• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Ubwanditsi 06 Dec 2017 Mu Rwanda

Niba hari ikintu ubu abanyamakuru hano mu Rwanda  bavugaho cyane ni umushinga w’ingingo z’amategeko ziri mu nteko nshingamategeko bahamya yuko ziramutse zemejwe zabangamira cyane ubwisanzure bw’itangazamakuru bikanaba byahesha isura mbi igihugu cy’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ibi byatumye urwego rw’abanyamakuru b’igenzura (RMC) n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), bafatanyije n’iko cy’itangazamakuru  Pax Press ejo kuwa kabiri batumiza inama y’itabiriwe n’abanyamakuru benshi cyane, baganira ku bubi bw’izo ngingo z’umushinga w’iryo tegeko banafatira hamwe ingamba zatuma utakwemezwa n’intumwa za rubanda mu nteko nshingamategeko.

Izongingo zo muri uwo mushinga w’itegeko zinengwa cyane n’abanyamakuru harimo iy’i 169 ivuga ibyo gusebanya, iya 254 ivuga ibyo gukoza isoni  bamwe bayobozi b’igihugu n’iya 257 ivuga ibyo gutesha agaciro  umukuru w’igihugu. Izi ngingo zose zivuga guhana zihanukiriye umunyamakuru wakora ibizivugwamo binyuze mu nyandiko cyangwa mu mashusho.

Uhamwe n’ibyaha bikubiye mu ngingo y’i 169 yahanishwa igifungo hagati y’amezi atandatu n’umwaka, iya 254 agahanishwa igifungo hagati y’umwaka n’imyaka ibiri, hamwe n’ihazabu y’amafaranga hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni. Ingingo ya 257 agahanishwa igifungo hagati y’imyaka itanu n’imyaka irindwi, ihazabu nayo ikaba hagati y’amafaranga miliyoni eshanu na zirindwi.

Iyo nama y’abo banyamakuru yakorerewe muri Diplomate Hotel hano mu mujyi wa Kigali yafashe umwanzuro w’uko hahita hashyirwaho itsinda rigizwe n’abanyamakuru, abanyamategeko n’abashakashatsi zikazanonsonsora izo ngingo z’uwo mushinga w’itegeko hanyuma bahe raporo inteko nshingamategeko, banagenere kopi buri rwego bireba harimo umukuru w’igihugu na Minisiteri y’ubutabera ari nayo yateguye ikanatwara uwo mushinga w’itegeko mu nteko nshingamategeko.

Umwe mu bashakashatsi ikaba yari no muri iyo nama, Dr. Christopher Kayumba, avuga yuko uwo mushinga w’itegeko udashyize mu gaciro kuko abawuteguye bibaza yuko umuyobozi atari umuntu wa negwa cyangwa ngo abe yanyomoza. Kayumba, unigisha itangazamakuru muri kaminuza y’u Rwanda agasanga umuyobozi nk’uwo utanengwa cyangwa ngo anyomozwe atajyanye n’ibihe u Rwanda rurimo.

Ariko Dr. Kayumba Kimwe n’abanyamakuru benshi bari muri iyo nama  biha icyizere cy’uko Perezida Paul Kagame adashobora kwemeranya n’izo ngingo mbi ziri mu nteko kuko zambura icyubahiro igihugu cyacu amahanga azi yuko cyihesha agaciro.

Abanyamakuru mu kiganiro na Perezida Kagame

Benshi mu banyamakuru biha icyizere yuko abadepite badashobora kwemera yuko uwo mushinga w’itegeko uhita, kandi banawuhitishije Perezida Kagame yakwanga kuwusinya nk’uko yabikoze muri 2002 ubwo inteko nshingamategeko yahitishaga umushinga w’itegeko warimo ingingo iteganyiriza abanyamakuru igihano cyo kwicwa !

Abanyamakuru basanga ingingo nk’izo bitakabaye ngombwa gushyirwa mu itegeko  mpanabyaha kuko n’ubusanzwe abanyamakuru ubwabo babyikoreraga kandi bikagenda neza. Ibi bikubiye mu ngingo ya kabiri y’amahame agenga itangazamakuru. Iyi ngingo irabibuza kandi ikanabihanira. Basanga amakosa yo mu itangazamakuru adakabije cyane atakagombye guhanishwa igifungo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Darfur: UN yambitse ingabo z’u Rwanda imidari y’ishimwe

Darfur: UN yambitse ingabo z’u Rwanda imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Bishop Rugagi yarekuwe

Bishop Rugagi yarekuwe

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ubwanditsi 28 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR
Amakuru

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye
Mu Mahanga

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Ubwanditsi 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru