• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Ubwanditsi 09 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, riratangaza ko hari kuvugururwa amategeko ku buryo igihano cyahabwaga umuntu utwaye imodoka avugira kuri telefoni gishobora kwikuba inshuro icumi kikava ku mafaranga ibihumbi 10 Frw kikaba ibihumbi 100 Frw.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2018 Polisi yakoze umukwabu mu mihanda minini ugamije kureba niba amategeko yubahirizwa mu rwego rwo gukumira no kurwanya impanuka zikomeje gukomeretsa no guhitana ubuzima bw’abantu.

Ni igikorwa cyabaye gikurikira impanuka zitandukanye zatewe ahanini no kuba hari abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri terefone, umuvuduko ukabije, uburangare mu gutwara ibinyabiziga, imiterere y’ibinyabiziga no kunanirwa kubahiriza amategeko arengera abanyamaguru by’umwihariko.

Urugero mu mukwabu wabereye ku muhanda wa Nyabugogo-Muhima-mu Mujyi, abapolisi bafashe imodoka 45 mu gihe kitarenze isaha imwe, aho bashoferi bakoreshaga telefoni batwaye imodoka.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP Rafiki Mujiji, yatangaje ko gukoresha telefoni umuntu atwaye imodoka ari kimwe mu biteza impanuka cyane muri iki gihe.

Ati “ Telefoni itwara ibitekerezo by’umushoferi, irangaza ubwonko bwe; niyo mpamvu ari kimwe mu byo turimo kwitaho muri iki gikorwa ariko turakomeza kwigisha abagenzi ntibakomeze kubyemerera ababatwaye gukora icyashyira ubuzima bwabo mu kaga.”

Impanuka zikomoka ku gukoresha telefoni utwaye ikinyabiziga, umuvuduko ukabije, imitwarire mibi no kwica amategeko y’umuhanda zigera kuri 90% ya 78 zikomeye zabaye muri Mutarama.

Inyinshi muri izi mpanuka zakozwe n’imodoka z’abantu ku giti cyabo n’abamotari, abanyamagare n’abanyamaguru ari nabo benshi baziguyemo.

CP Mujiji yakomeje agira ati “ Impanuka ziterwa n’imodoka zitwara abagenzi n’imizigo zigera kuri 65% bitewe ahanini no kutagira utugabanyamuvuduko, zikaba zigera ku modoka 90 muri ibi byiciro byombi; ariko kuri ubu haravugwa umuvuduko ukabije mu modoka zidatwara abagenzi, ibi bikaba bifatanye no gukoresha telefoni , kikaba ari ikibazo turimo gukemura hifashishijwe ubukangurambaga tutibagiwe no gukurikiza amategeko kubabifatirwamo.”

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko nibura abanyamaguru 12 bishwe n’impanuka mu kwezi gushize konyine.

Yanibukije ariko ko itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ririmo gusubirwamo hagamijwe kongera ibihano ku bawukoreramo amakosa atandukanye aho nk’igihano cyo kuvugira kuri telefoni utwaye gishobora kuzava ku mafaranga 10,000 kikikuba inshuro icumi kikagera ku 100,000 Frw.

Ibi bizajyana ko kongera igifungo kitarenzaga amezi atandatu ndetse bikurikirwe no kwamburwa uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga aho bizaba ngombwa.

Polisi isobanura ko itegeko ririho ubu ryagaragaje intege nke cyane cyane mu nkiko aho umuntu umwe wenyine ariwe umaze guhagarikirwa uruhushya rwe mu myaka ine ishize ku magana y’impanuka zabaye; mu gihe uburangare buto bw’umushoferi bushobora guhitana ubuzima bw’abantu benshi.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro
POLITIKI

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Ubwanditsi 07 Feb 2018
APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.
Amakuru

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe
Amakuru

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Ubwanditsi 14 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru