• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Mata 2026, nibwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya Banki ya Kigali na Rwanda Premier League yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda yari izwi nka Rwanda Premier League ikitwa BK Premier League Pro.

Uy muhango wabereye mu cyumba cy’inama cya Stade Amahoro wari witabiriwe n’itangazamakuru, hamaze gusinywa amasezerano hagati ya Rwanda Premier League na Bank of Kigali yo kwitirirwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Aya masezerano atanga uburenganzira bwo guhindura izina rya shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba zamara igihe kingana n’imyaka itanu n’igice iri imbere uhereye kuri uyu mwaka mwaka w’imikino wa 2025/2026.

Ku ikubitiro Rwanda Premier League irahita ihabwa Miliyoni maganabiri na Mirongo itanu (250 000 000) y’Amafaranga y’u Rwanda agendana n’aho uyu mwaka w’imikino ugeze, dore ko hasigaye imikino  irindwi kuri buri kipe ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Ibi bisobanuye ko buri mwaka Rwanda Premier League izajya yakira miliyoni  maganatandatu z’Amafaranga y’u Rwanda mu gihe kingana n’imyaka itanu iri imbere, uyu mufatanya bikorwa akaba agomba kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda gusa.

Muri uyu muhango, Bank of Kigali yari ihagarariwe n’umuyobozi wayo mukuru Dr Diane Karusisi, mu gihe Rwanda Premier League yari ihagarariwe na Perezida wayo, Hadji Youssuf Mudaheranywa.

Hari kandi na Shema Ngoga Fabrice, Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA wari umuhamya w’iki gikorwa.

Mu bindi bikubiye muri aya masezerano ni uko hagomba kubaho ubukangurambaga ku makipe yose akina ikiciro cya mbere mu Rwanda by’umwihariko no ku bakinnyi babo ko bagomba kuba bafite konti muri Banki ya Kigali, hakaba kandi ko imipira izatangira gukinwa umwaka  utaha w’imikino izaba iriho ibirango bya BK Premier League Pro.

Ikindi ni uko iyi Banki izajya yamamaza ku mikino yose izajya ikinwa muri shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere, ndetse n’amakipe akazajya yambara ibirango by’iyi banki ku myenda yayo kuri kamwe mu kuboko kw’imyambaro y’amakipe y’ikiciro cya mbere.

Si ubwa mbere iyi Banki ya Kigali igaragaye mu bikorwa bya Siporo kuko kuva muri Gicurasi 2022 inzu y’imyidagaduro yahoze ari Kigali Arena ihinduriwe izina ikitwa BK Arena nayo ifite iri zina rihuye n’iya banki y’ubucuruzi iri kwizihiza imyaka 60 itangiye gukorera mu Rwanda­­­

2026-04-24
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Ubwanditsi 17 Aug 2023
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Ubwanditsi 15 May 2018
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa
INKURU NYAMUKURU

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa

Ubwanditsi 11 May 2020
Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke
Amakuru

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru