• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018 ITOHOZA

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

Polisi y’u Rwanda ifitiwe icyizere n’abaturage kubera impamvu zitandukanye zirimo; gukurikiza amategeko, kubungabunga umutekano, kurwanya ruswa, imikoranire myiza n’abaturage, uruhare rwayo mu miyoborere myiza n’ibindi.

U Rwanda ruri imbere y’ibihugu bikomeye nk’u Bwongereza buri ku mwanya wa 19, Leta zunze Ubumwe za Amerika ziri ku mwanya wa 22, u Bufaransa ku wa 29 u Budage ku wa 38, u Buyapani kuwa 16 n’u Bushinwa ku wa 60.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze  ko iki cyizere abaturage bagikura ku kuba akazi ka polisi kubahiriza amategeko, kubungabunga umutekano n’ibindi.

Ubushakashatsi bugaragaza uburyo abaturage babona ibibakorerwa ‘Citizen Report Card’ bukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), buherutse kugaragaza ko Polisi y’Igihugu ifitiwe icyizere n’abaturage ku gipimo kingana na 98.1%.

Muri ubu bushakashatsi bwarebye umwaka wa 2017. Iki cyizere polisi igikesha ibikorwa byegereye abaturage bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo nk’uburezi, ubuzima, Girinka n’ibindi.

Polisi y’u Rwanda buri gihe iharanira ubunyamwuga binyuze mu mahugurwa ahoraho, gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano no gukorana nayo, gukoresha ikoranabuhanga, imitangire myiza ya serivisi, kutihanganira ruswa na gato n’icyaha icyo ari cyo cyose.

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, bwashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere mu nzego zirwanya ruswa. Muri Polisi ruswa yari ku kigero cya 15.5% mu 2016 mu 2017 igera ku 8%.

Polisi yafashe ingamba zo kurwanya ruswa zirimo; gushyiraho uburyo abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga babikora hifashishijwe ikoranabuhanga, ikigo cy’amahugurwa cya Polisi n’ubukangurambaga.

Kuva mu 2005, Polisi y’u Rwanda yatangiye gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, aho abagera ku 1200 bamaze koherezwa muri ubwo butumwa.

Boherejwe muri Sudan, Sudan y’Epfo, Centrafurika na Haiti.

Raporo ya WEF igaragaza ko Polisi za Finland, u Busuwisi, Singapore, Norvège na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nizo ziri ku isonga mu zizerwa n’abaturage cyane ku Isi.

Ibihugu biri ku mwanya mubi cyane muri Afurika ni Afurika y’Epfo iri ku mwanya wa 118 na Nigeria iri ku wa 123.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana Philippe yisubiriye mu Bufaransa, biravugwa ko yaba akwepye Ubutabera

Mpayimana Philippe yisubiriye mu Bufaransa, biravugwa ko yaba akwepye Ubutabera

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018
Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Ubwanditsi 29 Jan 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Bongwa Beatrice
    August 26, 20188:49 pm -

    Nashakishe iyi raporo sinayibona yuko nifuzaga kumenya ubulyo *methodology( bwakoreshejwe ngo bagere ku myanzuro yashingiweho. Umuturanyi aherutse kumbaza ukuntu u Rwanda ruza imbere muri byose ariko hakaba ibivugwa bitandukanye nibiba muri za reports&raporo. Wakwumva ute ukuntu abaturage bgirira icyizere igipolisi mu gihe haba haligishijwe abantu buri munsi kandi ntibazaboneke? Abantu barapfa ntihaboneke ababishe kandi hari igipolisi! Yewe n’ababonetse ntibakurikiranywa. Urugero rwanditswe mu mateka ni uwishe umucuruzi Rwigara ukiri mu ihungabana lirengeje imyaka 3! Ni hehe handi wumva igipolisi kirasa abanyururu bari mu mapingu kikemezako baribagiye gucika! Akarusho rero nuko abaturage aribo birindira umutekano ndetse bakanagura uwo batabashije kurinda. Ku isi ni mu Rwanda hanyine usora ukanarenzaho umusoro wihariye w’umutekano!!! None polisi yacu irushije ubunyamwuga iya Namibiya, iya South Africa n’izindi! Nakeka ari urwenya!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet
ITOHOZA

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Ubwanditsi 01 Jan 2019
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru