• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 07 Jun 2016 Mu Mahanga

Abakaraningufu bakabakaba 70 bo mu mujyi wa Nyanza, ho mu karere ka Nyanza bashyizeho ihuriro ryo kurwanya no gukumira ibyaha (Anti-Crime Club), ndetse baba abanyamuryango b’Ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing- RYVCP).

Iyi myanzuro bayifashe ku itariki 3 Kamena mu kiganiro bagiranye n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere, Inspector of Police (IP) Jean Baptiste Bizimana.

Iyo nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda muri aka karere yabereye mu kagari ka Gahondo, ho mu murenge wa Busasamana.

Yabaye nyuma y’igikorwa cy’ubukorerabushake cyo kubumba amatafari 458 yo kubakisha inzu y’umwe mu batishoboye batuye muri aka gace.

Avugana nabo, IP Bizimana yabanje kubagaragariza uko umutekano wifashe muri ako gace nyuma abasaba ko buri wese yagira uruhare mu kubungabunga ibyagezweho.

IP Bizimana yabwiye abo bakaraningufu bibumbiye muri Koperative Abadakopa ati:” Kugira ngo iyo ntego muyigereho mukwiye gushyira hamwe, mutahiriza umugozi umwe kugira ngo Igihugu cyacu kirangwe n’umutekano usesuye. Buri wese afite uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi nta terambere ryagerwaho mu gihe nta mutekano dufite; kandi nta n’umwe udafite ubushobozi bwo gukumira no kurwanya ibyaha aho biva bikagera”.

Yakomeje ababwira ati:”Iki ni igikorwa gishimishije cy’uko mwihitiramo uburyo bunoze bwo kwicungira umutekano mwishyira hamwe kuko n’ubundi musanzwe muri abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha; ariko buri umwe yabikoraga ku giti cye. Kuba mwifatanyije n’urundi rubyiruko mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha; ndetse mugashyiraho ihuriro ryanyu ryo kubirwanya ni akarusho kuko noneho mugiye kujya mubikora mushyize hamwe kandi mubyumva kimwe.”

Umuyobozi w’abo bakaraningufu, Ntakirutimana Ramadan yagize ati:” Turashimira Polisi y’u Rwanda idahwema kudukangurira gushyira hamwe, kandi natwe twiyemeje kuba abafatanyabikorwa beza no kugira uruhare rufatika muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha.”

Yakomeje agira ati:” Iri huriro rizatugeza ku ntego yo gukorera hamwe tugamije umutekano w’Akarere kacu. Tuzabasha kujya tuganira ku bibazo bitwugarije harimo no kurwanya impanuka zo mu muhanda hubahirizwa amategeko agenga abawukoresha bose.”

Ni ubwa mbere Abakaraningufu bakoze ihuriro nk’iri mu gihe mu Rwanda hamaze kujyaho arenga igihumbi, 90% yayo akaba ari mu mashuri.

Polisi y’u Rwanda yahisemo uburyo bwo gukorana bya hafi n’abafatanyabikorwa b’ingeri zose barimo abakoresha umuhanda, ibigo by’amashuri, abacuruzi n’andi mashyirahamwe atandukanye kugira ngo ishobore kugera ku nshingano zayo.

RNP

2016-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi
ITOHOZA

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”
Amakuru

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Ubwanditsi 21 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru