• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Loni irasaba ko hakorwa iperereza nyaryo nyuma yaho Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu “Human Rights Watch” ushyize mu majwi  Leta ya Joseph Kabila gukoresha bamwe mu barwanyi ba M23 kugirango agume ku butegetsi mu Ukuboza 2016.

Umuvugizi wa Monusco, Charles Bambara avuga ko Perezida wa Congo-Kinshasa, Joseph Kabila ashobora kuba yarakoresheje aba barwanyi ba M23 nk’ abacanshuro mu kiganiro na RFI.

Ibi bije bishimangira raporo HRW yise « Mission spéciale » ku itariki 4 Ukuboza 2017, yavugaga ko hari abasirikare bakuru ba FARDC bakoresheje ingabo zisaga 200 za M23 mu kurwanya abigaragambyaga barwanya Joseph Kabila i Kinshasa muri 2016.

 Iyi raporo ya Human Rights Watch yemeza kandi ko aba barwanyi ba M23 bakoreshejwe mu guhosha imyigaragambyo yaguyemo abantu 62 ku itariki 19 na 20 Ukuboza 2016.

Ida Sawyer, uyobora HRW muri Afurika yo Hagati agira ati “Amakuru ya mbere twabonye mu Ukuboza 2017 yavugaga ko hari amanama hagati y’ abayobozi bo muri Kivu y’ Amajyarugu yavugwagamo Joseph Kabila ashaka gukoresha M23 mu kumurinda”.

Akomeza avuga ko na nyuma yaho bagiye babona amakuru ku mpande zose yemeza ko Kabila yakoresheje abarwanyi ba M23.

Muri iki cyegeranyo cyayo, HRW  ivuga ko yakusanyije ubuhamya bw’ abantu 120 batandukanye barimo n’ abarwanyi 13 ba M23, abanyepolitiki ndetse n’abasirikare ba Leta

Leta ya Congo-Kinshasa yikomye HRW

Kuri iyi ngingo, Minisitiri w’ uburengenzira bwa muntu muri Congo-Kinshasa, Marie-Ange Mushobekwa, yagize ati “Birababaje cyane gutekereza ko RDC yakenera gukoresha M23 mu kurinda umutekano wayo mu gihe ifite ingabo ndetse na polisi”.

Yakomeje avuga ko umuryango HRW utangaza raporo zidafite inshingiro ahubwo zikurikije amahame nshingiro y’ imikorere yayo n’ingungu zayo bwite (méthodologie fondamentale).

M23 ishinjwa gukoreshwa na Joseph kabila

Kimwe n’ inkuru ishinja Kabila gukoresha M23 mu gutatanya abigaragambyaga i Kinshasa mu Ukuboza 2017,  M23 yahakanye yivuye inyuma kugira uruhare mu gitero  cyabereye i Beni kuwa 22 Kamena 2017. 

Muri iki gitero haguyemo inyeshamba 13 hakomereka benshi ndetse hanagwamo abasirikare 3 ku ruhande rwa Leta ya Congo-Kinshasa(FARDC).

M23 yashinjije abarwanyi ba Maï Maï , ADF ndetse na  FDLR kuba nyuma y’ icyo gitero gikomeye cyabereye i Beni.

Umutwe witwara gisirikare wiyise MNR niwo waje kwigamba iki gitero nubwo kugeza magingo aya M23 ishyirwa mu majwi gukorana n’ amatsinda atandukanye y’ inyeshamba mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, Umuyobozi Mukuru mu Biro bya Perezida wa M23 , Elie Mutela akomeza abihakana.

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 31 Oct 2019
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Burundi imaze kwemeza mu nyandiko ko umurambo wa Bihozagara ucyurwa mu Rwanda
ITOHOZA

Leta y’u Burundi imaze kwemeza mu nyandiko ko umurambo wa Bihozagara ucyurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Ubwanditsi 18 Aug 2022
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”
Amakuru

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru