• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018 ITOHOZA

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

Polisi y’u Rwanda ifitiwe icyizere n’abaturage kubera impamvu zitandukanye zirimo; gukurikiza amategeko, kubungabunga umutekano, kurwanya ruswa, imikoranire myiza n’abaturage, uruhare rwayo mu miyoborere myiza n’ibindi.

U Rwanda ruri imbere y’ibihugu bikomeye nk’u Bwongereza buri ku mwanya wa 19, Leta zunze Ubumwe za Amerika ziri ku mwanya wa 22, u Bufaransa ku wa 29 u Budage ku wa 38, u Buyapani kuwa 16 n’u Bushinwa ku wa 60.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze  ko iki cyizere abaturage bagikura ku kuba akazi ka polisi kubahiriza amategeko, kubungabunga umutekano n’ibindi.

Ubushakashatsi bugaragaza uburyo abaturage babona ibibakorerwa ‘Citizen Report Card’ bukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), buherutse kugaragaza ko Polisi y’Igihugu ifitiwe icyizere n’abaturage ku gipimo kingana na 98.1%.

Muri ubu bushakashatsi bwarebye umwaka wa 2017. Iki cyizere polisi igikesha ibikorwa byegereye abaturage bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo nk’uburezi, ubuzima, Girinka n’ibindi.

Polisi y’u Rwanda buri gihe iharanira ubunyamwuga binyuze mu mahugurwa ahoraho, gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano no gukorana nayo, gukoresha ikoranabuhanga, imitangire myiza ya serivisi, kutihanganira ruswa na gato n’icyaha icyo ari cyo cyose.

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, bwashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere mu nzego zirwanya ruswa. Muri Polisi ruswa yari ku kigero cya 15.5% mu 2016 mu 2017 igera ku 8%.

Polisi yafashe ingamba zo kurwanya ruswa zirimo; gushyiraho uburyo abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga babikora hifashishijwe ikoranabuhanga, ikigo cy’amahugurwa cya Polisi n’ubukangurambaga.

Kuva mu 2005, Polisi y’u Rwanda yatangiye gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, aho abagera ku 1200 bamaze koherezwa muri ubwo butumwa.

Boherejwe muri Sudan, Sudan y’Epfo, Centrafurika na Haiti.

Raporo ya WEF igaragaza ko Polisi za Finland, u Busuwisi, Singapore, Norvège na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nizo ziri ku isonga mu zizerwa n’abaturage cyane ku Isi.

Ibihugu biri ku mwanya mubi cyane muri Afurika ni Afurika y’Epfo iri ku mwanya wa 118 na Nigeria iri ku wa 123.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Ubwanditsi 24 Feb 2017
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Bongwa Beatrice
    August 26, 20188:49 pm -

    Nashakishe iyi raporo sinayibona yuko nifuzaga kumenya ubulyo *methodology( bwakoreshejwe ngo bagere ku myanzuro yashingiweho. Umuturanyi aherutse kumbaza ukuntu u Rwanda ruza imbere muri byose ariko hakaba ibivugwa bitandukanye nibiba muri za reports&raporo. Wakwumva ute ukuntu abaturage bgirira icyizere igipolisi mu gihe haba haligishijwe abantu buri munsi kandi ntibazaboneke? Abantu barapfa ntihaboneke ababishe kandi hari igipolisi! Yewe n’ababonetse ntibakurikiranywa. Urugero rwanditswe mu mateka ni uwishe umucuruzi Rwigara ukiri mu ihungabana lirengeje imyaka 3! Ni hehe handi wumva igipolisi kirasa abanyururu bari mu mapingu kikemezako baribagiye gucika! Akarusho rero nuko abaturage aribo birindira umutekano ndetse bakanagura uwo batabashije kurinda. Ku isi ni mu Rwanda hanyine usora ukanarenzaho umusoro wihariye w’umutekano!!! None polisi yacu irushije ubunyamwuga iya Namibiya, iya South Africa n’izindi! Nakeka ari urwenya!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame
Amakuru

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024
DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.
Amakuru

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru