• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza i Kampala, bafungirwa mu kigo cya gisirikare ku mpamvu zitaratangazwa.

Aba banyeshuri bane bigaga muri Kampala International University (KIU) barimo n’uwari Umuyobozi w’Umuryango w’abanyeshuri b’Abanyarwanda muri iyo kaminuza, Joram Rwamojo. Gusa amakuru avuga ko akomoka muri icyo gihugu nubwo ari mu bwoko bw’Abanyarwanda.

Abandi batatu batawe muri yombi ni abitwa Mugisha, Emmanuel n’uwitwa Kagara. Abandi bafunganywe n’aba banyeshuri harimo Abanyarwanda batatu bamaze igihe bafite ibikorwa bitandukanye muri Uganda.

Nk’uko amakuru yagiye hanze abivuga, bakuwe mu macumbi yabo mu ijoro ryo ku wa Gatatu, bafungirwa muri gereza imaze kumenyerwa ko ifungirwamo abanyabyaha bakomeye, iherereye mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye mu Murwa Mukuru Kampala.

Umuyobozi muri iyo kaminuza utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko abo banyeshuri “basibye ikizamini kubera ko bafunzwe. Twahamagaye Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kalaga atubwira ko twabaza muri CMI ko ari bo babafite.”

Iri fatwa rikurikiye ibindi bikorwa bitandukanye byagiye byibasira Abanyarwanda muri Uganda, biyobowe na CMI.

Ubuyobozi bwa Uganda bwagiye buvuga ko bufata aba Banyarwanda kubera ko ari intasi zoherejwe n’u Rwanda. Gusa ntibagiye bagezwa mu rukiko ahubwo bagiye bakorerwa iyicarubozo, mu gihe cyo kubarekura ababafunze bakitwikira ijoro bakabajugunya ku mupaka w’u Rwanda.

Muri iri totezwa rikorerwa Abanyarwanda, CMI yagiye ikorana n’abantu bahunze ubutabera bw’u Rwanda bahawe icyuho muri Uganda, ari naho bakomeje gucurira imigambi yabo y’ubugizi bwa nabi.

Bamwe mu bagiye babasha guhonoka ibikorwa bya CMI bagiye batanga ubuhamya bw’uburyo batotejwe bagahatirwa kwinjira mu Mutwe w’Iterabwoba wa RNC uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ubyanze agahura n’akaga gakomeye.

Ibyo bikorwa byose byatumye mu ntangiriro z’uyu mwaka u Rwanda rusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda, kugeza igihe iki kibazo kizabonerwa umuti.

Gusa mu biganiro bikomeje kugeragezwa hashakishwa igisubizo kuri ibi bibazo, Uganda ishinjwa kwima amatwi imyanzuro yose yagiye ifatwa irimo guhagarika gushyigikira ibikorwa bigamije kugirira nabi umuturanyi, ariko magingo aya nta gisubizo kiraboneka.

Ni mu gihe muri Kanama hasinywe amasezerano agaragaza inzira zizakoreshwa mu kuzahura umubano, ariko ntabwo zikurikizwa kugeza ubu.

2019-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Ubwanditsi 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?
Amakuru

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ubwanditsi 07 Jun 2023
Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali
IMIKINO

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru