• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Umunyamakuru ukurikiranira hafi ibya politiki z’ibihugu bitandukanye, Mukamabano Madeleine, asanga kuba amashyaka ya opozisiyo ku buyobozi buriho mu Rwanda bifite inkomoko ku makosa akomeye yakoze nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Mukamabano wahoze ari Umunyamakuru wa RFI utegura akanayobora ibiganiro bijyanye na politiki ya Afurika muri rusange, wanakoreye « France Culture » agahabwa igihembo cya “ Prix international Bayeux” nk’umutaramakuru mu bihugu biberamo intambara nyuma ya film mbarankuru ku mateka ya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko yasanze amashyaka ya opozisiyo ataritaye ku mahano ya Jenoside nk’ikintu cyagombaga gushingirwaho muri politiki y’u Rwanda.

Nubwo amashyaka yitwa aya opozisiyo usanga avugira hanze y’u Rwanda, ubusesenguzi bwa Mukamabano bwerekana ko ariyo yinaniwe, nta guhezwa mu gihe yagendera mu murongo uzirikana amateka ya Jenoside u Rwanda rwanyuzemo.

Yagize ati “Ese opozisiyo nta ntege ifite bitewe n’uko nta mwanya ihabwa? Kubera ko ihozwa ku nkeke cyangwa itemewe? Cyangwa hari izindi mpamvu …Njye nk’umusesenguzi iyo nitegereje, nsanga amashyaka ya opozisiyo yo mu Rwanda, nyuma gato ya Jenoside yarakoze ikosa rikomeye. Nibaza ko yafashe jenoside nka kimwe mu bibazo bisanzwe byabayeho mu mateka ya politiki y’igihugu. Ariko kandi jenoside yaje guhinduka ndetse yagombaga no guhinduka umwanya shingiro w’ubuzima mu bya politiki y’iki gihugu.”

Uyu musesenguzi agaragaza ko nyuma ya miliyoni y’Abatutsi bishwe muri Jenoside n’abandi nka bo bayigizemo uruhare bitashobokaga gukomeza gukora politiki nk’uko byari bisanzwe, bitewe n’uko imitima y’Abanyarwanda yari igifite ibikomere, ubwoba n’urwikekwe bikiri byose.

Yagize ati “Nta kuntu nyuma y’inzirakarengane zirenga miliyoni ndetse n’abicanyi barenga miliyoni politiki yari gukorwa muri iki gihugu nk’uko byahoze mbere. Gukina politiki nk’uko byari bisanzwe, gushondana…Abantu bari bafite ubwoba, imitima yabo yarakutse, bageragezaga kwibagirwa ibyari bimaze kubaho, yaba abakoze jenoside kimwe n’abayikorewe. Politiki ntiyashoboraga gukomeza gukorwa nka mbere.”

“Ntabwo twari gusubira inyuma ariko kandi amashyaka ya poltiki yari mu Rwanda, arimo n’amwe yari akomeye nka MDR yafatwaga nk’ishyaka riza imbere y’andi mu mashyaka ya opozisiyo, barebye u Rwanda nk’indorerezi, ntimwigeze mubona ba kizigenza muri ayo mashyaka bajya hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kongera kubarema agatima. Ntimwigeze mubona abayobozi b’ayo mashyaka bajya guhoza amarira abari barokotse ndetse n’abahohotewe, ahubwo kuri bo indi paji nshya ko gusakuza yari itangiye nk’uko byari byarahoze. Muri make kuri bo byari nk’aho jenoside yari akanyuzemo, kuri bo ni nkaho ubuzimwa bwari bukomeje nk’uko byahoze mbere.”

Opozisiyo yikoreje Kagame imitwaro iremereye

Mukamabano akomeza avuga ko muri icyo gihe amashyaka ataravugaga rumwe n’ubutegetsi yasigiye Kagame imiruho yose y’igihugu aba ari we uyikorera irimo ibijyanye no kugarura umutekano n’ituze mu gihugu, gusubiza icyizere abicanyi ndetse n’abari barokotse , yo aho kugira icyo akora ‘ngo yari yiyicariye ageretse akaguru ku kandi’, rimwe na rimwe ugasanga abayobozi bayo bari kuzenguruka mu bihugu by’u Burayi bahamagarira imiryango itegamiye kuri leta n’abaterankunga guhagarikira u Rwanda inkunga.

Yagize ati “Sinzigera nibagirwa na rimwe umunsi Faustin Twagiramungu yari i Genève, asaba ko igihugu gihagarikirwa inkunga kugeza nibura nyuma y’itegurwa ry’amatora, ubwo cyari kicyuzuye imirambo, Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bakiri mu nkambi i Goma. Iryo ni ryo kosa rikomeye ryatumye abantu bibwira bati ‘yego Kagame atera abantu ubwoba, FPR nta muntu uyizi, ni abantu bavuye imahanga batazwi, yewe n’Abatutsi ni bo bake kurenza n’uko byari byarahoze mu gihugu, muri make yarimo adutegurira inzira igana ku miyoborere. Hagati aho ariko muri iyo nzira haje kubaho guhura kw’imitima hagati ya FPR n’abaturage.”

Mu busesenguzi bwa Mukamabano, yitsa cyane ku kuntu bitari byoroshye kubona icyari guhuriza hamwe Abanyarwanda .

Ati “Nyemerera nkoreshe imvugo isa n’aho ari nyandagazi – ni inda yabahurije hamwe, kuko abo bose barimo babona inyungu byashobokaga ko babikuramo. Gutera umugongo ubwicanyi bwari bumaze kubaho, abicanyi bagakorana n’abo biciye, burya iyo ubibonye uri umuntu wo hanze y’igihugu ubibona nk’ikintu cy’indengakamere, iyo ubonye urwo rubyiruko muri za koperative, bamwe muri bo usanga hambere aha bari bafunze none muri iki gihe barangije igifungo cyabo, bari gukorana n’abo biciye.”

Akomeza avuga ko kuba abagize uruhare muri Jenoside bashobora gukorana n’abo bahemukiye ari ukurenga ibibazo bya politiki, iterambere n’ibizanira inyungu abenegihugu bikaba ari byo birangamirwa.

Ati “Mu banyapolitiki ba mbere Twagiramungu ni we wadukanye intero ya “Ntora mpore” yoherereje abicanyi. Ese abahutu bari bagifite ishyushyu ryo guhora, bati ‘noneho dufite Perezida w’Umuhutu tugiye kwihorera? Oya ahubwo ndizera ko bageragezaga kwibagirwa ibyo bari bamaze gukora.

Ariko iyo ndeba ahazaza mbona hari impinduka. Nashimishijwe n’ikiganirompaka ku bijyanye n’imisoro kuko ntekereza ko igishishikaje abantu atari ukumenya niba runaka azaba Senateri cyangwa ahubwo icyo azangezaho ni iki? Ese imisoro izagabanywa, ese nigabanuka leta izakomeza kwishyurira abana buruse, mituweli n’ibindi? Hari isano y’inyungu ku mpande zombi hagati ya leta n’abaturage kandi ndakeka ko abanyapolitiki b’ahazaza bazabyumva kurushaho kuko iyo sano idahari ntacyo gukora politiki byaba bimaze.”

Urubuga rwa politiki mu Rwanda rurafunguye, ushaka gushinga ishyaka arabyemerewe apfa kuba adahutaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Amashyaka ya opozisiyo ku butegetsi yabaye igipimo cy’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi; aho bavuga ko ataba bitangira gukemanga demokarasi yaho. Ku Rwanda, amahitamo y’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yashyizeho imiterere yihariye ya politiki.

-7550.jpg

Umunyamakuru ukurikiranira hafi ibya politiki z’ibihugu bitandukanye, Mukamabano Madeleine

Source: IGIHE

2017-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen  Jack Nziza

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen Jack Nziza

Ubwanditsi 12 May 2017
Perezida Kagame yasabye RDF gukomeza intego ko Jenoside itazongera kubaho

Perezida Kagame yasabye RDF gukomeza intego ko Jenoside itazongera kubaho

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Ubwanditsi 22 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”
Amakuru

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024
Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$
Amakuru

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Ubwanditsi 30 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru