• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Abanyarwanda baca umugani ngo “Agati kateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga”, iyi mvugo yabaye impamo kuri Uwizirerera Sibo Ange, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo nyina bamwishe amaze umunsi umwe amubyaye.

Uwizirerera uri mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza afite amateka yihariye ashingiye kuri Jenoside yarokotse ndetse n’uburyo yakuze atazi ko ababyeyi be bishwe.

Uwizirerera Sibo Ange ni amazina yahawe n’ababyeyi bamureze aribo Bicamumpaka Jean Baptiste na Adela Mujawabera. Bamutoye akiri uruhinja baramwonsa, baramurera kugeza ubu afite imyaka 23 y’amavuko, ni inkumi yiga muri kaminuza.

Umuryango wa Bicamumpaka utuye mu Mudugudu wa Ruhondo, Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Bicamumpaka avuga ko mu 1993 yari atuye mu Murenge wa Murambi, Akarere ka Karongi, akaba yari umwarimu; aza gufata icyemezo cyo kwitandukanya n’amashyaka ahitamo kwinjira mu bihe byo gusenga Imana, dore ko ngo yabonaga hari ayakoraga ibikorwa bibi byiganjemo ivanguramoko.

Ubwo Jenoside yatangiraga, umubyeyi wa Uwizirerera yafashwe n’ibise ajya kubyarira ku bitaro by’i Kilinda muri Karongi, maze umuryango wa Bicamumpaka uza kubimenya, niko kubwira umugore we ngo aze kujya kumusura maze bafate umwana baze mu rugo.

Ati “ Ubwo yajyaga kumureba, nibwo yahuye n’abana bafite agahinja, arababaza ati ako gahinja ni akande, baramubwira bati ni ak’umubyeyi wari uri mu bitaro nyina bamujyanye. Arababwira ati ngaho rero nimugende turahurira munsi y’urugo hanyuma nze mfate uwo mwana.”

Abana baragiye umwana bamushyira hasi mu mbuga, umugore w’umuturanyi akabwira abantu ko nibibeshya bagafata uwo mwana bizabakoraho. Ngo si uwo gusa wabateraga ubwoba kuko n’abandi baturanyi ariko byagendaga.

Gusa wa mubyeyi yagize ubutwari bwo gufata uwo mwana, interahamwe ziza kumenya ko haba umwana byavugwaga ko ari umututsi, bakaza kumuhiga ariko bakagenda batamwishe bavuga ngo n’ubundi azapfa, ntazabona aho amurerera.

Mujawabera yonkeje wa mwana, akajya amuha amata, aramurera ndetse na wa muforomo wabyaje nyina yaboherereje ibikombe bibiri by’amata y’ifu bakajya bayamuha.

Umufasha wa Bicamumpaka, avuga ko nubwo Ange yavutse mu bihe bigoye ariko ngo yaramureze ndetse aramukuza.

Ati “Yahuye n’ibibazo byo kubura umubyeyi, imvura yaramunyagiye, ariko Imana iramurinda. Yatangiye kunywa amata y’ifu mbere y’ibyumweru bibiri ntaratangira kubona amashereka, nagezeho mbona amashereka araje, ndamwonsa, mukorera ibintu byose nk’abandi bana.”

Uwizirerera yageze mu mashuri makuru ataramenya ko ababyeyi be bishwe

Uwizirerera avuga ko atigeze amenya ko nta babyeyi agira kuko ngo bamufashe neza ndetse ngo usibye ko babimubwiye naho ubundi ngo we yari azi ko avuka aho, cyane ko ngo yabonaga asa na Mujawabera.

Yagize ati “ Aba nibo mfata nk’ababyeyi, nibo bandeze kuva mvutse kugeza ubu. Nabimenye maze gukura nabitekerejeho ndetse birambabaza kuko cyari ikintu gishya nari nakiriye, ariko nyuma nza kubyakira ariko kuko kuva na kera bamfata nk’umwana wabo nta kibazo nigeze ngira.”

Yongeyeho ko abona abo babyeyi nk’abadasanzwe kuko usibye we bareze n’abandi bose hamwe bagera kuri 25 barimo batandatu barokotse n’abandi babaga badafite kivurira.

Ati “Bafite umwihariko, ni ababyeyi batagira uko basa kuko icyo bahaye umwana wabo ni cyo baha n’abandi, baratandukanye cyane kuko biragoye ko wabona umubyeyi uteye utyo, ukonsa atarakubyaye.”

Uwizirerera yifuza ko ibikorwa Bicamumpaka afata nka se yakoze byakwibukwa ku rwego rw’igihugu, akanashimirwa.

-6318.jpg

Uwizirerera Sibo Ange yarezwe n’ababyeyi bamutoye muri Jenoside yaburiyemo ababyeyi

Source : IGIHE

2017-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Mu byaha bitanu  byahamye Léon Mugesera  harimo  gushishikariza Abahutu mu buryo butaziguye kwica Abatutsi
Mu Mahanga

Mu byaha bitanu byahamye Léon Mugesera harimo gushishikariza Abahutu mu buryo butaziguye kwica Abatutsi

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga
ITOHOZA

Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru