• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu Rwanda bavuye mu matora yabaye mu mucyo no mu mutuzo, none amaso yose yerekejwe muri Kenya aho babyukira mu matora ejo kuwa kabiri tariki 8/8/2017.

Ibintu bibiri nibyo bituma ahanini abantu benshi bakurikiraniye hafi ayo matora yo muri Kenya. Icya mbere ni ukureba yuko ayo matora azaba mu mahoro nk’uko byagenze hano mu Rwanda. Icya kabiri ni ukureba yuko Uhuru Kenyatta wari usanzwe ari Perezida azongera kwegukana intsinzi nk’uko Perezida Kagame yongeye kuyegukana hano mu Rwanda.

Ku kibazo cy’uko amatora yarangwa n’amahoro aho muri Kenya gikomoka ahanini kuri za mvururu zakurikiye amatora nk’ayo muri icyo gihugu muri 2007. Kugeza ubu ariko nta kintu gikomeye cyo guhungabanya umutekano cyari cyagaragara uretse iyicwa ry’uwari umuyobozi w’ishami ry’itumanaho n’ikorana buhanga muri komisiyo y’amatora (IEBC), Chris Musando.

Kuba ariko Kenya yinjiye mu matora nta bikorwa bikomeye byo guhungabanya umutekano byari byigaragaza ntabwo bivuze yuko ibintu bigomba kurangira mu mutuzo nk’uko byagenze hano mu Rwanda. No muri 2007 amatora yakozwe mu mutuzo ariko imvururu zaduka nyuma yo gutangaza ibyayavuyemo. Abo ku ruhande rwa Raila Odinga banze kwemera yuko Mwai Kibaki ariwe wari wayatsinze, umuriro uraka abantu baricwa abandi bakaba batarasubira mu byabo kugeza ubu !

-224.png

Perezida Uhuru Kenyatta

Ku bijyanye n’uko Kenyatta nawe yakongera gutsinda amatora nk’uko Kagame yongeye kuyatsinda hano mu Rwanda biragoranye kumenya kuko ayo matora ya Kenya arimo imibare myinshi.

Bitandukanye no mu Rwanda no mu gihugu bituranye cya Tanzania, amatora muri Kenya ashingira ku moko aho gushingira ku cyo uwiyamamaza yamariye cyangwa babona azamarira igihugu.

Nubwo muri Kenya abazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika ari umunani ari uwo mwanya ugomba kwegukanwa na Uhuru Kenyatta cyangwa Raila Odinga. Aba bagabo bombi ntabwo ari ubwambere bahataniye uwo mwanya kuko no mu matora ya 2012 bawuhataniye, Kenyata akawegukana abonye amajwi atageze kuri 51 % !

Abanyakenya binjiye mu matora bugarijwe n’amapfa akabije akomoka ku ibura ry’imvura, ruswa ivugiriza, ifaranga guta agaciro, ubushomeri bukabije rimwe n’imyigaragambyo y’abakozi nk’abaganga. Ntabwo ariko usanga abakandida Perezida bibanda cyane ku buryo bazakemura ibyo bibazo, ahubwo ugasanga bari mu mibare y’amajwi bazayora azaba aturutse ku moko abashyigikiye.

-7506.jpg

Raila Odinga

Amoko muri Kenya afite abantu benshi ni atanu, ugasanga abo bakandida bitegura intsinzi ariyo babarizwamo. Ayo moko ni Kikuyu (miliyoni 6.6), Luhya (miliyoni 5.3), Kalenjin (miliyoni 5.0), Luo (miliyoni 4.0) na Kamba (miliyoni 3.9).

Uko rero niko ubushize Uhuru Kenyatta ( Kikuyu) yishyize hamwe na William Ruto ( Kalenjin ) batsinda amatora ya 2012, ikaba ari nayo mpamvu ubu Raila Odinga (Luo) yishize hamwe na Musaliya Mudavad ( Luhya) na Jalonzo Musyoka ( Kamba).

Abo muri Jubilee ya Kenyatta na NASA ya Odinga bagenda kandi biyegereza abantu bakomeye kuva mu yandi moko babasezeranya imyanya ikomeye muri leta cyangwa ubufasha mu kwiyamamariza indi myanya muri aya matora. Muri aya matora azakorwa ejo muri Kenya uretse umwanya w’umukuru w’igihugu bazaba banahatanira imyanya y’ubudepite, ubusenateri, ba guverineri b’intara n’ubumeya.

Kayumba Casmiry

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwanditsi 15 Jun 2016
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025
Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga
ITOHOZA

Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yatorotse Gereza ya Mpanga

Ubwanditsi 04 Nov 2017
U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo
INKURU NYAMUKURU

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware
Mu Mahanga

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru