• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara
Diane Rwigara na Kamanzi Djanessa

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Uyu mugore wahoze ari umufasha wa Sheikh Saleh Habimana ubu arabarizwa mu buhungiro mu gihugu cya Suede cyangwa Sweden, aho amaze iminsi avuga nabi Perezida Paul Kagame ndetse n’umugabo we batandukanye uhagarariye u Rwanda muri Misri cyangwa Egypt ubu akaba ari we uhagarariye u Rwanda mu gihugu cya Maroc.

Uyu mugore utuye mu majyaruguru ya Suede yirirwa avuga nabi uwari umugabo we na perezida Kagame, avuga ko bakora ubuhotozi n’ubwicanyi  ku Banyarwanda. Uyu mugore n’ubwo atigeze amenya ahantu twari twahuriye muri iyi minsi mikuru ishize yakomeje kuvuga ko Nyakubahwa Prezida kagame na leta ayoboye ari umutwaro ko Banyarwanda.

Bamwe mu nshuti ze za hafi ntabwo bari bazi ko njye nari mbarimo kandi ntashyigikiye ibyo bitekerezo bihumanye cyane cyane ko bidakwiye muri iki gihe. Djanessa uwo munsi yari yisanzuye ndetse avuga ko we yahunze kubera ko yatangiye kugira ibibazo bitewe n’uko yari mu bari bashyigikiye Diane Shima Rwigara. Atera inkuru ko we yari afite ubwisanzure mu kwamamaza Diane Rwigara kubera ko bitari byoroshe kumukeka. Hanyuma bikaza kuvumburwa n’abashinzwe umutekano . Mu bigambo bitameshe yemeza ko we adashobora guhara cyangwa kwanga umuryango wa Rwigara kubera ko ise wa Diane, ari we Rwigara Assinapol ari we wamurihiye amashuri, ndetse agatuma abaho neza nyuma yaho ababyeyi be bishwe mu gihe cya genocide yakorewe abatutsi mu 1994.

Yahise yadukira umugabo we amwita imbwa, avuga ko nawe ari inkora maraso, kubera ko akorana na Nyakubahwa Prezida Kagame. Mu ku mwinja namubajije niba yaba yari ashyigikiye Diane Rwigara, yahise ambwira ko byatangiye ari ibanga ariko aza kuvumburwa na Police. Yakomeje avuga ko kuri we byari byoroshe kuba umukangurambaga, kubera ko yari afite imodoka. Mubyo avuga cyane yemeza ko bamuketse ndetse akabazwa, ariko buri gihe bakabura gihamya, Igitangaje ni uko yahise aca polisi mu myanya y’intoki agasaba visa yo muri Suede , kandi kubera ko yari afite Passport Diplomatic yahise ahabwa visa aza hano muri Suede, ahita atangira kuvuga amahomvu Prezida Paul Kagame n’umugabo we Sheikh Seleh Habimana.

Ikigaragara ni uko abantu bamwe baba barahawe byose, ariko bwacya mu gitondo bakaba ari bo barimo gutiza umurindi abadashyigikiye prezida Kagame wateje imbere u Rwanda. Suede ikomeje kuba indiri y’abantu benshi barimo kurwanya Prezida Kagame. Ikindi ni uko Abashinzwe umutekano mu Rwanda bajya bareba ukuntu batanga ibyangombwa nk’ibi biri mu Rwego rwo hejuru ku bantu bamwe. Bizabafasha cyane kubagenzura. Abacitse ku icumu mutekereze aho Prezida Kagame yabakuye.

Habimana Eliezer

Muri Suede.

2020-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024
Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru
Amakuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?

Ubwanditsi 01 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru