• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 08 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, bifatanyije n’Abanyarwanda barenga ibihumbi 30 biganjemo urubyiruko rwitabiriye ijoro ryo kwibuka ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2017.

-6262.jpg

-6263.jpg

Nyuma y’urugendo rwo kwibuka ‘Walk to Remember’ rwaturutse ku Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura rugasorezwa kuri Stade Amahoro i Remera, rwitabiriwe n’abarenga 1500, aba bayobozi bacanye urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’ahazaza h’Abanyarwanda ruhererekanywa muri stade yose.

Hasomwe ubutumwa 23 bushushanya inshuro ya 23 Abanyarwanda bibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanasomwa amazina 100 y’abayizize, barimo 30 y’abana bato, 40 y’abantu bari mu cyiciro cy’urubyiruko na 30 bo mu cyiciro cy’abantu bakuru. Buri zina riba risobanuye abantu ibihumbi 10 byicwaga ku munsi muri Jenoside.

Mu buhamya bwatanzwe na Alain Ngirinshuti usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Ibuka-Europe, yavuze uburyo Jenoside ari umugambi wateguwe kuva kera, n’inzira y’umusaraba yanyuzemo n’uburyo yarokotse. Yasabye urubyiruko kutarebera ushaka gusenya ibimaze kubakwa.

Yabwiye urubyiruko ko rufite uruhare rwo kubaka iki gihugu, kwiyubaka no kubaka amateka yarwo kandi bagaharanira kwihesha agaciro kuko ari ko kubahisha abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Ndagira ngo nkangurire urubyiruko, ntimukabone umuntu uje gusenya ibyo bakuru bacu cyangwa se namwe mufitemo uruhare, ngo mwicare aho ngaho murebere. Muzarebera avune umuheha umwe, avune uwa kabiri, uwa gatatu musange imiheha yose yavunitse.”

Perezida wa Ibuka, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yashimye icyemezo cya Minisiteri y’uburezi cyo kongera kwigisha amateka y’u Rwanda abanyeshuri kugira ngo bazavemo Abanyarwanda beza babasha gusubiza ibibazo by’igihugu.

Yagarutse ku bikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside bikomeje kugaragara rimwe na rimwe bikagaragaramo abigeze guhamwa n’icyaha cya Jenoside.

Yatunze urutoki bamwe mu bacamanza badaha uburemere icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, agasaba ko hasuzumwa itegeko rihana rigakurwamo ibyuho, kandi hagasuzumwa niba abo bacamanza bake batirengagiza nkana amategeko, niba badafite ingengabitekerezo ya Jenoside cyangwa se ngo babe bakoreshwa na ruswa.

Yagize ati “Itegeko rirebana n’ingengabitekerezo rigomba gukurikizwa neza, hanasuzumwa ndetse uburyo ryavugururwa kugirango ryo guha abacamanza bamwe , ntabwo ari benshi, babona icyuho cyo kuba bagabanya ibihano uko bashaka.”

Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko uyu mugoroba ari umwanya wo kwibuka abazize Jenoside no kubaka ahazaza heza.

Insanganyamatsiko yo kwibuka abazize Jenoside uyu mwaka igira iti “Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, dushyigikira ibyiza twagezeho”.

-6264.jpg

-6265.jpg

-6266.jpg

Mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bazagira ibiganiro ku buryo bwiza bwo gukomeza gushyigikira iterambere Abanyarwanda bamaze kugeraho mu mibereho myiza n’ubukungu.

2017-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe
Amakuru

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali
Amakuru

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021
Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi
Uncategorized

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi

Ubwanditsi 12 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru