• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019 IMIKINO

Nigeria iheruka gutwara Igikombe cya Afurika mu 2013, yatangiye neza urugamba rwo gushaka uko yegukana iri rushanwa ku nshuro ya kane, aho yatsinze u Burundi buryitabiriye bwa mbere igitego 1-0 mu mukino wabimburiye iyindi mu itsinda B muri CAN 2019 iri kubera mu Misiri.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa 22 Kamena 2019, wabereye mu Mujyi wa Alexandria.

Ikipe ya Nigeria imaze kumenyera iri rushanwa dore ko iri kurikina ku nshuro ya 17, ni yo yabanje kubona uburyo bwiza ku munota wa 13 ubwo umunyezamu Jonathan Nahimana yagaruraga umupira wari utewe n’umutwe na Ebere Onuachu.

Nyuma y’amasegonda make, u Burundi na bwo bwabonye uburyo bwiza kuri Amissi Cédric wateye ishoti rikomeye nyuma yo guherezwa umupira na Bigirimana Gaël, ufatwa n’umunyezamu wa Nigeria, Daniel Akpeyi.

Intamba mu Rugamba z’u Burundi zakinaga umukino wazo w’amateka, wa mbere mu Gikombe cya Afurika, zongeye kubona ubundi buryo ku munota wa 36, Frédéric Nsabiyumva ateye umutwe umupira wari uvuye Nahimana Shassir, ukubita umutambiko w’izamu rya Nigeria.

Abarundi bashoboraga guhabwa penaliti ku mupira Amissi Cédric yateye ari mu rubuga rw’amahina rwa Nigeria ugakorwa n’umukinnyi, ariko ntacyo byatanze kuko umusifuzi yabyirengagije ndetse n’ikoranabuhanga rya VAR ntiryitabazwa kuko rizatangira gukoreshwa muri ¼.

Habura iminota 15 ngo umukino urangire, Olaoluwa Aina wari uhawe umupira na Alex Iwobi, yawutanze n’agatsintsino kuri Odion Ighalo maze uyu atera mu yindi nguni umunyezamu w’u Burundi atari arimo, Nigeria ibona igitego cyabaye ikinyuranyo muri uyu mukino.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda warangiye Guinée yahabwaga amahirwe menshi, inganyije na Madagascar ibitego 2-2.

U Burundi buzagaruka mu kibuga ku wa Gatatu buhura na Madagascar mu gihe Nigeria izahura na Guinée.

Kuri iki Cyumweru hateganyijwe imikino itatu, aho Maroc na Namibie zo mu itsinda D zikina saa 16:30 mu gihe mu itsinda C, Sénégal ikina na Tanzania guhera saa 19:00 naho Algérie ikine na Kenya zigacakirana saa 22:00.

Odion Ighalo winjiye mu kibuga asimbuye, ni we watsindiye Nigeria

Abakinnyi ba Nigeria bishimira igitego kimwe batsinze u Burundi

Alex Iwobi acenga Bigirimana Gaël muri uyu mukino wa mbere w’u Burundi mu Gikombe cya Afurika

2019-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria

CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria

Ubwanditsi 11 Jul 2024
Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 24 Oct 2022
Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi

Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi

Ubwanditsi 29 Sep 2023
Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela
Amakuru

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique
IMIKINO

Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu
Mu Mahanga

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Ubwanditsi 29 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru