• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Ubwanditsi 06 Dec 2017 Mu Rwanda

Niba hari ikintu ubu abanyamakuru hano mu Rwanda  bavugaho cyane ni umushinga w’ingingo z’amategeko ziri mu nteko nshingamategeko bahamya yuko ziramutse zemejwe zabangamira cyane ubwisanzure bw’itangazamakuru bikanaba byahesha isura mbi igihugu cy’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ibi byatumye urwego rw’abanyamakuru b’igenzura (RMC) n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), bafatanyije n’iko cy’itangazamakuru  Pax Press ejo kuwa kabiri batumiza inama y’itabiriwe n’abanyamakuru benshi cyane, baganira ku bubi bw’izo ngingo z’umushinga w’iryo tegeko banafatira hamwe ingamba zatuma utakwemezwa n’intumwa za rubanda mu nteko nshingamategeko.

Izongingo zo muri uwo mushinga w’itegeko zinengwa cyane n’abanyamakuru harimo iy’i 169 ivuga ibyo gusebanya, iya 254 ivuga ibyo gukoza isoni  bamwe bayobozi b’igihugu n’iya 257 ivuga ibyo gutesha agaciro  umukuru w’igihugu. Izi ngingo zose zivuga guhana zihanukiriye umunyamakuru wakora ibizivugwamo binyuze mu nyandiko cyangwa mu mashusho.

Uhamwe n’ibyaha bikubiye mu ngingo y’i 169 yahanishwa igifungo hagati y’amezi atandatu n’umwaka, iya 254 agahanishwa igifungo hagati y’umwaka n’imyaka ibiri, hamwe n’ihazabu y’amafaranga hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni. Ingingo ya 257 agahanishwa igifungo hagati y’imyaka itanu n’imyaka irindwi, ihazabu nayo ikaba hagati y’amafaranga miliyoni eshanu na zirindwi.

Iyo nama y’abo banyamakuru yakorerewe muri Diplomate Hotel hano mu mujyi wa Kigali yafashe umwanzuro w’uko hahita hashyirwaho itsinda rigizwe n’abanyamakuru, abanyamategeko n’abashakashatsi zikazanonsonsora izo ngingo z’uwo mushinga w’itegeko hanyuma bahe raporo inteko nshingamategeko, banagenere kopi buri rwego bireba harimo umukuru w’igihugu na Minisiteri y’ubutabera ari nayo yateguye ikanatwara uwo mushinga w’itegeko mu nteko nshingamategeko.

Umwe mu bashakashatsi ikaba yari no muri iyo nama, Dr. Christopher Kayumba, avuga yuko uwo mushinga w’itegeko udashyize mu gaciro kuko abawuteguye bibaza yuko umuyobozi atari umuntu wa negwa cyangwa ngo abe yanyomoza. Kayumba, unigisha itangazamakuru muri kaminuza y’u Rwanda agasanga umuyobozi nk’uwo utanengwa cyangwa ngo anyomozwe atajyanye n’ibihe u Rwanda rurimo.

Ariko Dr. Kayumba Kimwe n’abanyamakuru benshi bari muri iyo nama  biha icyizere cy’uko Perezida Paul Kagame adashobora kwemeranya n’izo ngingo mbi ziri mu nteko kuko zambura icyubahiro igihugu cyacu amahanga azi yuko cyihesha agaciro.

Abanyamakuru mu kiganiro na Perezida Kagame

Benshi mu banyamakuru biha icyizere yuko abadepite badashobora kwemera yuko uwo mushinga w’itegeko uhita, kandi banawuhitishije Perezida Kagame yakwanga kuwusinya nk’uko yabikoze muri 2002 ubwo inteko nshingamategeko yahitishaga umushinga w’itegeko warimo ingingo iteganyiriza abanyamakuru igihano cyo kwicwa !

Abanyamakuru basanga ingingo nk’izo bitakabaye ngombwa gushyirwa mu itegeko  mpanabyaha kuko n’ubusanzwe abanyamakuru ubwabo babyikoreraga kandi bikagenda neza. Ibi bikubiye mu ngingo ya kabiri y’amahame agenga itangazamakuru. Iyi ngingo irabibuza kandi ikanabihanira. Basanga amakosa yo mu itangazamakuru adakabije cyane atakagombye guhanishwa igifungo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba
Mu Rwanda

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon
Mu Rwanda

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame
IMIKINO

Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru