• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Mata 2026, nibwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya Banki ya Kigali na Rwanda Premier League yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda yari izwi nka Rwanda Premier League ikitwa BK Premier League Pro.

Uy muhango wabereye mu cyumba cy’inama cya Stade Amahoro wari witabiriwe n’itangazamakuru, hamaze gusinywa amasezerano hagati ya Rwanda Premier League na Bank of Kigali yo kwitirirwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Aya masezerano atanga uburenganzira bwo guhindura izina rya shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba zamara igihe kingana n’imyaka itanu n’igice iri imbere uhereye kuri uyu mwaka mwaka w’imikino wa 2025/2026.

Ku ikubitiro Rwanda Premier League irahita ihabwa Miliyoni maganabiri na Mirongo itanu (250 000 000) y’Amafaranga y’u Rwanda agendana n’aho uyu mwaka w’imikino ugeze, dore ko hasigaye imikino  irindwi kuri buri kipe ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Ibi bisobanuye ko buri mwaka Rwanda Premier League izajya yakira miliyoni  maganatandatu z’Amafaranga y’u Rwanda mu gihe kingana n’imyaka itanu iri imbere, uyu mufatanya bikorwa akaba agomba kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda gusa.

Muri uyu muhango, Bank of Kigali yari ihagarariwe n’umuyobozi wayo mukuru Dr Diane Karusisi, mu gihe Rwanda Premier League yari ihagarariwe na Perezida wayo, Hadji Youssuf Mudaheranywa.

Hari kandi na Shema Ngoga Fabrice, Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA wari umuhamya w’iki gikorwa.

Mu bindi bikubiye muri aya masezerano ni uko hagomba kubaho ubukangurambaga ku makipe yose akina ikiciro cya mbere mu Rwanda by’umwihariko no ku bakinnyi babo ko bagomba kuba bafite konti muri Banki ya Kigali, hakaba kandi ko imipira izatangira gukinwa umwaka  utaha w’imikino izaba iriho ibirango bya BK Premier League Pro.

Ikindi ni uko iyi Banki izajya yamamaza ku mikino yose izajya ikinwa muri shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere, ndetse n’amakipe akazajya yambara ibirango by’iyi banki ku myenda yayo kuri kamwe mu kuboko kw’imyambaro y’amakipe y’ikiciro cya mbere.

Si ubwa mbere iyi Banki ya Kigali igaragaye mu bikorwa bya Siporo kuko kuva muri Gicurasi 2022 inzu y’imyidagaduro yahoze ari Kigali Arena ihinduriwe izina ikitwa BK Arena nayo ifite iri zina rihuye n’iya banki y’ubucuruzi iri kwizihiza imyaka 60 itangiye gukorera mu Rwanda­­­

2026-04-24
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016
NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Ubwanditsi 02 Aug 2017
Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha
HIRYA NO HINO

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Ubwanditsi 31 Mar 2020
Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye
IKORANABUHANGA

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru