• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018 ITOHOZA

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

Polisi y’u Rwanda ifitiwe icyizere n’abaturage kubera impamvu zitandukanye zirimo; gukurikiza amategeko, kubungabunga umutekano, kurwanya ruswa, imikoranire myiza n’abaturage, uruhare rwayo mu miyoborere myiza n’ibindi.

U Rwanda ruri imbere y’ibihugu bikomeye nk’u Bwongereza buri ku mwanya wa 19, Leta zunze Ubumwe za Amerika ziri ku mwanya wa 22, u Bufaransa ku wa 29 u Budage ku wa 38, u Buyapani kuwa 16 n’u Bushinwa ku wa 60.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze  ko iki cyizere abaturage bagikura ku kuba akazi ka polisi kubahiriza amategeko, kubungabunga umutekano n’ibindi.

Ubushakashatsi bugaragaza uburyo abaturage babona ibibakorerwa ‘Citizen Report Card’ bukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), buherutse kugaragaza ko Polisi y’Igihugu ifitiwe icyizere n’abaturage ku gipimo kingana na 98.1%.

Muri ubu bushakashatsi bwarebye umwaka wa 2017. Iki cyizere polisi igikesha ibikorwa byegereye abaturage bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo nk’uburezi, ubuzima, Girinka n’ibindi.

Polisi y’u Rwanda buri gihe iharanira ubunyamwuga binyuze mu mahugurwa ahoraho, gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano no gukorana nayo, gukoresha ikoranabuhanga, imitangire myiza ya serivisi, kutihanganira ruswa na gato n’icyaha icyo ari cyo cyose.

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, bwashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere mu nzego zirwanya ruswa. Muri Polisi ruswa yari ku kigero cya 15.5% mu 2016 mu 2017 igera ku 8%.

Polisi yafashe ingamba zo kurwanya ruswa zirimo; gushyiraho uburyo abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga babikora hifashishijwe ikoranabuhanga, ikigo cy’amahugurwa cya Polisi n’ubukangurambaga.

Kuva mu 2005, Polisi y’u Rwanda yatangiye gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, aho abagera ku 1200 bamaze koherezwa muri ubwo butumwa.

Boherejwe muri Sudan, Sudan y’Epfo, Centrafurika na Haiti.

Raporo ya WEF igaragaza ko Polisi za Finland, u Busuwisi, Singapore, Norvège na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nizo ziri ku isonga mu zizerwa n’abaturage cyane ku Isi.

Ibihugu biri ku mwanya mubi cyane muri Afurika ni Afurika y’Epfo iri ku mwanya wa 118 na Nigeria iri ku wa 123.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Ubwanditsi 15 Apr 2018
CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

Ubwanditsi 15 May 2017
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Bongwa Beatrice
    August 26, 20188:49 pm -

    Nashakishe iyi raporo sinayibona yuko nifuzaga kumenya ubulyo *methodology( bwakoreshejwe ngo bagere ku myanzuro yashingiweho. Umuturanyi aherutse kumbaza ukuntu u Rwanda ruza imbere muri byose ariko hakaba ibivugwa bitandukanye nibiba muri za reports&raporo. Wakwumva ute ukuntu abaturage bgirira icyizere igipolisi mu gihe haba haligishijwe abantu buri munsi kandi ntibazaboneke? Abantu barapfa ntihaboneke ababishe kandi hari igipolisi! Yewe n’ababonetse ntibakurikiranywa. Urugero rwanditswe mu mateka ni uwishe umucuruzi Rwigara ukiri mu ihungabana lirengeje imyaka 3! Ni hehe handi wumva igipolisi kirasa abanyururu bari mu mapingu kikemezako baribagiye gucika! Akarusho rero nuko abaturage aribo birindira umutekano ndetse bakanagura uwo batabashije kurinda. Ku isi ni mu Rwanda hanyine usora ukanarenzaho umusoro wihariye w’umutekano!!! None polisi yacu irushije ubunyamwuga iya Namibiya, iya South Africa n’izindi! Nakeka ari urwenya!

    Subiza

Leave a Reply to Bongwa Beatrice Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera ibikorwa by’ubwubatsi k’umupaka wa Gatuna amakamyo manini agiye kujya aca Kagitumba
INKURU NYAMUKURU

Kubera ibikorwa by’ubwubatsi k’umupaka wa Gatuna amakamyo manini agiye kujya aca Kagitumba

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze
HIRYA NO HINO

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique
IMIKINO

Manishimwe Djabel na Niyonzima Ally mu bakinnyi batajyanye n’Amavubi muri Mozambique

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru