• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Abashoferi Bitaba Telefone Banatwaye ibinyabiziga akabo kashobotse

Ubwanditsi 09 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, riratangaza ko hari kuvugururwa amategeko ku buryo igihano cyahabwaga umuntu utwaye imodoka avugira kuri telefoni gishobora kwikuba inshuro icumi kikava ku mafaranga ibihumbi 10 Frw kikaba ibihumbi 100 Frw.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2018 Polisi yakoze umukwabu mu mihanda minini ugamije kureba niba amategeko yubahirizwa mu rwego rwo gukumira no kurwanya impanuka zikomeje gukomeretsa no guhitana ubuzima bw’abantu.

Ni igikorwa cyabaye gikurikira impanuka zitandukanye zatewe ahanini no kuba hari abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri terefone, umuvuduko ukabije, uburangare mu gutwara ibinyabiziga, imiterere y’ibinyabiziga no kunanirwa kubahiriza amategeko arengera abanyamaguru by’umwihariko.

Urugero mu mukwabu wabereye ku muhanda wa Nyabugogo-Muhima-mu Mujyi, abapolisi bafashe imodoka 45 mu gihe kitarenze isaha imwe, aho bashoferi bakoreshaga telefoni batwaye imodoka.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP Rafiki Mujiji, yatangaje ko gukoresha telefoni umuntu atwaye imodoka ari kimwe mu biteza impanuka cyane muri iki gihe.

Ati “ Telefoni itwara ibitekerezo by’umushoferi, irangaza ubwonko bwe; niyo mpamvu ari kimwe mu byo turimo kwitaho muri iki gikorwa ariko turakomeza kwigisha abagenzi ntibakomeze kubyemerera ababatwaye gukora icyashyira ubuzima bwabo mu kaga.”

Impanuka zikomoka ku gukoresha telefoni utwaye ikinyabiziga, umuvuduko ukabije, imitwarire mibi no kwica amategeko y’umuhanda zigera kuri 90% ya 78 zikomeye zabaye muri Mutarama.

Inyinshi muri izi mpanuka zakozwe n’imodoka z’abantu ku giti cyabo n’abamotari, abanyamagare n’abanyamaguru ari nabo benshi baziguyemo.

CP Mujiji yakomeje agira ati “ Impanuka ziterwa n’imodoka zitwara abagenzi n’imizigo zigera kuri 65% bitewe ahanini no kutagira utugabanyamuvuduko, zikaba zigera ku modoka 90 muri ibi byiciro byombi; ariko kuri ubu haravugwa umuvuduko ukabije mu modoka zidatwara abagenzi, ibi bikaba bifatanye no gukoresha telefoni , kikaba ari ikibazo turimo gukemura hifashishijwe ubukangurambaga tutibagiwe no gukurikiza amategeko kubabifatirwamo.”

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko nibura abanyamaguru 12 bishwe n’impanuka mu kwezi gushize konyine.

Yanibukije ariko ko itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ririmo gusubirwamo hagamijwe kongera ibihano ku bawukoreramo amakosa atandukanye aho nk’igihano cyo kuvugira kuri telefoni utwaye gishobora kuzava ku mafaranga 10,000 kikikuba inshuro icumi kikagera ku 100,000 Frw.

Ibi bizajyana ko kongera igifungo kitarenzaga amezi atandatu ndetse bikurikirwe no kwamburwa uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga aho bizaba ngombwa.

Polisi isobanura ko itegeko ririho ubu ryagaragaje intege nke cyane cyane mu nkiko aho umuntu umwe wenyine ariwe umaze guhagarikirwa uruhushya rwe mu myaka ine ishize ku magana y’impanuka zabaye; mu gihe uburangare buto bw’umushoferi bushobora guhitana ubuzima bw’abantu benshi.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau
INKURU NYAMUKURU

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Ubwanditsi 17 May 2018
Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga
Mu Mahanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye
INKURU NYAMUKURU

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru