• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu Rwanda bavuye mu matora yabaye mu mucyo no mu mutuzo, none amaso yose yerekejwe muri Kenya aho babyukira mu matora ejo kuwa kabiri tariki 8/8/2017.

Ibintu bibiri nibyo bituma ahanini abantu benshi bakurikiraniye hafi ayo matora yo muri Kenya. Icya mbere ni ukureba yuko ayo matora azaba mu mahoro nk’uko byagenze hano mu Rwanda. Icya kabiri ni ukureba yuko Uhuru Kenyatta wari usanzwe ari Perezida azongera kwegukana intsinzi nk’uko Perezida Kagame yongeye kuyegukana hano mu Rwanda.

Ku kibazo cy’uko amatora yarangwa n’amahoro aho muri Kenya gikomoka ahanini kuri za mvururu zakurikiye amatora nk’ayo muri icyo gihugu muri 2007. Kugeza ubu ariko nta kintu gikomeye cyo guhungabanya umutekano cyari cyagaragara uretse iyicwa ry’uwari umuyobozi w’ishami ry’itumanaho n’ikorana buhanga muri komisiyo y’amatora (IEBC), Chris Musando.

Kuba ariko Kenya yinjiye mu matora nta bikorwa bikomeye byo guhungabanya umutekano byari byigaragaza ntabwo bivuze yuko ibintu bigomba kurangira mu mutuzo nk’uko byagenze hano mu Rwanda. No muri 2007 amatora yakozwe mu mutuzo ariko imvururu zaduka nyuma yo gutangaza ibyayavuyemo. Abo ku ruhande rwa Raila Odinga banze kwemera yuko Mwai Kibaki ariwe wari wayatsinze, umuriro uraka abantu baricwa abandi bakaba batarasubira mu byabo kugeza ubu !

-224.png

Perezida Uhuru Kenyatta

Ku bijyanye n’uko Kenyatta nawe yakongera gutsinda amatora nk’uko Kagame yongeye kuyatsinda hano mu Rwanda biragoranye kumenya kuko ayo matora ya Kenya arimo imibare myinshi.

Bitandukanye no mu Rwanda no mu gihugu bituranye cya Tanzania, amatora muri Kenya ashingira ku moko aho gushingira ku cyo uwiyamamaza yamariye cyangwa babona azamarira igihugu.

Nubwo muri Kenya abazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika ari umunani ari uwo mwanya ugomba kwegukanwa na Uhuru Kenyatta cyangwa Raila Odinga. Aba bagabo bombi ntabwo ari ubwambere bahataniye uwo mwanya kuko no mu matora ya 2012 bawuhataniye, Kenyata akawegukana abonye amajwi atageze kuri 51 % !

Abanyakenya binjiye mu matora bugarijwe n’amapfa akabije akomoka ku ibura ry’imvura, ruswa ivugiriza, ifaranga guta agaciro, ubushomeri bukabije rimwe n’imyigaragambyo y’abakozi nk’abaganga. Ntabwo ariko usanga abakandida Perezida bibanda cyane ku buryo bazakemura ibyo bibazo, ahubwo ugasanga bari mu mibare y’amajwi bazayora azaba aturutse ku moko abashyigikiye.

-7506.jpg

Raila Odinga

Amoko muri Kenya afite abantu benshi ni atanu, ugasanga abo bakandida bitegura intsinzi ariyo babarizwamo. Ayo moko ni Kikuyu (miliyoni 6.6), Luhya (miliyoni 5.3), Kalenjin (miliyoni 5.0), Luo (miliyoni 4.0) na Kamba (miliyoni 3.9).

Uko rero niko ubushize Uhuru Kenyatta ( Kikuyu) yishyize hamwe na William Ruto ( Kalenjin ) batsinda amatora ya 2012, ikaba ari nayo mpamvu ubu Raila Odinga (Luo) yishize hamwe na Musaliya Mudavad ( Luhya) na Jalonzo Musyoka ( Kamba).

Abo muri Jubilee ya Kenyatta na NASA ya Odinga bagenda kandi biyegereza abantu bakomeye kuva mu yandi moko babasezeranya imyanya ikomeye muri leta cyangwa ubufasha mu kwiyamamariza indi myanya muri aya matora. Muri aya matora azakorwa ejo muri Kenya uretse umwanya w’umukuru w’igihugu bazaba banahatanira imyanya y’ubudepite, ubusenateri, ba guverineri b’intara n’ubumeya.

Kayumba Casmiry

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Ubwanditsi 09 May 2017
“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Ubwanditsi 19 Jan 2017

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda
IMIKINO

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Ubwanditsi 30 Jan 2019
RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’
Mu Rwanda

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru