• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

  • Col Rutiganda Jean Damascene wa FDLR akaba yari Burugumesitiri wa Murama mu gihe cya Jenoside yapfuye azize indwara   |   24 Jan 2021

  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Editorial 17 Apr 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abantu babiri barimo uheruka mu ngendo zo hanze basanganywe Coronavirus mu bipimo 664 byafashwe mu masaha 24 yashize, bituma umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 138.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa Kane ryerekanye ko umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda umaze kugera ku 138 kuva umurwayi wa mbere abonetse mu gihugu ku wa 14 Werurwe 2020.

Rigira riti “Kugeza ubu abantu 60 bamaze gukira hakaba harimo batandatu bakize mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abakirwaye Coronavirus ugera kuri 78.’’

Abantu babiri nibo basanganywe ubwandu bushya, aba barimo uwayanduriye mu Rwanda n’uheruka mu ngenzo zo hanze y’u Rwanda.

  • Umuntu umwe watahuwe ko yahuye n’undi urwaye Coronavirus mu Rwanda
  • Umuntu umwe uherutse kugirira ingendo mu mahanga

Minisante itangaza ko abo barwayi bahise bashyirwa mu kato ndetse hakomeje gushakishwa abantu bose bahuye na bo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

Ikomeza ivuga ko “Umuntu wese uhisha cyangwa wanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso aba ashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.’’

U Rwanda rumaze ukwezi n’iminsi ibiri rugaragayemo umurwayi wa mbere wa Coronavirus. Kuva ku wa 21 Werurwe 2020, hafashwe ingamba zirimo ifungwa ry’imipaka, gukorera mu rugo ku badafite ibikorwa byihutirwa n’ibindi mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Mata 2020 yanzuye ko igihe cyo gufunga ibikorwa bitandukanye n’imipaka y’igihugu cyongerwaho iminsi 15 mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus kugeza ku wa 19 Mata 2020

Mu kiganiro yatanze kuri Televiziyo Rwanda, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi, Dr Muvunyi Zuberi, yatangaje ko kuri uyu wa Kane abantu batandatu bakize, ku buryo abamaze gusezererwa bose ari 60.

Yakomeje ati “Muri abo 136 hakaba hamaze gukira 60, icyiza kirimo ni uko abo bose bari abantu batigeze bagaragaza ibimenyetso bikaze cyangwa se kuremba, bose bari abantu, yego bagaragaza ko banduye virusi ariko nta kindi kimenyetso kindi bafite keretse ubumenyetso buto cyane nk’ibicurane. Hari uwigeze kugira nk’umuriro, ariko bose mu by’ukuri nta n’umwe wigeze aremba.”

“Ibyo bikaba ari ibintu bituma banakira vuba, kuko iyo tumaze kubapima inshuro zisabwa, tubasha kubarekura bakajya iwabo.”

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo kugira umuriro, ibicurane, umunaniro n’inkorora ijyana no kubabara mu mihogo, guhumeka nabi bishobora kugera aho bitera umusonga nawo ushobora kubyara urupfu. Ishobora kwandura binyuze mu kuramukanya cyangwa gukora ku kintu yaguyeho.

Abanyarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza arimo kuguma mu rugo, gusiga intambwe ndende hagati y’abantu, gukaraba intoki neza kandi kenshi, kwitabaza abajyanama b’ubuzima igihe ugaragaje ibimenyetso cyangwa ugahamagara ku 114.

Abantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda mu gihe umubare w’abayikize wiyongereyeho batandatu baba 60

2020-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Editorial 07 Nov 2017
Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Editorial 05 May 2016
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Editorial 21 Nov 2019
Nyagatare: Abaturage bafashe abantu 2 bafite amafaranga y’amahimbano babashyikiriza Polisi

Nyagatare: Abaturage bafashe abantu 2 bafite amafaranga y’amahimbano babashyikiriza Polisi

Editorial 09 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru