• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 08 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, bifatanyije n’Abanyarwanda barenga ibihumbi 30 biganjemo urubyiruko rwitabiriye ijoro ryo kwibuka ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2017.

-6262.jpg

-6263.jpg

Nyuma y’urugendo rwo kwibuka ‘Walk to Remember’ rwaturutse ku Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura rugasorezwa kuri Stade Amahoro i Remera, rwitabiriwe n’abarenga 1500, aba bayobozi bacanye urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’ahazaza h’Abanyarwanda ruhererekanywa muri stade yose.

Hasomwe ubutumwa 23 bushushanya inshuro ya 23 Abanyarwanda bibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanasomwa amazina 100 y’abayizize, barimo 30 y’abana bato, 40 y’abantu bari mu cyiciro cy’urubyiruko na 30 bo mu cyiciro cy’abantu bakuru. Buri zina riba risobanuye abantu ibihumbi 10 byicwaga ku munsi muri Jenoside.

Mu buhamya bwatanzwe na Alain Ngirinshuti usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Ibuka-Europe, yavuze uburyo Jenoside ari umugambi wateguwe kuva kera, n’inzira y’umusaraba yanyuzemo n’uburyo yarokotse. Yasabye urubyiruko kutarebera ushaka gusenya ibimaze kubakwa.

Yabwiye urubyiruko ko rufite uruhare rwo kubaka iki gihugu, kwiyubaka no kubaka amateka yarwo kandi bagaharanira kwihesha agaciro kuko ari ko kubahisha abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Ndagira ngo nkangurire urubyiruko, ntimukabone umuntu uje gusenya ibyo bakuru bacu cyangwa se namwe mufitemo uruhare, ngo mwicare aho ngaho murebere. Muzarebera avune umuheha umwe, avune uwa kabiri, uwa gatatu musange imiheha yose yavunitse.”

Perezida wa Ibuka, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yashimye icyemezo cya Minisiteri y’uburezi cyo kongera kwigisha amateka y’u Rwanda abanyeshuri kugira ngo bazavemo Abanyarwanda beza babasha gusubiza ibibazo by’igihugu.

Yagarutse ku bikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside bikomeje kugaragara rimwe na rimwe bikagaragaramo abigeze guhamwa n’icyaha cya Jenoside.

Yatunze urutoki bamwe mu bacamanza badaha uburemere icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, agasaba ko hasuzumwa itegeko rihana rigakurwamo ibyuho, kandi hagasuzumwa niba abo bacamanza bake batirengagiza nkana amategeko, niba badafite ingengabitekerezo ya Jenoside cyangwa se ngo babe bakoreshwa na ruswa.

Yagize ati “Itegeko rirebana n’ingengabitekerezo rigomba gukurikizwa neza, hanasuzumwa ndetse uburyo ryavugururwa kugirango ryo guha abacamanza bamwe , ntabwo ari benshi, babona icyuho cyo kuba bagabanya ibihano uko bashaka.”

Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko uyu mugoroba ari umwanya wo kwibuka abazize Jenoside no kubaka ahazaza heza.

Insanganyamatsiko yo kwibuka abazize Jenoside uyu mwaka igira iti “Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, dushyigikira ibyiza twagezeho”.

-6264.jpg

-6265.jpg

-6266.jpg

Mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bazagira ibiganiro ku buryo bwiza bwo gukomeza gushyigikira iterambere Abanyarwanda bamaze kugeraho mu mibereho myiza n’ubukungu.

2017-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

RUSHYASHYA 11 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad
Amakuru

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa
ITOHOZA

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 10 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru