• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Ubwanditsi 10 Feb 2020 IMIKINO

Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Arsenal ikina mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Bwongereza, asanga uburyo iyi kipe imaze iminsi yitwara bigomba guhinduka.

Kagame yabivuze mu kiganiro yagiranye n’umwanditsi Anver Versi wa New African Magazine.

Arsenal ni imwe mu makipe akomeye mu Bwongereza no ku mugabane w’u Burayi, ariko imaze iminsi ititwara neza, aho kuri ubu iri ku mwanya wa 10 muri Shampiyona iheruka kwegukana mu 2004.

Iyi kipe imaze kandi imyaka itatu yikurikiranya ititabira amarushanwa ya UEFA Champions League nyuma yo kugorwa no kuboneka mu makipe ane ya mbere muri Shampiyona.

Ubwo yari abajijwe ku myitwarire n’umusaruro wa Arsenal muri iyi minsi, Perezida Kagame yavuze ko ari umwe mu bagaragaje uburyo iyi kipe ititwaraga neza ubwo yatozwaga na Unai Emery ndetse yemeza ko bigomba guhinduka.

Ati “Arsenal yakundaga kuba ihataniye umwanya wa mbere cyangwa uwa kabiri muri Shampiyona, nyuma kuboneka mu makipe ane ya mbere bitangira kuba ikibazo. Ubu irwanira kuba byibuze yaguma mu makipe 10 ya mbere! Hari ikigomba guhinduka.”

Kuva Unai Emery yirukanywe mu mwaka ushize, kugeza uyu munsi, n’ubundi Arsenal yagumye ku mwanya wa 10 nubwo yahinduye umutoza, ikazana Mikel Arteta wigeze no kuyibera kapiteni.

Perezida Kagame afitiye icyizere uyu mutoza mushya kuko azi neza Arsenal, ariko yemeza ko yagera ku musaruro mwiza mu gihe yaba ashyigikiwe na ba nyir’ikipe, agahabwa amafaranga ahagije yo kugura abakinnyi, aho abenshi bayirimo kuri ubu ari abaguzwe na Arsène Wenger na Unai Emery.

Ati” Ndacyakunda Arsenal. Ifite umwihariko w’umukino mwiza, ariko ntabwo bigomba kurangira ari ugukina byo gukina gusa, ahubwo ukina ugamije gutsinda.”

“Ikibabaje ni uko ndi umufana kandi nta kintu nabikoraho. Icyo nshobora gukora ni ugukomeza kuyireba kuri Televiziyo nkababazwa n’uko yatsinzwe, nkishima mu gihe yatsinze. Rimwe uba wumva wakubita ibipfunsi televiziyo iyo ubonye hari amakosa bari gukora. Gusa urakomeza ukayiba inyuma.”

Abajijwe niba amafaranga u Rwanda rwashoye muri Visit Rwanda mu bufatanye rwagiranye na Arsenal yari ngombwa, Perezida Kagame yemeje ko gukorana n’iyi kipe iri mu zikunzwe ku Isi byazamuye umubare wa ba mukerarugendo baza mu gihugu.

Ati “Abantu banenga bagira amahirwe menshi kuko ntabwo baba bafite ibyo babazwa. Ndabibazwa, amafaranga twashoye muri Arsenal yatanze umusaruro mwiza. Kuri ubu dufite umubare wa ba mukerarungo wiyongereye. Ndatekereza ko dushobora kuba twarinjije atari munsi y’inshuro eshanu kuruta ayo twatanze.”

U Rwanda rwiteze umusaruro kandi uzava mu bufatanye ruherutse kugirana n’Ikipe ya Paris st. Germain yo mu Bufaransa nabwo bugamije kwamamaza ubukerarugendo n’ibikorerwa mu Rwanda.

Src: Igihe.

2020-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 01 May 2023
Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Ubwanditsi 05 Jun 2023
Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Ubwanditsi 30 May 2025
Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Ubwanditsi 26 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Mukabalisa  wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko
POLITIKI

Mukabalisa wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi
Amakuru

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru