• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ubwanditsi 30 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Umwanditsi Mukuru w’ikinyamakuru The New York Times, yikomye Perezida Trump amubuza gukomeza kwita abanyamakuru ‘abanzi b’abaturage’ kuko bishobora guteza ihohoterwa rikorerwa itangazamakuru.

AG Sulzberger yabitangaje nyuma y’ibiganiro aba bombi bari bagiranye muri White House, bakumvikana ko bigomba kugirwa ibanga ariko nyuma Perezida Trump akajya ku rukuta rwa Twitter akagaragaza ibyo baganiriye.

Trump yavuze ko ibiganiro aba bombi bagiranye byari byiza ariko nyuma avuga ko itangazamakuru rishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga binyuze mu byo ribatangaza.

Yagize ati “Twamaze igihe kinini tuganira ku makuru y’ibihuha (Fake News), akunze gusohorwa n’itangazamakuru ku buryo ayo makuru ashobora gufatwa mu nteruro imwe nk‘abanzi b’abaturage’, birababaje.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Trump, iki kinyamakuru cyahise gisohora inyandiko igaragaza ibikubiye mu biganiro uyu mwanditsi mukuru wacyo yagiranye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Sulzberger yavuze ko yemeye ubutumire bwa Trump ashaka ko baganire ku buryo uyu mugabo akunze kwibashira no kurwanya itangazamakuru.

Yavuze ko yabwiye Trump ko aya makuru yita ibihuha aba atari ukuri kandi ari bibi. Gusa avuga ko yababajwe cyane n’uko Trump yise abanyamakuru be abanzi b’abaturage.

Yagize ati “Namwihanangirije ko imvugo ye itari nziza iri kugira uruhare mu gutuma abanyamakuru bashobora guhohoterwa.”

Sulzberger kandi yabwiye Perezida Trump, ko ibikorwa byo kwibasira itangazamakuru bikunze gukorwa mu bindi bihugu n’ubutegetsi bushaka guhungabanya no gusenya itangazamakuru.

Yanavuze ko ibikorwa bya Trump bikomeje byashyira ubuzima bw’abanyamakuru mu kaga, kandi ko bihabanye n’amahame ya demokarasi igihugu cyabo kigenderaho y’ubwisanzure bwo kuvuga n’ubwigenge bw’itangazamakuru.

Uyu mwanditsi mukuru wa The New York Times yavuze kandi ko atigeze abuza Perezida Trump kunenga ibyo bamwandikaho niba bitamushimisha, ahubwo ko yareka muri rusange kwibasira itangazamakuru.

Nyuma y’ibyatangajwe n’iki kinyamakuru, Trump nawe yahise asubiza ubu butumwa avuga ko ibitangazwa ku biganiro by’imbere muri Guverinoma bishyira mu kaga ubuzima bwa benshi atari itangazamakuru gusa.

Trump yihanangirije kwita abanyamakuru abanzi b’igihugu

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Ubuhamya: Nyamuneka bakobwa muritonde!irebere ubuhamya bw’ibyo uyu mukobwa w’umunyarwandakazi yahuye nabyo

Ubuhamya: Nyamuneka bakobwa muritonde!irebere ubuhamya bw’ibyo uyu mukobwa w’umunyarwandakazi yahuye nabyo

Ubwanditsi 08 Jun 2017
RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa
Mu Rwanda

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Icyo CNLG  Ivuga  kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa  Missile zahanuye  Indege ya Habyarimana
Mu Rwanda

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru