirerera Sibo Ange ni amazina yahawe n’ababyeyi bamureze aribo Bicamumpaka Jean Baptiste na Adela Mujawabera. Bamutoye akiri uruhinja baramwonsa, baramurera kugeza ubu afite imyaka 23 y’amavuko, ni inkumi yiga muri kaminuza.

Umuryango wa Bicamumpaka utuye mu Mudugudu wa Ruhondo, Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Bicamumpaka avuga ko mu 1993 yari atuye mu Murenge wa Murambi, Akarere ka Karongi, akaba yari umwarimu; aza gufata icyemezo cyo kwitandukanya n’amashyaka ahitamo kwinjira mu bihe byo gusenga Imana, dore ko ngo yabonaga hari ayakoraga ibikorwa bibi byiganjemo ivanguramoko.

Ubwo Jenoside yatangiraga, umubyeyi wa Uwizirerera yafashwe n’ibise ajya kubyarira ku bitaro by’i Kilinda muri Karongi, maze umuryango wa Bicamumpaka uza kubimenya, niko kubwira umugore we ngo aze kujya kumusura maze bafate umwana baze mu rugo.

Ati “ Ubwo yajyaga kumureba, nibwo yahuye n’abana bafite agahinja, arababaza ati ako gahinja ni akande, baramubwira bati ni ak’umubyeyi wari uri mu bitaro nyina bamujyanye. Arababwira ati ngaho rero nimugende turahurira munsi y’urugo hanyuma nze mfate uwo mwana.”

Abana baragiye umwana bamushyira hasi mu mbuga, umugore w’umuturanyi akabwira abantu ko nibibeshya bagafata uwo mwana bizabakoraho. Ngo si uwo gusa wabateraga ubwoba kuko n’abandi baturanyi ariko byagendaga.

Gusa wa mubyeyi yagize ubutwari bwo gufata uwo mwana, interahamwe ziza kumenya ko haba umwana byavugwaga ko ari umututsi, bakaza kumuhiga ariko bakagenda batamwishe bavuga ngo n’ubundi azapfa, ntazabona aho amurerera.

Mujawabera yonkeje wa mwana, akajya amuha amata, aramurera ndetse na wa muforomo wabyaje nyina yaboherereje ibikombe bibiri by’amata y’ifu bakajya bayamuha.

Umufasha wa Bicamumpaka, avuga ko nubwo Ange yavutse mu bihe bigoye ariko ngo yaramureze ndetse aramukuza.

Ati “Yahuye n’ibibazo byo kubura umubyeyi, imvura yaramunyagiye, ariko Imana iramurinda. Yatangiye kunywa amata y’ifu mbere y’ibyumweru bibiri ntaratangira kubona amashereka, nagezeho mbona amashereka araje, ndamwonsa, mukorera ibintu byose nk’abandi bana.”

Uwizirerera yageze mu mashuri makuru ataramenya ko ababyeyi be bishwe

Uwizirerera avuga ko atigeze amenya ko nta babyeyi agira kuko ngo bamufashe neza ndetse ngo usibye ko babimubwiye naho ubundi ngo we yari azi ko avuka aho, cyane ko ngo yabonaga asa na Mujawabera.

Yagize ati “ Aba nibo mfata nk’ababyeyi, nibo bandeze kuva mvutse kugeza ubu. Nabimenye maze gukura nabitekerejeho ndetse birambabaza kuko cyari ikintu gishya nari nakiriye, ariko nyuma nza kubyakira ariko kuko kuva na kera bamfata nk’umwana wabo nta kibazo nigeze ngira.”

Yongeyeho ko abona abo babyeyi nk’abadasanzwe kuko usibye we bareze n’abandi bose hamwe bagera kuri 25 barimo batandatu barokotse n’abandi babaga badafite kivurira.

Ati “Bafite umwihariko, ni ababyeyi batagira uko basa kuko icyo bahaye umwana wabo ni cyo baha n’abandi, baratandukanye cyane kuko biragoye ko wabona umubyeyi uteye utyo, ukonsa atarakubyaye.”

Uwizirerera yifuza ko ibikorwa Bicamumpaka afata nka se yakoze byakwibukwa ku rwego rw’igihugu, akanashimirwa.

-6318.jpg

Uwizirerera Sibo Ange yarezwe n’ababyeyi bamutoye muri Jenoside yaburiyemo ababyeyi

Source : IGIHE

2017-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka
Mu Rwanda

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda
ITOHOZA

Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Ubwanditsi 29 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru