• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya Rayon Sports irateganya kugura abakinnyi 10 ikongerera abandi amasezerano abandi 7,aba bose bafite agaciro ka miliyoni 185

Ikipe ya Rayon Sports irateganya kugura abakinnyi 10 ikongerera abandi amasezerano abandi 7,aba bose bafite agaciro ka miliyoni 185

Ubwanditsi 02 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwamaze kwemeza ko bukeneye abakinnyi bashya 10 bagomba kwinjira muri iyi kipe, ikazongerera amasezerano abandi 7 bose bahagaze agaciro ka miliyoni 185 z’amafaranga y’u Rwanda, ibi bibaye mu rwego rwo gutegura umwaka w’imikino wa 2022-2023.

 

Iki gikorwa cyo cyo gushaka uko bakwiyubaka kare, byaraye byemejwe n’ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports mu nama yabaye kuri iki cyumweru tariki ya 1 Gicurasi 2022, ni inama yitabiriwe n’abakunzi, abigeze kuyobora iyi kipe ndetse n’abayiyobora kuri ubu barangajwe imbere na Jean Fidele Uwayezu.

Nk’uko byamenyeshejwe abari bitabiriye inama nyunguranabitekerezo y’ikipe ya Rayon Sports, babwiwe ko bakeneye kugura umunyezamu umwe ndetse bakongerera undi amasezerano, aba bombi bakaba bazaba bafite agaciro ka Miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi kipe kandi ikeneye abakinnyi bakina inyuma bugarira 2, basanga abandi 3 bazongererwa amasezerano aba bose bakaba bafite agaciro ka Miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu bakina hagati hakenewe abakinnyi 3 bashya ndetse no kongerera undi umwe amasezerano, aba bose uko ari bane bakaba bazaba bafite agaciro ka miliyoni 55 z’amafaranga y’u Rwanda.

Muri ba Rutahizamu, Gikundiro ikeneye abakinnyi 4 bazagura ahandi ndetse no kongerera amasezerano abandi bakinnyi batatu, aba bose bakaba bazaba bafite agaciro ka Miliyoni 65 z’amafaranga y’u Rwanda.

Usibye kuba Rayon Sports ikeneye Miliyoni 185 z’amafaranga y’u Rwanda, ku ikubitiro ku bari bitabiriye iyi nama nyungurana bitekerezo bahise bakusanya asaga miliyoni 39 z’amafaranga y’u Rwanda.

Rayon Sports irimo kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2022-2023 aho igana kugusoza uyu mwaka wa 2021-2022 ishaka gutwara igikombe cy’Amahoro kugirango izabashe guserukira u Rwanda mu mikini Nyafurika.

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 3 Gicurasi 2022 iyi kipe iritegura gukina umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’gikombe cy’Amahoro, aho mu mukino ubanza yari yakinnye na Bugesera FC bayitsinda igitego kimwe kubusa, mu mukino wo kwishyura bazakina mu karere ka Bugesera.

Mu mpera z’iki cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yari yakinnye umukino wa 25 wa shampiyona n’ikipe ya Police FC, ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kuri kimwe.

2022-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022
APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025
TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook
IKORANABUHANGA

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League
Amakuru

Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 28 Apr 2025
Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima
ITOHOZA

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 06 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru