• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Ubwanditsi 09 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, riratangaza ko hari kuvugururwa amategeko ku buryo igihano cyahabwaga umuntu utwaye imodoka avugira kuri telefoni gishobora kwikuba inshuro icumi kikava ku mafaranga ibihumbi 10 Frw kikaba ibihumbi 100 Frw.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2018 Polisi yakoze umukwabu mu mihanda minini ugamije kureba niba amategeko yubahirizwa mu rwego rwo gukumira no kurwanya impanuka zikomeje gukomeretsa no guhitana ubuzima bw’abantu.

Ni igikorwa cyabaye gikurikira impanuka zitandukanye zatewe ahanini no kuba hari abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri terefone, umuvuduko ukabije, uburangare mu gutwara ibinyabiziga, imiterere y’ibinyabiziga no kunanirwa kubahiriza amategeko arengera abanyamaguru by’umwihariko.

Urugero mu mukwabu wabereye ku muhanda wa Nyabugogo-Muhima-mu Mujyi, abapolisi bafashe imodoka 45 mu gihe kitarenze isaha imwe, aho bashoferi bakoreshaga telefoni batwaye imodoka.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP Rafiki Mujiji, yatangaje ko gukoresha telefoni umuntu atwaye imodoka ari kimwe mu biteza impanuka cyane muri iki gihe.

Ati “ Telefoni itwara ibitekerezo by’umushoferi, irangaza ubwonko bwe; niyo mpamvu ari kimwe mu byo turimo kwitaho muri iki gikorwa ariko turakomeza kwigisha abagenzi ntibakomeze kubyemerera ababatwaye gukora icyashyira ubuzima bwabo mu kaga.”

Impanuka zikomoka ku gukoresha telefoni utwaye ikinyabiziga, umuvuduko ukabije, imitwarire mibi no kwica amategeko y’umuhanda zigera kuri 90% ya 78 zikomeye zabaye muri Mutarama.

Inyinshi muri izi mpanuka zakozwe n’imodoka z’abantu ku giti cyabo n’abamotari, abanyamagare n’abanyamaguru ari nabo benshi baziguyemo.

CP Mujiji yakomeje agira ati “ Impanuka ziterwa n’imodoka zitwara abagenzi n’imizigo zigera kuri 65% bitewe ahanini no kutagira utugabanyamuvuduko, zikaba zigera ku modoka 90 muri ibi byiciro byombi; ariko kuri ubu haravugwa umuvuduko ukabije mu modoka zidatwara abagenzi, ibi bikaba bifatanye no gukoresha telefoni , kikaba ari ikibazo turimo gukemura hifashishijwe ubukangurambaga tutibagiwe no gukurikiza amategeko kubabifatirwamo.”

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko nibura abanyamaguru 12 bishwe n’impanuka mu kwezi gushize konyine.

Yanibukije ariko ko itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ririmo gusubirwamo hagamijwe kongera ibihano ku bawukoreramo amakosa atandukanye aho nk’igihano cyo kuvugira kuri telefoni utwaye gishobora kuzava ku mafaranga 10,000 kikikuba inshuro icumi kikagera ku 100,000 Frw.

Ibi bizajyana ko kongera igifungo kitarenzaga amezi atandatu ndetse bikurikirwe no kwamburwa uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga aho bizaba ngombwa.

Polisi isobanura ko itegeko ririho ubu ryagaragaje intege nke cyane cyane mu nkiko aho umuntu umwe wenyine ariwe umaze guhagarikirwa uruhushya rwe mu myaka ine ishize ku magana y’impanuka zabaye; mu gihe uburangare buto bw’umushoferi bushobora guhitana ubuzima bw’abantu benshi.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Ubwanditsi 16 Mar 2018
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Ubwanditsi 25 Jun 2020
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Ubwanditsi 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.
INKURU NYAMUKURU

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Ubwanditsi 22 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru