• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Ubwanditsi 24 Feb 2016 IMIKINO

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Mulindahabi Olivier, kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gashyantare ni bwo yagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.

Amakuru dukesha Ruhago yacu aravugako abakekwa bose bari bitabye urukiko

Mulindahabi Jean Olivier usanzwe ari umunyamabanga wa Ferwafa ari kumwe n’uwo bareganywa Eng. Adolphe Muhirwa uhagararariye Light Construction and Consultancy Engineers Ltd yari ishinzwe kugenzura ibitabo bikubiyemo ubusabe bw’abifuza kubaka Hotel ya FERWAFA, bagejejwe imbere y’ubutabera bashinjwa icyaha cyo gutanga isoko mu buryo butemewe n’amategeko buhanwa ’ingingo ya 647 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, ivuga ugufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, icyenewabo cyangwa urwango.

Nyuma yo gusomerwa ibyaha baregwa, aba bagabo bombi n’ababahagarariye baje guhita babihakana gusa banavuga ko batagakwiye kuba bakurikiranyweho icyaha kitanditse mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Olivier na Adolphe ndetse n’ababahagariye, bavuze ko ubushinjacyaha bwifashishije ingingo ihana ibigo bya leta byatanze amasoko mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe Ferwafa atari ikigo cya leta, kandi nta hantu hari itegeko rihana ikigo kigenga cyatanze amasoko mu buryo butari bwo(nubwo na byo batabyemera).

Me. Mulindahabi Olivier yagize ati: “Ndanenga ubushinjacyaha ku mvugo bwakoresheje kuko iyobya ubutabera. Aho bwagaragaje ko isoko ryatanzwe na Ferwafa ari isoko rigengwa n’itegeko rigenga amasoko ya leta. Si byo kuko Ferwafa atari atari ikigo cya leta. Nta n’ amafranga ya leta ari muri iri soko. Nkuko bigaragara mu ibaruwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya leta(RPPA) cyandikiye ikigo kimwe mu byapiganwaga”.

Olivier Mulindahabi, yakomeje atangaza ko nubwo iri soko ryaba ryaratanzwe ku buryo butemewe n’amategeko atabibazwa, kuko ibyemezo byo gutanga isoko byakozwe n’akanama gashinzwe gutanga isoko muri Ferwafa ko we icyo yakoze ari ukubimenyesha abatsinzwe n’abatsinze bityo ko ntaho yahurira na byo.

Aha, umunyamategeko we yongeyeho ko ibyo byabazwa abari mu kanama gashinzwe gutanga iryo soko kuko bazwi (Abasomera urukiko).

Mu kwiregura kwa Olivier Mulindahabi kandi, yatangaje ko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko inama yemejwemo ko sosiyete ya Expert Co ari yo yahabwa isoko, ngo itari iy’akanama gashinzwe gutanga amasoko, ahubwo yari irimo umuyobozi wa Ferwafa, intumwa ya Fifa ndetse n’abandi bake mu bari muri ako kanama.

Aha na ho Me. Olivier yavuze ko niba koko ari abo bafashe icyo cyemezo muri iyo nama(we atari arimo), yumva bikwiye kuko muri bo harimo intumwa ya FIFA yatanze amafaranga yo kubaka Hoteli ndetse n’umuyobozi we. Aha, akibaza ukuntu iyo nama se ifashe icyemezo ikamubwira nk’umukozi niba ari we waba ugifashe kugirango bavuge ko yatonesheje.

Mu gusoza, Me. Mulindahabi yatangaje ko asanga akwiye kuburana ari hanze kuko asanga atasibanganya ibimeyetso. Uyu yatangaje ko ibyo baregwa byageze mu bugenzacyaha mu kwa 9 cyenda kwa 2015 ko amadosiye yose CID yayafotoye nta kibazo ko iyo aza kuba asibanganya ibimenyetso biba byarakozwe muri ayo mezi atanu ashize cyangwa akabatera ubwoba.

MF.

2016-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Ubwanditsi 16 Jul 2021
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Ubwanditsi 06 Jun 2023
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2
ITOHOZA

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru