• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019 ITOHOZA

Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda, yatangaje ko Col Aloys Simba wari ufungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi aherutse kurekurwa mu ibanga n’Umucamanaza Théodor Meron w’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, UNMICT.

Col. Simba yakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) imyaka 25 rumaze kumuhamya ibyaha byo kuyobora ibitero bitandukanye by’Interahamwe zishe Abatutsi mu zahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Mu 2016 yandikiye urukiko asaba kurekurwa bitewe n’uko yarangije 2/3 by’igihano cye.

U Rwanda n’imiryango y’abarokotse Jenoside bamaganye ubwo busabe, bavuga ko bizabangamira abarokotse kandi bihabanye n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu itangazo Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yashyize ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, yavuze ko Simba yarekuwe mu ibanga rikomeye mu cyumweru gishize aho yari afungiwe muri Bénin.

Busingye yavuze ko umucamanza Meron yarekuye Simba mu masaha y’ijoro ku buryo n’abandi bakozi b’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha batabimenye.

Ati “Umucamanza Meron yarekuye Simba mu Cyumweru gishize bitanyuze mu mucyo. Irekurwa rye ryabaye mu cyumweru gishize ndetse (Meron) yagiye abihisha abandi bagize UNMICT. U Rwanda narwo ntacyo rwari rubiziho. Iyo migirire itagenzuwe, ikozwe n’umuntu ku giti cye nta mwanya ikwiriye mu mategeko mpuzamahanga.”

Muri Nyakanga umwaka ushize, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yahaye manda y’amezi atandatu Umucamanza Theodor Meron, izageza ku wa 18 Mutarama 2019.

Umucamanza Theodor Meron

Uyu mugabo yagiye ashinjwa n’u Rwanda kubogama, agabanyiriza ibihano abakatiwe kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no kurekura kare abayikoze.

Busingye yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yifuza ko uzasimbura Meron ku buyobozi bwa UNMICT, yazatandukana n’imigirire ya Meron kandi akajya abanza kubaza impande zose bireba mbere yo kurekura abashinjwa ibyaha.

Minister of Justice Busingye

Yavuze ko kubera gukorera mu bwiru, baje kumenya ko Simba ashobora kuba yararekuwe kubera impamvu z’ubuzima butifashe neza. Yavuze ko icyo ari ikintu cyumvikana ku buryo iyo bagishwa inama batari kubyanga.

Ati “Kubera kudakorera mu mucyo, u Rwanda ntirwamenye ko umucamanza Meron yarekuye Simba kubera ibibazo by’ubuzima, ikintu Leta y’u Rwanda itashoboraga guhakana ariko kubera kubigira ibanga, ntabwo twamenye koko niba ariyo mpamvu yabiteye.”

Minisitiri Busingye yavuze ko Meron azi neza uruhare rwa Simba mu bwicanyi bwakorewe abana, abagore n’abagabo b’abatutsi basaga 40 000 bari bahungiye i Murambi.

Yavuze ko kandi azi uruhare rwe mu bwicanyi bwo kuri Paruwasi ya Kaduha aho Simba yatanze intwaro gakondo, imbunda na grenade akaziha abicanyi akabategeka kujya ‘gukuraho imyanda’.

Ati “No mu minsi ye ya nyuma, Meron yashimangiye umurage we wo gutesha agaciro ubutabera mpuzamahanga arekura Col Simba Aloys rwagati mu ijoro, imyaka umunani mbere y’uko igihano cye kirangira. Ku buyobozi bwe, yagiye agabanyiriza abantu ibihano no kurekura abajenosideri mbere y’igihe bakatiwe hatarebwe ku nzirakarengane n’abarokotse.”

U Rwanda ruvuga ko rwagaragaje inyandiko y’impuguke mu bijyanye n’ihungabana riva kuri Jenoside, yemeje ko kurekura Simba bizatera ihungabana ridasanzwe abarokokeye kuri Paruwasi ya Kaduha ndetse n’i Murambi aho ‘abana biboneye n’amaso ababyeyi babo bicwa, ababyeyi bakibonera abana babo bicwa’.

Busingye avuga ko n’impamvu zose zituma umuntu yemererwa kurekurwa mbere y’igihe yakatiwe kuri Simba zitagaragara.
Ubusanzwe kurekura mbere uwahamijwe ibyaha habanza kurebwa uburemere bw’icyaha yakoze, inyungu z’abarokotse, ukwicuza kw’imfungwa n’uburyo yorohereje ubushinjacyaha.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ko niba umucamanza Meron anarekuye Col Simba, mu rugamba rwo kurwanya ihakana rya Jenoside akwiye kuzanwa mu gihugu akanyuzwa muri gahunda zo gusezererwa no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Simba w’imyaka 81 yahoze ari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda. Ni umwe mu bafashije Juvénal Habyarimana kujya ku butegetsi mu 1973. Jenoside yabaye ari umujyanama mu by’umutekano muri Perefegitura ya Gikongoro na Butare.

2019-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023
Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Ubwanditsi 07 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Batatu  bamaze gutabwa  muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza
Mu Rwanda

Burundi: Batatu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Ubwanditsi 19 Jul 2017
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23
INKURU NYAMUKURU

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Ubwanditsi 02 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru