• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’uko muri Kamena 2023 ahanishijwe gufungwa burundu amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa mbere tariki 04 Ukwakira 2024, mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa hatangiye kumvwa ubujurire bwa Hategekimana Biguma Philippe wiyise” Manier”.

Hagamijwe guha gasopo abunganizi n’abatangabuhamya b’ uregwa, Umushinjacyaha Mukuru wungirije, Bwana Rodolphe Juy-Birmann, yavugiye mu rubanza rwa Hategekimana Manier ko kuva ubu urukiko rutazongera kwihanganira umuntu wese uzagaragaraho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byari bimaze kuba umuco ko abanyamategeko b’abakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abaza kubashinjura, bahitamo kwemeza ko iyo jenoside ntayabaye mu Rwanda, ndetse kenshi abahohotewe muri iyo jenoside bakaba aribo bahindurwa abicanyi.

Ako gashinyaguro kagaragaye mu manza zose za jenoside zaburanishirijwe mu bihugu binyuranye, urugero ruheruka rukaba ari urubanza rwa Eugène Rwamucyo waburanishijwe i Paris mu Bafaransa mu kwezi gushize k’Ukwakira, ubwo ubwunganizi n’abatangabuhamya nka Yohani Kambanda na Augustin Ndindiriyimana birengaga bakarrahira ko nta mugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi wigeze ubaho mu Rwanda.

Iyi mvugo iyobya uburari yanumvikanye cyane mu rubanza rwa Charles Onana narwo rwabaye mu kwezi gushize, uyu Mufaransa ufite inkomoko muri Kameruni nawe ubwe akaba aregwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi gasopo yatanzwe n’ Umushinjacyaha Mukuru Wungirije rero, irakoma mu nkokora abajenosideri n’ababashyigikiye, bahisemo kugoreka amateka no gutoneka ibikomere by’abo bagize imfubyi n”abapfakazi.

Uwashaka yavuga ko agahuru k’imbwa kagurumanye, kuko hari abibwiraga ko guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byabafasha kutazigera bakurikiranwa mu butabera, kuko nyine bavugaga ko batahanirwa icyaha kitigeze kibaho.

Tugarutse kuri Hategekimana Biguma Philippe” Manier”, twibutse ko yahamwe n’uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’Abatutsi batabarika i Nyanza mu ntara y”Amajyepfo, no mu duce tuhegereye. By’umwihariko yahamwe no kwica Narcisse Nyagasaza wari Burugumesitiri wa Ntyazo, kimwe n’abandi benshi cyane, nk’abari bahungiye ku musozi wa Kabuye n’ahandi.

Hategekimana Biguma w’imyaka 67 y’amavuko, yahoze ari umujandarume ku gihe cya Leta y’abajenosideri, aho yari afite ipeti rya ” adjudant-chef”, ryanamufashije gutanga amabwiriza ndakuka muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yafatiwe muri Kameruni muw’2018, ajyanwa kuburanishirizwa mu Bufaransa kuko yari yaramaze guhabwa ubwenegihugu bw’icyo gihugu, ari nahonizina rya ” Manier” rikomoka.

2024-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo
Amakuru

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Bruxelles : Me Gilles Vanderbeck avuga ko abakiliya be batabazwa ubwicanyi bwakorewe muri ETO
INKURU NYAMUKURU

Bruxelles : Me Gilles Vanderbeck avuga ko abakiliya be batabazwa ubwicanyi bwakorewe muri ETO

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira
Amakuru

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru