• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Ubwanditsi 30 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Sam Gody Nshimiyimana, ni Umunyamakuru w’inararibonye mu mwuga. Arikozemo igihe kirekire ubu akaba ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ugamije impinduka zijyanye n’iterambere mu baturage-MIC , yatwoherereje inyandiko iteye itya:

Ni koko reka batwite IMIHIRIMBIRI,  kuko bamwe ntibazi n’igisobanuro cyimbitse cyaryo.

Guhirimbira si ugukena ku mufuka, cyangwa kugira inzara imbere y’imbavu. Guhirimbira hiyongeraho no kubura indangagaciro-muntu, ku buryo rubanda ubamo iguha akato, ikagucira urubanza, ukaba rubebe.

Umwe udakaraba, udasokoza, utamesa, udatinya imyaka y’abaturanyi akenshi ayishakira kuyigunzura. Mbese asa nka rya tungo Padiri Kagame yise itungo ryo mu batindi, abarikunda umuhore bakaritazira indyoheshabirayi, abubu bakaryita akabenzi. Ngiyo isura y’UMUHIRIMBIRI.

Nyakubahwa Minister, koko burya bwose niko mubyumva iyo muri Leta?

Ngira ngo hari abagabo mwahuye b’indimi nyinshi, bagira urwo bakorana n’urwo bazindukana. Bagira ukuri bakavugishije bagahitamo kuguhakishwa. Niba hari uwakubwiye ko ari umunyamakuru, Je suis Umuhirimbiri!

Niba hari uwagusabye, wamwima akavuza induru cyane ati: “Tura tugabane niwanga umenere aho.” Agasara, agasizora , ati: “Nutampa urampera bukonji.” Akakubwira ko ari umunyamakuru, aho Je suis Umuhirimbiri!

Niba hari uwo mwahuriye mu rukiko, yariye ay’abandi, ngo akunde aruce agaramye, byarimba akamama, bugacya ari umusaseridoti uje kwigisha ivanjiri nziza, akakubwira ko ari umunyamakuru, ndemeye koko ndi Je suis Umuhirimbiri!

Niba hari uwo mwahuye ari umukannyi, akana inkanda azipimaho, cyangwa areba ikwira i Bweramana gusa, ariko ntarebe ikwira i Bwerambwija, ati: “Ndabakanira urwa Musheru mube mwitonze…” akakubwira ko ari umunyamakuru, ndemeye Je suis Umuhirimbiri!

Nusanga hari ukora atyo, ndakurahiye si umunyamakuru, ahubwo azaba ari uwo mwicuriye Nyakubahwa!

Naho Ubundi Je ne suis pas Umuhirimbiri!

Sam Gody Nshimiyimana

 

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jay Polly ageze mageragere gusoza ibihano bye-SOMA INKURU

Jay Polly ageze mageragere gusoza ibihano bye-SOMA INKURU

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 13 Sep 2018
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City
UBUKUNGU

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo
Amakuru

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye
Amakuru

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru