• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amb. Amri Sued yitabye Imana

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Ubwanditsi 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Ambasaderi Amri Sued Ismael wahagarariye u Rwanda mu bihugu bitandukanye akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ukwakira 2017.

Amb. Amri Sued akirangiza amashuri ahagana mu 1970 yabanje kuba umuyobozi wa Radio Rwanda, havutse ikigo cy’itangazamakuru (Orinfor) abanza kukiyobora, nyuma ajya gukorera umuryango OCAM (Organisation Commun des Pays d’Afrique et Malgache), aho yari afite icyicaro i Abidjan muri muri Côte d’Ivoire.

Niho yavuye ajya kuba Ambasaderi w’u Rwanda i Nairobi, avuyeyo akora muri protocole y’Umukuru w’Igihugu ndetse aza kuyiyobora. Icyo gihe hari mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Nyuma yayo yabaye ambasaderi mu Misiri ubwo ambasade z’u Rwanda zari zongeye gufungura, avayo mu 1999 aba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, umwanya yasimbuweho na Iyamuremye Augustin.

Ambasaderi Sued yabaye Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane kugeza igihe agiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Sheikh Abdul Karim Harerimana uri mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye wanakoranye cyane na Amb. Amri Sued, yavuze ko amakuru bafite ari uko yaguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal azize uburwayi.

Yagize ati “Yabanje kugagara ingingo (paralysé) igihe kirekire, nyuma aza kugira uburwayi bw’impyiko. Baje kumutera ikinya bagiye kumubaga ahita ajya muri muri koma, birangira gutyo.”

“Yari umuntu w’umudiplomate. Urabona bagira ukuntu bitwara, yari azi kubana n’abantu cyane kandi akabana n’abantu b’ingeri zose. Yari azi gutsura umubano no kuwushakisha mu rwego rw’akazi ke, yari umunyamurava. Niyo mpamvu nubwo izabukuru zari zarageze habayeho kuba bamwongerera igihe akaba agumye mu kazi.”

Amb Sued yitabye Imana afite imyaka 75 akaba asize umugore n’abana barimo umwe nawe winjiye mu murimo nk’uwa Se wo guhagararira u Rwanda mu mahanga.

Muri Mata 2015 ubwo inama idasanzwe y’Abaminisitiri yemezaga impinduka mu buyobozi bwa za Ambasade z’u Rwanda ziri hirya no hino ku Isi, umukobwa we, Yasmin D. Amri-Sued yoherejwe nk’Umujyanama wa kabiri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

-8236.jpg

Nyakwigendera Ambasaderi Amri Sued Ismael

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017
GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase
Mu Rwanda

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 07 Nov 2017
RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida
POLITIKI

RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru