• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Ubwanditsi 17 Apr 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abantu babiri barimo uheruka mu ngendo zo hanze basanganywe Coronavirus mu bipimo 664 byafashwe mu masaha 24 yashize, bituma umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 138.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa Kane ryerekanye ko umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda umaze kugera ku 138 kuva umurwayi wa mbere abonetse mu gihugu ku wa 14 Werurwe 2020.

Rigira riti “Kugeza ubu abantu 60 bamaze gukira hakaba harimo batandatu bakize mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abakirwaye Coronavirus ugera kuri 78.’’

Abantu babiri nibo basanganywe ubwandu bushya, aba barimo uwayanduriye mu Rwanda n’uheruka mu ngenzo zo hanze y’u Rwanda.

  • Umuntu umwe watahuwe ko yahuye n’undi urwaye Coronavirus mu Rwanda
  • Umuntu umwe uherutse kugirira ingendo mu mahanga

Minisante itangaza ko abo barwayi bahise bashyirwa mu kato ndetse hakomeje gushakishwa abantu bose bahuye na bo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

Ikomeza ivuga ko “Umuntu wese uhisha cyangwa wanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso aba ashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.’’

U Rwanda rumaze ukwezi n’iminsi ibiri rugaragayemo umurwayi wa mbere wa Coronavirus. Kuva ku wa 21 Werurwe 2020, hafashwe ingamba zirimo ifungwa ry’imipaka, gukorera mu rugo ku badafite ibikorwa byihutirwa n’ibindi mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Mata 2020 yanzuye ko igihe cyo gufunga ibikorwa bitandukanye n’imipaka y’igihugu cyongerwaho iminsi 15 mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus kugeza ku wa 19 Mata 2020

Mu kiganiro yatanze kuri Televiziyo Rwanda, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi, Dr Muvunyi Zuberi, yatangaje ko kuri uyu wa Kane abantu batandatu bakize, ku buryo abamaze gusezererwa bose ari 60.

Yakomeje ati “Muri abo 136 hakaba hamaze gukira 60, icyiza kirimo ni uko abo bose bari abantu batigeze bagaragaza ibimenyetso bikaze cyangwa se kuremba, bose bari abantu, yego bagaragaza ko banduye virusi ariko nta kindi kimenyetso kindi bafite keretse ubumenyetso buto cyane nk’ibicurane. Hari uwigeze kugira nk’umuriro, ariko bose mu by’ukuri nta n’umwe wigeze aremba.”

“Ibyo bikaba ari ibintu bituma banakira vuba, kuko iyo tumaze kubapima inshuro zisabwa, tubasha kubarekura bakajya iwabo.”

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo kugira umuriro, ibicurane, umunaniro n’inkorora ijyana no kubabara mu mihogo, guhumeka nabi bishobora kugera aho bitera umusonga nawo ushobora kubyara urupfu. Ishobora kwandura binyuze mu kuramukanya cyangwa gukora ku kintu yaguyeho.

Abanyarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza arimo kuguma mu rugo, gusiga intambwe ndende hagati y’abantu, gukaraba intoki neza kandi kenshi, kwitabaza abajyanama b’ubuzima igihe ugaragaje ibimenyetso cyangwa ugahamagara ku 114.

Abantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda mu gihe umubare w’abayikize wiyongereyeho batandatu baba 60

2020-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2019
Uganda: Ukekwaho kugira inkomoko mu Rwanda  yafashwe ashinjwa urupfu rwa ASP Kirumira
ITOHOZA

Uganda: Ukekwaho kugira inkomoko mu Rwanda yafashwe ashinjwa urupfu rwa ASP Kirumira

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 22 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru