• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rugiye kwakira inama yo ku rwego rwa Afurika iziga ku micungire y’umutekano w’indege, izasuzumirwamo ibimaze kugerwaho ndetse hagasuzumwa uburyo wakomeza gusigasirwa.

Iyi nama izaba kuva ku itariki ya 22 kugeza ku ya 25 Gicurasi 2018, yateguwe n’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe iby’indege za gisivili (ICAO) na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo gishinzwe indege za gisivili (RCAA).

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Gatanu, Umuyobozi w’ikigo gishinzwe indege za gisivili mu Rwanda, Udahemuka Silas, yatangaje ko iyi nama izanitabirwa n’Umuyobozi wa ICAO, izasuzuma ibijyanye n’umutekano w’iby’indege, ibibazo ibihugu byahuye na byo, ingamba zashyirwaho mu kubicubya no kwigira ku mikorere myiza ku babigezeho.

Yagize ati “Abazayitabira bazaganira ku buryo hashyirwaho ingamba zazamura umutekano w’indege za gisivili, basangire ibitekerezo, ubumenyi n’amasomo bagiye biga mu bihugu byabo kugira ngo turebe uko twateza imbere umutekano w’iby’indege za gisivili.”

Umuyobozi Mukuru wa ICAO mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Barry Kashambo, yasobanuye ko iyi nama igamije kuzamura umutekano w’indege muri Afurika binyuze mu mahame yo gucunga umutekano wazo yateguwe na ICAO.

Yagize ati “Umwaka utaha tuzaba dufite amahame ngenderwaho yateganyijwe na ICAO, iyi nama igamije gutanga amakuru, integuza ku bafatanyabikorwa n’abatanga serivisi ngo bitegure gushyira mu bikorwa ayo mahame n’amabwiriza y’imikorere myiza, mu gihe azaba atangiye kubahirizwa mu 2019 ntibazatungurwe.”
Yakomeje avuga ko umutekano w’indege muri Afurika wazamutse mu myaka nk’itatu ishize kandi hari ishoramari ryinshi rikomeje gushyirwa muri uru rwego.

Kashambo yasobanuye ko gutumiza iyi nama atari uko hari ibibazo by’umutekano muke w’indege ahubwo ari ugukumira ko wabura.

U Rwanda rurimo kuvugurura no gushyiraho amabwiriza mashya agenga indege za gisivili mu , agamije kurushaho kunoza uburyo rugenzura ibijyanye n’ibibera mu ndege ndetse n’impanuka.

Aya mabwiriza mashya azatuma Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, yoroherwa no gukora ingendo ku mugabane w’u Burayi na Amerika kuko akubiyemo ibisabwa n’ibigo bigenzura indege za gisivili kuri iyi migabane.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe indege za gisivili mu Rwanda, Udahemuka Silas

Udahemuka Silas uyobora RCAA n’Umuyobozi Mukuru wa ICAO mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Barry Kashambo

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.
Amakuru

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Ubwanditsi 07 Jun 2021
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano
Mu Mahanga

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016
RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi
POLITIKI

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru