• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara
Diane Rwigara na Kamanzi Djanessa

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Uyu mugore wahoze ari umufasha wa Sheikh Saleh Habimana ubu arabarizwa mu buhungiro mu gihugu cya Suede cyangwa Sweden, aho amaze iminsi avuga nabi Perezida Paul Kagame ndetse n’umugabo we batandukanye uhagarariye u Rwanda muri Misri cyangwa Egypt ubu akaba ari we uhagarariye u Rwanda mu gihugu cya Maroc.

Uyu mugore utuye mu majyaruguru ya Suede yirirwa avuga nabi uwari umugabo we na perezida Kagame, avuga ko bakora ubuhotozi n’ubwicanyi  ku Banyarwanda. Uyu mugore n’ubwo atigeze amenya ahantu twari twahuriye muri iyi minsi mikuru ishize yakomeje kuvuga ko Nyakubahwa Prezida kagame na leta ayoboye ari umutwaro ko Banyarwanda.

Bamwe mu nshuti ze za hafi ntabwo bari bazi ko njye nari mbarimo kandi ntashyigikiye ibyo bitekerezo bihumanye cyane cyane ko bidakwiye muri iki gihe. Djanessa uwo munsi yari yisanzuye ndetse avuga ko we yahunze kubera ko yatangiye kugira ibibazo bitewe n’uko yari mu bari bashyigikiye Diane Shima Rwigara. Atera inkuru ko we yari afite ubwisanzure mu kwamamaza Diane Rwigara kubera ko bitari byoroshe kumukeka. Hanyuma bikaza kuvumburwa n’abashinzwe umutekano . Mu bigambo bitameshe yemeza ko we adashobora guhara cyangwa kwanga umuryango wa Rwigara kubera ko ise wa Diane, ari we Rwigara Assinapol ari we wamurihiye amashuri, ndetse agatuma abaho neza nyuma yaho ababyeyi be bishwe mu gihe cya genocide yakorewe abatutsi mu 1994.

Yahise yadukira umugabo we amwita imbwa, avuga ko nawe ari inkora maraso, kubera ko akorana na Nyakubahwa Prezida Kagame. Mu ku mwinja namubajije niba yaba yari ashyigikiye Diane Rwigara, yahise ambwira ko byatangiye ari ibanga ariko aza kuvumburwa na Police. Yakomeje avuga ko kuri we byari byoroshe kuba umukangurambaga, kubera ko yari afite imodoka. Mubyo avuga cyane yemeza ko bamuketse ndetse akabazwa, ariko buri gihe bakabura gihamya, Igitangaje ni uko yahise aca polisi mu myanya y’intoki agasaba visa yo muri Suede , kandi kubera ko yari afite Passport Diplomatic yahise ahabwa visa aza hano muri Suede, ahita atangira kuvuga amahomvu Prezida Paul Kagame n’umugabo we Sheikh Seleh Habimana.

Ikigaragara ni uko abantu bamwe baba barahawe byose, ariko bwacya mu gitondo bakaba ari bo barimo gutiza umurindi abadashyigikiye prezida Kagame wateje imbere u Rwanda. Suede ikomeje kuba indiri y’abantu benshi barimo kurwanya Prezida Kagame. Ikindi ni uko Abashinzwe umutekano mu Rwanda bajya bareba ukuntu batanga ibyangombwa nk’ibi biri mu Rwego rwo hejuru ku bantu bamwe. Bizabafasha cyane kubagenzura. Abacitse ku icumu mutekereze aho Prezida Kagame yabakuye.

Habimana Eliezer

Muri Suede.

2020-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ubwanditsi 15 Jan 2024
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Ubwanditsi 17 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018
Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview
POLITIKI

Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview

Ubwanditsi 10 Mar 2016
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru