• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Ubwanditsi 08 Feb 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihugu hari amahirwe menshi yabyazwa ubucuruzi atari gukoreshwa, asaba ko hadakwiye kubaho kunanirwa kubyaza umusaruro ingufu zikomeje gushyirwa mu koroshya ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Umukuru w’Igihugu yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yitabiraga ihuriro ry’abacuruzi b’icyitegererezo, mu mugoroba wa “Golden Circle Gala Dinner”, igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu gihugu, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abayoboye ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Golden Circle ihuriwemo n’abacuruzi bagera ku 150 bafatwa n’indashyikirwa mu nzego z’inganda, ubukerarugendo, amabanki n’ibindi, bagira uruhare mu guhanga imirimo n’irindi shoramari, byose bizamura iterambere ry’igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa by’ubucuruzi ari umufatanyabikorwa wa guverinoma kuko intego z’izi mpande zombi zishingiye ku iterambere, ariko ngo ntirishobora kugerwaho zidakoranye bya hafi binyuze mu biganiro bihoraho, mu bufatanye bwa leta n’abikorera.

Yanibukije ko hari amahirwe amwe y’ubucuruzi atarabyazwa umusaruro mu gihugu, ashimira Urugaga rw’abikorera (PSF) rukomeje gufasha mu kuyamenyekanisha no hanze y’imipaka y’igihugu.

-2012.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-2011.jpg

Abacuruzi babanyarwanda n’abanyamahanga batandukanye bari bitabiriye iki gikorwa

Ati “Ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, binyuze mu mishinga ihuriweho n’ibihugu byo mu muhora wa ruguru no mu muhora wo hagati mu gihe gito kiri imbere, biri gukora ibishoboka ngo bikureho imbogamizi mu bucuruzi, ngo byoroshye urujya n’uruza rw’abantu, ubushobozi, ibicuruzwa na serivisi. Turi gutera intambwe ishimishije mu bijyanye n’ibikorwa remezo, ingufu, ubwikorezi, itumanaho, binyuze muri iyi mihora, kandi tuzakomeza n’ibirushijeho.”

Yongeyeho ati “Ariko hari n’ibindi tugomba gukora. Dufite ibisabwa byose ngo twubake iterambere ry’akarere kacu, bityo nta gushidikanya gukwiye kubamo cyangwa kunanirwa ku ruhande rwacu, kungukira muri ibi bikomeje gukorwa.”

-2010.jpg

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera, yavuze ko kuba umwe mu bagize Golden Circle bisaba kuba icyitegererezo mu ishoramari, kurusha uko harebwa ku ngano y’umutungo mu mafaranga waba ugezeho.

Mu cyo bateganya mu minsi iri imbere, yagize ati “Dushaka gufasha ba rwiyemezamirimo bato n’abagore, kuko nibo bazaba ari abashoramari bakomeye b’ejo hazaza. Dukeneye kubafasha, tugashyigikira ubushobozi bifitemo.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, iri huriro ry’abacuruzi bakomeye ryanatumiye ba rwiyemezamirimo bato basaga70, kugira ngo bungurane ibitekerezo n’abamaze kugira ibyo bageraho, ku buryo bizeye ko mu minsi mike ari bamwe mu bazaba bagize ‘‘Golden Circle.”

Uyu mugoroba witabiriwe n’abikorera bagera kuri 350, muri bo 150 bagize iri huriro rimaze imyaka ine rishinzwe, abandi 200 basigaye bashobora kwinjiramo muri uyu mwaka, ku buryo mu myaka mike iri imbere bazaba bagera kuri 500.

Source: Igihe.com

2016-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Chelsea yatwaye igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’i Burayi, ni nyuma yo gutsinda Villa Real kuri Penaliti 6-5

Amafoto – Chelsea yatwaye igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’i Burayi, ni nyuma yo gutsinda Villa Real kuri Penaliti 6-5

Ubwanditsi 12 Aug 2021
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Ubwanditsi 14 Apr 2024
Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Ubwanditsi 17 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa
INKURU NYAMUKURU

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame
Amakuru

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 07 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru