• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ese ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba byaba bifite imyumvire imwe ku kibazo cya Kongo, cyangwa buri gihugu gicunga inyungu zacyo gusa aho kureba inyungu z’Umuryango wose? Ubundi se, uyu Muryango ntiwaba uhihibikanira ubusa ngo urashakira Kongo ubufasha, kandi Perezida Tshisekedi adahisha ko adaha agaciro uyu Muryango?

Ibi ni bimwe mu bibazo byibazwa na buri wese ukurikiranira hafi ibibera muri aka karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse byagarutsweho kuri uyu wa gatatu, tariki 29 Mutarama 2025, ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC) bahuriraga mu nama idasanzwe ya 24, bifashishije “iyakure”, nk’uko byari byasabwe na Perezida William Ruto wa Kenya, ari nawe uyoboye EAC muri iki gihe.

Ni inama yari yatumirijwe gusa ikibazo cy’intambara ikomeje guca ibintu muri Kongo-Kinshasa, nubwo uwa mbere ukeneye ubufasha, ariwe Perezida Tshisekedi, yanze kwitabira iyo nama. Nta bisobanuro yigeze aha bagenzi be, yewe nta n’uwari umuhagarariye mu nama.

Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, wiyemeje kurwanirira Tshisekedi mu ntambara ahanganyemo n’umutwe wa M23, we yitabiriye inama, ariko yanga kugira icyo avuga ubwo yari ahawe ijambo. Hari abaketse ko bwaba ari ubushobozi buke mu gukoresha ikoranabuhanga mu itumanaho. Icyakora hari n’abandi benshi bemeza ko Perezida Ndayishimiye yahisemo kwinumira, kuko atashoboraga gusobanurira bagenzi be ukuntu ingabo z’uBurundi zivanze mu kibazo kireba mbere na mbere Abanyekongo ubwabo, no gufatanya Leta ya Kongo ndetse n’abajenosideri ba FDLR, mu guhohotera Abatutsi bo muri Kongo.

Twibutse ko uyu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba wigeze kohereza ingabo mu kigarura amahoro muri Kongo, ariko nyuma yo kwanga kunyuranya n’ubutumwa zari zahawe bwo guhagarara hagati y’impande zishyamiranye, Perezida Tshisekedi akazirukana nabi, mbere yo kuzisimbuza iza SADC zo zari zemeye kubogama no kurasa M23. Uko Ndayishimiye w’uBurundi yaciye inyuma, aho gucyura ingabo nk’ibindi bya EAC, ahubwo akagirana amasezerano rwihishwa na Tshisekedi yo kuguma muri Kongo no kurema itsinda ririmo na FDLR, byo ntitubigarukaho.

Ubwo Perezida Kagame yafataga ijambo muri iyi nama ya 24 idasanzwe, yibajije uburyo yategerezwaho umusaruro, igihugu gishakirwa ubufasha kidahisha ko nta gaciro na gato giha uyu muryango.

Perezida Kagame yongeye kuvuga ko yatangajwe no kubona uyu muryango warabifashe nk’ibisanzwe ubwo Tshisekedi yirukanaga ingabo zawo, bikagaragaza ko ibihugu biwugize bidafite imyumvire imwe, cyangwa bidaha uburemere bungana ikibazo cy’intambara ya Kongo. Perezida Kagame ati:” Nta musaruro amagambo aryoshye gusa yatanga, igihe cyose buri gihugu kizaba kirebera inyungu zacyo gusa, aho gushyira imbere inyungu z’Umuryango muri rusange…abantu nibareke gukomeza kugwa mu mutego w’ikinyoma wa Tshisekedi, niba koko dushakira iki kibazo umuti urambye”.

Abafashe ijambo bose bongeye gushimangira ko ikibazo cya Kongo kitazigera kirangizwa n’intambara, ko ahubwo igisubizo kizava mu nzira y’ibiganiro hagati y’Abakongomani ubwabo. Ni muri urwo rwego, umwe mu myanzuro y’iyi nama uvuga ko ” ABAKURU B’IBIHUGU BY’UMURYANGO W’AFRIKA Y’UBURASIRAZUBA BASABA BAKOMEJE LETA YA KONGO KWIHUTIRA KUGIRANA IBIGANIRO NA M23, NDETSE N’ABANDI BAREBWA N’IYI NTAMBARA”.

Hagamijwe kandi gushaka uko hashyirwa imbere inzira y’amahoro aho kwenyegeza intambara, hemejwe ko hategurwa inama hagati ya EAC na SADC, Perezida William Ruto akaba yahawe inshingano zo gukora ibisabwa byose ngo iyo nama ibe mu gihe cya vuba cyane.

Ibihugu bya SADC byohereje ingabo muri Kongo, by’umwihariko Afrika y’Epfo, kimwe na Perezida Ndayishimiye bakomeje kwizeza Tshisekedi ko bazamufasha gutsinda intambara, nawe abemerera amamiliyoni y”amadolari n’ibilombe by’amabuye y’agaciro. Nyamara ibibera ku murongo w’urugamba byerekana ko bamubeshye, kuko M23 irushaho kwagura uduce igenzura.

Afrika y’Epfo yiyemerera ko mu gihe kitanageze ku cyumweru yapfushije abasirikari 13, nubwo ababyiboneye bahamya ko umubare w’abaguye ku rugamba urenga kure uwatangajwe.

Amakuru yizewe kandi anavuga ko nyuma y’aho M23 ifatiye imijyi ya Sake na Goma, hari abasirikari b’Afrika y’Epfo babarirwa mu magana bagizwe ingwate, ubu bakaba barakusanyirijwe ahantu hamwe, mu bilometero 27 uvuye i Goma.

Hagati aho abarwanyi ba M23 bakomeje urugendo, aho badasiba kwambura abarwanirira Tshisekedi ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyepfo.

2025-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Ubwanditsi 08 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Ubwanditsi 21 Dec 2019
Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, Winston Duke wamamaye muri Black Panther yahuye n’ubuyobozi bwa RDB
Amakuru

Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, Winston Duke wamamaye muri Black Panther yahuye n’ubuyobozi bwa RDB

Ubwanditsi 05 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru