• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia avuga ko igihugu cye gifite byinshi cyigiye k’u Rwanda, harimo n’imiyoborere myiza igaragarira buri wese.

Hailemariam Desalegn avuga ko kuba u Rwanda ari urwa mbere mu korohereza abashoramari biri mu byo Ethiopia igomba nayo kugeraho nk’uko biri mu Rwanda.

Ibi Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Village Urugwiro aho yari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’iminsi itatu uyu muyobozi na madamu we Roman Tesfaye barimo kugirira mu Rwanda kuva ku wa 26 Mata 2017.

Ubwo yabazwaga n’umunyamakuru icyo Ethiopia yigiye k’u Rwanda, Hailemariam Desalegn yavuze ko ari byinshi, gusa avuga ko hari bimwe bikomeye kandi byafasha abaturage be gutera imbere.

Yagize ati “ Icya mbere Abanyarwanda ni abantu beza, bakira ababagana neza, naho ku bijyanye n’ibyo twakigira k’u Rwanda ni byinshi, u Rwanda ni igihugu kirimo gutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse ku Mugabane w’Afurika, ni igihugu kiza ku isonga mu kurwanya ruswa, koroshya ishoramari, Ikoranabuhanga riratera imbere vuba vuba, guha ijambo umugore, imiyoborere myiza n’ibindi.”

Yakomeje agira ati “Muziko mu Rwanda ari ahantu heza ho gukorera ubucuruzi, natwe dufite umushinga w’uko twakora neza ubucuruzi, dufite itsinda mu bijyanye n’ishoramari rikorana n’u Rwanda, ikindi kubera ko u Rwanda ari urugero rwiza ku mugabane wa Afurika, twabigiraho natwe tukabuteza imbere.”

Hailemariam Desalegn kandi avuga ko kuba u Rwanda rumaze guteza imbere urwego rw’ikoranabuhanga no guha ijambo umugore , ibi biri mu byo Ethiopia yakwiga gusa yongera kwemeza ko hari ibindi u Rwanda narwo rwakwigira kuri iki gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko abaturage b’ibihugu byombi bafite icyerekezo kimwe, aho yagize ati “Abaturage b’u Rwanda na Ethiopia bose barifuza kugira ibyo bageraho, icyo ibihugu bya Afurika bishyize imbere kandi ni bimwe, ni uko abaturage babyo baba abaturage bafite ubuzima bwiza.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko kuba hari bamwe bashobora gutinya gushora imari mu bihugu bya Afurika ibi ngo si ukuri, kuko usanga ibibazo biri hose ku isi.

-6416.jpg

Perezida Kagame ubwo yakiraga Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn akigera mu Rwanda (Ifoto/Perezidansi)

Hasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye 11 hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe na ba Minisitiri ku mpande zombi. Ayo masezerano harimo ajyanye n’ubutabera, itangazamakuru, siporo n’umuco, ubukerarugendo, umuco n’uburezi, guteza imbere uburenganzira bw’umwana n’umugore n’andi.

U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye ubufatanye mu bya gisirikare no mu by’ingendo z’indege n’imikoreshereze y’ikirere. Iki gihugu gituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 100.

2017-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)
IMIKINO

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?
Amakuru

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Ubwanditsi 13 Nov 2020
U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu
UBUKUNGU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Ubwanditsi 30 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru