• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017 HIRYA NO HINO

Nyuma yo kuba mu mateka mabi y’u Rwanda kugeza kuri Jenoside yakorewe abatutsi, Padiri Theogene Iyakaremye yasanze umusanzu akwiye gutanga ari uwo kwigisha urubyiruko ibijyanye n’amahoro abinyujije mu muryango association de jeunes de saint Charles Lwanga (AJECL).

Kuri iki cyumweru, kuri Paroisse ya Butamwa mu Karere ka Kicukiro, urubyiruko rugera kuri 59 harimo abanyeshuri n’abatari abanyeshuri bahawe impamyabushobozi nyuma y’umwaka bigishwa ibijyanye n’amahoro, mu mushinga wiswe “Gwiza amahoro” wa AJECL.

Uru rubyiruko rwigishwa gutekereza neza no kujya mubikorwa babanje kureba niba byubaka umubano wabo n’Imana, bo ubwabo n’abandi n’ibintu byose kuko kunoza iyo mibano uko ari ine ari yo nzira yonyine yo kugira ituze ry’umutima ariyo mahoro nyakuri nk’uko Padiri abivuga.

Aganira n’itangazamakuru Padiri Iyakaremye yatangaje ko jenoside yabaye yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, we na bagenzi be bataramenya ibibazo biri mu gihugu.

Avuga kandi ko yatakaje benshi mu nshuti ze, ngo ariko ntiyiyumvishaga ukuntu abana bakinaga umunsi ku wundi ku ishuri bahise bahinduka abanzi bakanicwa. Ariko icyamushenguye cyane kwari ukubona urubyiruko rwishora mu bwicanyi.

Ati “Hari urubyiruko rwishoye mu bwicanyi muri jenoside atari uko rufite urwango, ahubwo ari ukubera ko rutarezwe mu buryo rugomba kumenya ikibi n’icyiza, hanyuma rugafata icyemezo kizima. Turi kurera urubyiruko ruhora ruri maso ku buryo ntawagira icyo abakinga ngo ahungabanye muri bo iyo mibano ine, cyangwa ngo abashore mu bikorwa byayihungabanya mu bandi aho bari hose. »

Gaju Grace Divine umunyeshuri muri Lycée de Kigali, yatangaje ko amasomo bakuyemo azajya abafasha gukemura amakimbirane mu buzima bwa buri munsi.
Ati « hari ukuntu abantu bagirana amakimbirane maze bakarwana cyangwa se bakangana aho kwicara hamwe ngo baganire mu mahoro bashakire umuti hamwe. Ibi nzabyigisha bagenzi banjye ku ishuri n’aho nkomoka. »

Padiri Iyamuremye avuga ko buri mwana wahuguwe afite inshingano zo kuzana abandi 5 bazahugurwa umwaka utaha.

Ngo intego ni ukuba aya masomo yageze ku bantu 1000 muri 2020, na ho muri 2030 urubyiruko ibihumbi 30 rukaba rwabonye amasomo ku mahoro.

Uyu mupadiri afite gahunda izageza mu mwaka wa 2100, aho urubyiruko miliyoni ruturuka mu Rwanda, mu Karere no muri Afurika ruzaba rwahawe ano masomo.
Justus Kangwagye umukozi ushinzwe imiyoborere na serivisi muri RGB yatangaje ko ikigo akorera gishyigikira buri muntu wese utera intambwe iganisha igihugu imbere, akaba yarasabye urubyiruko guharanira gusiga umusanzu uzatuma bahora bibukwaho ibintu byiza mu myaka myinshi izaza.

-8109.jpg

Uyu muryango ugendera ku buzima bwa Mutagatifu Charles Lwanga. Ukuri, ubwisanzure, ubworoherane, ubuvandimwe no gukunda igihugu, ni bimwe mu byaranze ubuzima bw’uyu mutagatifu wo mu gihugu cya Uganda.

Uyu mutagatifu yishwe kuko yari yanze gukora ibyo umwami yamutegekaga binyuranye n’indangagaciro za gikirisitu.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23
ITOHOZA

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.
Mu Mahanga

Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Mu Rwanda

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru