• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amb. Amri Sued yitabye Imana

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Ubwanditsi 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Ambasaderi Amri Sued Ismael wahagarariye u Rwanda mu bihugu bitandukanye akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ukwakira 2017.

Amb. Amri Sued akirangiza amashuri ahagana mu 1970 yabanje kuba umuyobozi wa Radio Rwanda, havutse ikigo cy’itangazamakuru (Orinfor) abanza kukiyobora, nyuma ajya gukorera umuryango OCAM (Organisation Commun des Pays d’Afrique et Malgache), aho yari afite icyicaro i Abidjan muri muri Côte d’Ivoire.

Niho yavuye ajya kuba Ambasaderi w’u Rwanda i Nairobi, avuyeyo akora muri protocole y’Umukuru w’Igihugu ndetse aza kuyiyobora. Icyo gihe hari mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Nyuma yayo yabaye ambasaderi mu Misiri ubwo ambasade z’u Rwanda zari zongeye gufungura, avayo mu 1999 aba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, umwanya yasimbuweho na Iyamuremye Augustin.

Ambasaderi Sued yabaye Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane kugeza igihe agiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Sheikh Abdul Karim Harerimana uri mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye wanakoranye cyane na Amb. Amri Sued, yavuze ko amakuru bafite ari uko yaguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal azize uburwayi.

Yagize ati “Yabanje kugagara ingingo (paralysé) igihe kirekire, nyuma aza kugira uburwayi bw’impyiko. Baje kumutera ikinya bagiye kumubaga ahita ajya muri muri koma, birangira gutyo.”

“Yari umuntu w’umudiplomate. Urabona bagira ukuntu bitwara, yari azi kubana n’abantu cyane kandi akabana n’abantu b’ingeri zose. Yari azi gutsura umubano no kuwushakisha mu rwego rw’akazi ke, yari umunyamurava. Niyo mpamvu nubwo izabukuru zari zarageze habayeho kuba bamwongerera igihe akaba agumye mu kazi.”

Amb Sued yitabye Imana afite imyaka 75 akaba asize umugore n’abana barimo umwe nawe winjiye mu murimo nk’uwa Se wo guhagararira u Rwanda mu mahanga.

Muri Mata 2015 ubwo inama idasanzwe y’Abaminisitiri yemezaga impinduka mu buyobozi bwa za Ambasade z’u Rwanda ziri hirya no hino ku Isi, umukobwa we, Yasmin D. Amri-Sued yoherejwe nk’Umujyanama wa kabiri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

-8236.jpg

Nyakwigendera Ambasaderi Amri Sued Ismael

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 09 May 2017
Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga

Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga

Ubwanditsi 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe
Mu Rwanda

Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102
HIRYA NO HINO

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC
Amakuru

Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Ubwanditsi 04 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru