• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Rushyashya yabagaragarije kenshi ko RNC ya Kayumba Nyamwasa ari umutwe w’ibyihebe, isi yose ikwiye guhagurukira kuko ari umwanzi rusange, bamwe barabikerensa, none dore ba nyirubwite bivuyemo nk’inopfu, bivugira ku mugaragaro ko bagiye kwimurira ibikorwa by’iterabwoba mu bihugu byinshi, ngo kugirango berekane “akababaro” kabo!

Kuwa kabiri tariki 11 Kamena 2024, ibigarasha Kayumba Rugema na Serge Ndayizeye, abateruzi b’ibibindi ba Kayumba Nyamwasa, bumvikanye kuri radiyo” Itahuka”, umuzindaro bamamarizaho ubugome n’ubugambanyi, bivugira ngo ” opozisiyo nyarwanda igiye kwimurira intambara mu bihugu by’amahanga, kuko aribwo ibyo bihugu bizumva akarengane k’abarwanya ubutegetsi bwa Kagame”.

Burya koko igisiga cy’urwara runini cyimena inda! Mu gihe hari benshi bibwiraga ko aba bantu ari agatsiko k’ibisahiranda gusa, byirirwa bisebanya ngo byibonere amaramuko, ubu noneho isi yose, by’umwihariko ibihugu bibacumbikiye, byiboneye ko “abashyitsi babyo” atari ingorwa, impunzi zisanzwe cyangwa “impirimbanyi za demokarasi” nk’uko biyita, ko ahubwo ari ba Oussama bin Laden b’Abanyarwanda.

N’ikimenyimenyi, Rugema na Ndayizeye bahishuye ko bagiye kwitwara nk’umutwe w’intagondwa za Hamas zibasira inyungu za Israel aho ziri hose, ngo kuko byatumye ibibazo bya Palestina bimenyekana.

Izo mburamumaro zashyize ahabona ibyo Nyamwasa n’ibindi byihebe bitekereza bucece, zivuga ko mu bugome bimirije imbere harimo no “guca imitwe intumwa z’u Rwanda mu mahanga, maze iyo mitwe ikajugunywa ku mihanda n’ahandi hantu nyabagendwa”!

Twebwe abazi RNC n’ibindi byihebe nkayo, ntacyadutungura abo bagome baramutse bagerageje gukora aya mahano, mu gihe twibuka ibisasu abambari ba Kayumba Nyamwasa bateye hirya no hino mu Rwanda hagati ya 2010 na 2013, bigahitana inzirakarengane nyinshi, izindi zikahakomerekera, ndetse abafatiwe muri ibyo bikorwa by’iterabwoba bakaba barivugiye ko ari intumwa za RNC n’umufatanyabikorwa wayo FDLR.

Ariko kuki akaga Kongo yakuye mu gucumbikira no gukorana n’abajenosideri none bakaba bagiye kuyimaraho abaturage, katabera isomo n’ibindi bihugu bicumbikiye abayoboke ba RNC, FLN, FDU/ FDLR, n’indi mitwe y’inkoramaraso?

Niba ibyo bihugu bidafashe ingamba zikarishye zo kuburizamo imigambi mibisha aba bagizi ba nabi bishyiriye ahabona, zirimo no kubirukana ku butaka bwabyo, bizabona ko uhishira umurozi ejo akakumaraho urubyaro.

2024-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Ubwanditsi 18 Nov 2022
Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Ubwanditsi 13 May 2016
“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda
Amakuru

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru