• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016 POLITIKI

Uko ibintu bigenda byigaragaza mu Burundi n’uko Perezida Petero Nkurunziza agiye kujya mu bibazo bikomeye ku buryo n’imbonerakure ze zizamukuraho amaboko nareba nabi zimwihitanire !

Ibibazo byo mu Burundi byatangiye muri Mata umwaka ushize aho Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu, binyuranye n’amasezerano ya Arusha n’itegeko nshinga. Ibi byakurikiwe n’ubwicanyi bwa buri munsi binatuma abantu bagera ku bihumbi 300 bahunga igihugu.

Amahanga yakomeje kwamagana ibibera mu Burundi ariko ugasanga ubutegetsi bwa Nkurunziza butabyitayeho. AU yashatse kohereza ingabo muri icyo gihugu ariko Bujumbura irabyanga, LONI nayo yashatse koherezayo abapolisi, ubutegetsi muri icyo gihugu nabyo bukomeza kubyangira kugeza n’ubu !

Umuryango wa Afurika yunze ubumwe(AU) utangaje yuko ushaka kohereza ingabo mu Burundi , Bujumbura yavuze yuko niziza izabifata nk’uko yatewe hanyuma izakirane amasasu. Izo ngabo kutoherezwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bugomba kuba bwarabifashe nk’aho AU yabutinye, bubyina insinzi !

Ariko ukuri uko kumeze n’uko AU itigeze itinya Nkurunziza, ahubwo benshi mu bakuru b’ibihugu biyigize bakoze imibare babona igisubizo kibabuza gushyigikira ibyo kohereza ku ngufu ingabo mu Burundi.

Uko kwifata ngo ntiboherezeyo ingabo u Burundi butabishaka ntabwo kwari ugutinya yuko koko zari kwakirizwa amasasu ahubwo kwari ugutinya urugero rwari kuba rutanzwe kandi nabo byazashobora kubabaho kuko beshi muri abo bategeka ibihugu bya Afurika badatandukanye cyane na Petero Nkurunziza. Ni ba Yahya Jammeh wa Gambia n’abandi nka Adris Deby wa Tchad, ubu ari nawe uyoboye AU !

AU kutohereza ingabo mu Burundi na LONI kudakoresha igitsure gikomeye ngo ba bapolisi babe bakoherezwa mu Burundi leta y’icyo gihugu ntibibonemo intsinzi, ahubwo yitegure ingaruka mbi zabyo. Niba kandi ubutegetsi bwa Nkurunziza bwarebaga kure bwakabaye bumaze kubona yuko izo ngaruka mbi zatangiye kwigaragaza.

Iki gihugu cy’u Burundi ahanini kiriho kubera inkunga z’amahanga. Izo nkunga zitariho ubuzima bwahagarara. Umwe mu baterankunga bakuru b’u Burundi ni umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU).

Uyu muryango warangije guhagarika inkunga wahaga leta y’u Burundi, ukanavuga yuko uzakomeza gukora ibishoboka byose ngo ubutegetsi bwa Nkurunziza buzakomeze kubura amafaranga y’amahanga (foreign currency) atuma butumiza ibintu hanze ! Amerika nayo yarangije gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byoroherezwa kohereza ibicuruzwa muri icyo gihugu.

Ahantu u Burundi bwari busigaye bukura amafaranga y’amahanga agaragara ni mu basirikare n’abapolisi bwoherezaga kubungabunga amahoro mu bindi bihugu. Icyo gihugu cy’u Burundi ni kimwe mu bihugu byari bifite abapolisi muri Central Africa (CAR) ariko mu kwezi gushize LONI yarivumbuye yanga yuko abari bacyuye igihe basimbuzwa abandi !

Abasirikare b’u Burundi nabo bari muri CAR uwo muryango w’abibumbye urabashinja kuba batitwara neza kuburyo batangiye gukorwaho iperereza kureba yuko baba batarijanditse mu bikorwa by’iyicarubozo n’ibindi byaha bihanwa n’amategeko mpuzamahanga. Bigaragaye yuko abo basirikare b’u Burundi bakoreye ubugizi bwa nabi abo bagombaga gutabara bishobora gutuma LONI isaba Bujumbura gukura abasirikare bayo muri CAR nk’uko byagendekeye ba bapolisi twavugaga !

Ahandi u Burundi bufite abasirikare bo ni muri Somalia mu butumwa bwa AU.

Umuterankunga mukuru w’ingabo zose za AU muri Somalia ni ya EU yarangije gufata icyemezo cyo gukomanyiriza u Burundi. EU ubu ivuga yuko AU nidashaka uburyo bw’uko amafaranga yagenerwaga abasirikare kuva mu Burundi atanyura mu maboko y’ubutegetsi bw’icyo gihugu izahagarika iyo nk’unga.

Uko u Burundi rero bugenda bukomanyirizwa niko leta igenda ibura amafaranga yo gukoresha mu bintu bya ngombwa, ahamaze gukubitika cyane hakaba ari mu rwego rw’uburezi n’ubwo no mu zindi nzego atari shyashya. Bimaze kugaragara yuko u Burundi bumaze gukena cyane.

-5016.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Uko u Burundi rero buzagenda burushaho gukena, leta idafite amafaranga yo gukoresha ni nako ubutegetsi buzagenda bunanira Nkurunziza kugeza n’aho n’imbonerakure ze zizamukuriraho amaboko kuko azaba atagifite ibyo azishukisha, nareba nabi zibe zanamwihitanira !

Casmiry Kayumba

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi

Ubwanditsi 13 Jan 2020
RPF- Inkotanyi :  Perezida Kagame yiyamye  Abayobozi  basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu
POLITIKI

RPF- Inkotanyi : Perezida Kagame yiyamye Abayobozi basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa
Amakuru

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru