• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016 POLITIKI

Uko ibintu bigenda byigaragaza mu Burundi n’uko Perezida Petero Nkurunziza agiye kujya mu bibazo bikomeye ku buryo n’imbonerakure ze zizamukuraho amaboko nareba nabi zimwihitanire !

Ibibazo byo mu Burundi byatangiye muri Mata umwaka ushize aho Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu, binyuranye n’amasezerano ya Arusha n’itegeko nshinga. Ibi byakurikiwe n’ubwicanyi bwa buri munsi binatuma abantu bagera ku bihumbi 300 bahunga igihugu.

Amahanga yakomeje kwamagana ibibera mu Burundi ariko ugasanga ubutegetsi bwa Nkurunziza butabyitayeho. AU yashatse kohereza ingabo muri icyo gihugu ariko Bujumbura irabyanga, LONI nayo yashatse koherezayo abapolisi, ubutegetsi muri icyo gihugu nabyo bukomeza kubyangira kugeza n’ubu !

Umuryango wa Afurika yunze ubumwe(AU) utangaje yuko ushaka kohereza ingabo mu Burundi , Bujumbura yavuze yuko niziza izabifata nk’uko yatewe hanyuma izakirane amasasu. Izo ngabo kutoherezwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bugomba kuba bwarabifashe nk’aho AU yabutinye, bubyina insinzi !

Ariko ukuri uko kumeze n’uko AU itigeze itinya Nkurunziza, ahubwo benshi mu bakuru b’ibihugu biyigize bakoze imibare babona igisubizo kibabuza gushyigikira ibyo kohereza ku ngufu ingabo mu Burundi.

Uko kwifata ngo ntiboherezeyo ingabo u Burundi butabishaka ntabwo kwari ugutinya yuko koko zari kwakirizwa amasasu ahubwo kwari ugutinya urugero rwari kuba rutanzwe kandi nabo byazashobora kubabaho kuko beshi muri abo bategeka ibihugu bya Afurika badatandukanye cyane na Petero Nkurunziza. Ni ba Yahya Jammeh wa Gambia n’abandi nka Adris Deby wa Tchad, ubu ari nawe uyoboye AU !

AU kutohereza ingabo mu Burundi na LONI kudakoresha igitsure gikomeye ngo ba bapolisi babe bakoherezwa mu Burundi leta y’icyo gihugu ntibibonemo intsinzi, ahubwo yitegure ingaruka mbi zabyo. Niba kandi ubutegetsi bwa Nkurunziza bwarebaga kure bwakabaye bumaze kubona yuko izo ngaruka mbi zatangiye kwigaragaza.

Iki gihugu cy’u Burundi ahanini kiriho kubera inkunga z’amahanga. Izo nkunga zitariho ubuzima bwahagarara. Umwe mu baterankunga bakuru b’u Burundi ni umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU).

Uyu muryango warangije guhagarika inkunga wahaga leta y’u Burundi, ukanavuga yuko uzakomeza gukora ibishoboka byose ngo ubutegetsi bwa Nkurunziza buzakomeze kubura amafaranga y’amahanga (foreign currency) atuma butumiza ibintu hanze ! Amerika nayo yarangije gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byoroherezwa kohereza ibicuruzwa muri icyo gihugu.

Ahantu u Burundi bwari busigaye bukura amafaranga y’amahanga agaragara ni mu basirikare n’abapolisi bwoherezaga kubungabunga amahoro mu bindi bihugu. Icyo gihugu cy’u Burundi ni kimwe mu bihugu byari bifite abapolisi muri Central Africa (CAR) ariko mu kwezi gushize LONI yarivumbuye yanga yuko abari bacyuye igihe basimbuzwa abandi !

Abasirikare b’u Burundi nabo bari muri CAR uwo muryango w’abibumbye urabashinja kuba batitwara neza kuburyo batangiye gukorwaho iperereza kureba yuko baba batarijanditse mu bikorwa by’iyicarubozo n’ibindi byaha bihanwa n’amategeko mpuzamahanga. Bigaragaye yuko abo basirikare b’u Burundi bakoreye ubugizi bwa nabi abo bagombaga gutabara bishobora gutuma LONI isaba Bujumbura gukura abasirikare bayo muri CAR nk’uko byagendekeye ba bapolisi twavugaga !

Ahandi u Burundi bufite abasirikare bo ni muri Somalia mu butumwa bwa AU.

Umuterankunga mukuru w’ingabo zose za AU muri Somalia ni ya EU yarangije gufata icyemezo cyo gukomanyiriza u Burundi. EU ubu ivuga yuko AU nidashaka uburyo bw’uko amafaranga yagenerwaga abasirikare kuva mu Burundi atanyura mu maboko y’ubutegetsi bw’icyo gihugu izahagarika iyo nk’unga.

Uko u Burundi rero bugenda bukomanyirizwa niko leta igenda ibura amafaranga yo gukoresha mu bintu bya ngombwa, ahamaze gukubitika cyane hakaba ari mu rwego rw’uburezi n’ubwo no mu zindi nzego atari shyashya. Bimaze kugaragara yuko u Burundi bumaze gukena cyane.

-5016.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Uko u Burundi rero buzagenda burushaho gukena, leta idafite amafaranga yo gukoresha ni nako ubutegetsi buzagenda bunanira Nkurunziza kugeza n’aho n’imbonerakure ze zizamukuriraho amaboko kuko azaba atagifite ibyo azishukisha, nareba nabi zibe zanamwihitanira !

Casmiry Kayumba

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Ubwanditsi 18 Nov 2019
PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

RUSHYASHYA 29 Jun 2026
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Yale :  Perezida Kagame  yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye  ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Yale : Perezida Kagame yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya  ubwambuzi bushukana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame
Mu Rwanda

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017
Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru