• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Ubwanditsi 24 Feb 2016 IMIKINO

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Mulindahabi Olivier, kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gashyantare ni bwo yagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.

Amakuru dukesha Ruhago yacu aravugako abakekwa bose bari bitabye urukiko

Mulindahabi Jean Olivier usanzwe ari umunyamabanga wa Ferwafa ari kumwe n’uwo bareganywa Eng. Adolphe Muhirwa uhagararariye Light Construction and Consultancy Engineers Ltd yari ishinzwe kugenzura ibitabo bikubiyemo ubusabe bw’abifuza kubaka Hotel ya FERWAFA, bagejejwe imbere y’ubutabera bashinjwa icyaha cyo gutanga isoko mu buryo butemewe n’amategeko buhanwa ’ingingo ya 647 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, ivuga ugufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, icyenewabo cyangwa urwango.

Nyuma yo gusomerwa ibyaha baregwa, aba bagabo bombi n’ababahagarariye baje guhita babihakana gusa banavuga ko batagakwiye kuba bakurikiranyweho icyaha kitanditse mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Olivier na Adolphe ndetse n’ababahagariye, bavuze ko ubushinjacyaha bwifashishije ingingo ihana ibigo bya leta byatanze amasoko mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe Ferwafa atari ikigo cya leta, kandi nta hantu hari itegeko rihana ikigo kigenga cyatanze amasoko mu buryo butari bwo(nubwo na byo batabyemera).

Me. Mulindahabi Olivier yagize ati: “Ndanenga ubushinjacyaha ku mvugo bwakoresheje kuko iyobya ubutabera. Aho bwagaragaje ko isoko ryatanzwe na Ferwafa ari isoko rigengwa n’itegeko rigenga amasoko ya leta. Si byo kuko Ferwafa atari atari ikigo cya leta. Nta n’ amafranga ya leta ari muri iri soko. Nkuko bigaragara mu ibaruwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya leta(RPPA) cyandikiye ikigo kimwe mu byapiganwaga”.

Olivier Mulindahabi, yakomeje atangaza ko nubwo iri soko ryaba ryaratanzwe ku buryo butemewe n’amategeko atabibazwa, kuko ibyemezo byo gutanga isoko byakozwe n’akanama gashinzwe gutanga isoko muri Ferwafa ko we icyo yakoze ari ukubimenyesha abatsinzwe n’abatsinze bityo ko ntaho yahurira na byo.

Aha, umunyamategeko we yongeyeho ko ibyo byabazwa abari mu kanama gashinzwe gutanga iryo soko kuko bazwi (Abasomera urukiko).

Mu kwiregura kwa Olivier Mulindahabi kandi, yatangaje ko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko inama yemejwemo ko sosiyete ya Expert Co ari yo yahabwa isoko, ngo itari iy’akanama gashinzwe gutanga amasoko, ahubwo yari irimo umuyobozi wa Ferwafa, intumwa ya Fifa ndetse n’abandi bake mu bari muri ako kanama.

Aha na ho Me. Olivier yavuze ko niba koko ari abo bafashe icyo cyemezo muri iyo nama(we atari arimo), yumva bikwiye kuko muri bo harimo intumwa ya FIFA yatanze amafaranga yo kubaka Hoteli ndetse n’umuyobozi we. Aha, akibaza ukuntu iyo nama se ifashe icyemezo ikamubwira nk’umukozi niba ari we waba ugifashe kugirango bavuge ko yatonesheje.

Mu gusoza, Me. Mulindahabi yatangaje ko asanga akwiye kuburana ari hanze kuko asanga atasibanganya ibimeyetso. Uyu yatangaje ko ibyo baregwa byageze mu bugenzacyaha mu kwa 9 cyenda kwa 2015 ko amadosiye yose CID yayafotoye nta kibazo ko iyo aza kuba asibanganya ibimenyetso biba byarakozwe muri ayo mezi atanu ashize cyangwa akabatera ubwoba.

MF.

2016-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Ubwanditsi 21 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.
INKURU NYAMUKURU

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi
ITOHOZA

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C
IMIKINO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru