• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Editorial 10 Feb 2020 IMIKINO

Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Arsenal ikina mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Bwongereza, asanga uburyo iyi kipe imaze iminsi yitwara bigomba guhinduka.

Kagame yabivuze mu kiganiro yagiranye n’umwanditsi Anver Versi wa New African Magazine.

Arsenal ni imwe mu makipe akomeye mu Bwongereza no ku mugabane w’u Burayi, ariko imaze iminsi ititwara neza, aho kuri ubu iri ku mwanya wa 10 muri Shampiyona iheruka kwegukana mu 2004.

Iyi kipe imaze kandi imyaka itatu yikurikiranya ititabira amarushanwa ya UEFA Champions League nyuma yo kugorwa no kuboneka mu makipe ane ya mbere muri Shampiyona.

Ubwo yari abajijwe ku myitwarire n’umusaruro wa Arsenal muri iyi minsi, Perezida Kagame yavuze ko ari umwe mu bagaragaje uburyo iyi kipe ititwaraga neza ubwo yatozwaga na Unai Emery ndetse yemeza ko bigomba guhinduka.

Ati “Arsenal yakundaga kuba ihataniye umwanya wa mbere cyangwa uwa kabiri muri Shampiyona, nyuma kuboneka mu makipe ane ya mbere bitangira kuba ikibazo. Ubu irwanira kuba byibuze yaguma mu makipe 10 ya mbere! Hari ikigomba guhinduka.”

Kuva Unai Emery yirukanywe mu mwaka ushize, kugeza uyu munsi, n’ubundi Arsenal yagumye ku mwanya wa 10 nubwo yahinduye umutoza, ikazana Mikel Arteta wigeze no kuyibera kapiteni.

Perezida Kagame afitiye icyizere uyu mutoza mushya kuko azi neza Arsenal, ariko yemeza ko yagera ku musaruro mwiza mu gihe yaba ashyigikiwe na ba nyir’ikipe, agahabwa amafaranga ahagije yo kugura abakinnyi, aho abenshi bayirimo kuri ubu ari abaguzwe na Arsène Wenger na Unai Emery.

Ati” Ndacyakunda Arsenal. Ifite umwihariko w’umukino mwiza, ariko ntabwo bigomba kurangira ari ugukina byo gukina gusa, ahubwo ukina ugamije gutsinda.”

“Ikibabaje ni uko ndi umufana kandi nta kintu nabikoraho. Icyo nshobora gukora ni ugukomeza kuyireba kuri Televiziyo nkababazwa n’uko yatsinzwe, nkishima mu gihe yatsinze. Rimwe uba wumva wakubita ibipfunsi televiziyo iyo ubonye hari amakosa bari gukora. Gusa urakomeza ukayiba inyuma.”

Abajijwe niba amafaranga u Rwanda rwashoye muri Visit Rwanda mu bufatanye rwagiranye na Arsenal yari ngombwa, Perezida Kagame yemeje ko gukorana n’iyi kipe iri mu zikunzwe ku Isi byazamuye umubare wa ba mukerarugendo baza mu gihugu.

Ati “Abantu banenga bagira amahirwe menshi kuko ntabwo baba bafite ibyo babazwa. Ndabibazwa, amafaranga twashoye muri Arsenal yatanze umusaruro mwiza. Kuri ubu dufite umubare wa ba mukerarungo wiyongereye. Ndatekereza ko dushobora kuba twarinjije atari munsi y’inshuro eshanu kuruta ayo twatanze.”

U Rwanda rwiteze umusaruro kandi uzava mu bufatanye ruherutse kugirana n’Ikipe ya Paris st. Germain yo mu Bufaransa nabwo bugamije kwamamaza ubukerarugendo n’ibikorerwa mu Rwanda.

Src: Igihe.

2020-02-10
Editorial

IZINDI NKURU

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Editorial 09 Nov 2021
Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Editorial 16 Feb 2016
Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye

Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye

Editorial 22 May 2018
AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

Editorial 05 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru