• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ubwanditsi 30 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Umwanditsi Mukuru w’ikinyamakuru The New York Times, yikomye Perezida Trump amubuza gukomeza kwita abanyamakuru ‘abanzi b’abaturage’ kuko bishobora guteza ihohoterwa rikorerwa itangazamakuru.

AG Sulzberger yabitangaje nyuma y’ibiganiro aba bombi bari bagiranye muri White House, bakumvikana ko bigomba kugirwa ibanga ariko nyuma Perezida Trump akajya ku rukuta rwa Twitter akagaragaza ibyo baganiriye.

Trump yavuze ko ibiganiro aba bombi bagiranye byari byiza ariko nyuma avuga ko itangazamakuru rishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga binyuze mu byo ribatangaza.

Yagize ati “Twamaze igihe kinini tuganira ku makuru y’ibihuha (Fake News), akunze gusohorwa n’itangazamakuru ku buryo ayo makuru ashobora gufatwa mu nteruro imwe nk‘abanzi b’abaturage’, birababaje.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Trump, iki kinyamakuru cyahise gisohora inyandiko igaragaza ibikubiye mu biganiro uyu mwanditsi mukuru wacyo yagiranye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Sulzberger yavuze ko yemeye ubutumire bwa Trump ashaka ko baganire ku buryo uyu mugabo akunze kwibashira no kurwanya itangazamakuru.

Yavuze ko yabwiye Trump ko aya makuru yita ibihuha aba atari ukuri kandi ari bibi. Gusa avuga ko yababajwe cyane n’uko Trump yise abanyamakuru be abanzi b’abaturage.

Yagize ati “Namwihanangirije ko imvugo ye itari nziza iri kugira uruhare mu gutuma abanyamakuru bashobora guhohoterwa.”

Sulzberger kandi yabwiye Perezida Trump, ko ibikorwa byo kwibasira itangazamakuru bikunze gukorwa mu bindi bihugu n’ubutegetsi bushaka guhungabanya no gusenya itangazamakuru.

Yanavuze ko ibikorwa bya Trump bikomeje byashyira ubuzima bw’abanyamakuru mu kaga, kandi ko bihabanye n’amahame ya demokarasi igihugu cyabo kigenderaho y’ubwisanzure bwo kuvuga n’ubwigenge bw’itangazamakuru.

Uyu mwanditsi mukuru wa The New York Times yavuze kandi ko atigeze abuza Perezida Trump kunenga ibyo bamwandikaho niba bitamushimisha, ahubwo ko yareka muri rusange kwibasira itangazamakuru.

Nyuma y’ibyatangajwe n’iki kinyamakuru, Trump nawe yahise asubiza ubu butumwa avuga ko ibitangazwa ku biganiro by’imbere muri Guverinoma bishyira mu kaga ubuzima bwa benshi atari itangazamakuru gusa.

Trump yihanangirije kwita abanyamakuru abanzi b’igihugu

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago

Ubwanditsi 05 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.
INKURU NYAMUKURU

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame
Mu Rwanda

Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta
INKURU NYAMUKURU

Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ubwanditsi 08 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru