• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuri iki cyumweru ikipe ya Polisi fc yatsinze Mukura Vs igitego 1-0 , bikaba byayongereye ikizere cyo kuza mu makipe y’imbere mu kiciro cya mbere cya Champiyona y’u Rwanda.

N’umukino utagaragayemo Capiteni wa polisi fc Habyarimana Innocent kubera amakarita abiri y’umuhondo yari afite,hakiyongeraho umuzamu wa mbere mvuyekure Emery, Ngirinshuti Mwemere ukina kuruhande rw’ibumoso, Uwihoreye Jean Paul ndetse na Mugabo Gabriel bose bari bafite ikibazo k’imvune.

Ikipe ya Polisi fc yatsinze Mukura vs idafite abakinnyi bagera kuri batanu babanzamo, si ubwa mbere bibaye kuko no ku mukino wari wabanje ikipe ya Polisi fc yatsinze ikipe ya AS Kigali idafite Capiteni wayo Habyarimana Innocent, abakinnyi bo hagati nka Kalisa Rashid na Nshimiyimana Imran ndetse n’abakinnyi babiri b’inyuma aribo Ngirinshuti Mwemere na Mugabo Gabriel.

Kuba ikipe ya Police fc yari yakiriye mukura kuri stade ikoreraho imyitozo, ryari ishyaka ryinshi ku bakinnyi bavugaga ko bagombaga gutsinda mukura kugirango ikipe ikomeze igabanye ikinyuranyo cy’amanota n’ikipe ya mbere; ikipe ya Polisi irushwa n’ikipe ya Rayon Sport iri ku mwanya wa mbere w’agateganyo amanota ane (04).

Umutoza wa Police fc Andre Cassa Mbungo akaba nawe yari afitiye ikizere abasore be ko bagomba kubona amanota atatu kuri stade bakoreraho imyitozo ya kicukiro.
Myugariro wa Police fc Twagizimana Fabrice usanzwe umenyerewe kw’izina rya “Ndikukazi” akaba ariwe waje gutsinda iki gitego, aho yagitsinze ku munota wa 68 ku mupira waruvuye muri koroneli yari itewe neza na Twagirimana Innocent.

Ikipe ya Police kandi ikaba yagaragaje umukino mwiza wo guhanahana mu kibuga no kugera imbere y’izamu rya Mukura vs ariko amahirwe akagenda yanga, aha twavuga nk’umusore Ngomirakiza Hegman wateye umupira ugafata igiti cy’izamu ndetse na Usengimana Danny wakoreweho ikosa muri penariti ariko umusifuzi ntayisifure.

Iyi tsinzi ikaba yatumye ikipe ya Police fc iguma ku mwanya wa 04 ku rutonde rw’agateganyo rwa champiyona, ikaba ifite amanota 31.

Mu kiganiro n’itangazamakuru umutoza wa Polisi fc Andre Cassa Mbungo akaba yatangaje ko abakinnyi bagaragaje umukino mwiza, kugira ishyaka ndetse ko afite ikizere ko nibakomeza kwitwara neza nkuko babigenje uyu munsi nta kabuza bazasoza bari mu myanya y’imbere muri champiyona y’u Rwanda.

RNP

2016-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022
Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!
Amakuru

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020
Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali
Amakuru

Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2022
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League
Amakuru

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru