• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe impinduka mu miyoborere y’Isi muri iki gihe, hakimakazwa ubufatanye bw’ibihugu mu iterambere riyibereye, kuko usanga hakiri ibihugu bimwe bishyiraho imirongo ibindi bigomba kugenderaho.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabiraga Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, i New York.

Yavuze ko insanganyamatsiko y’ibiganiro muri uyu mwaka ari ukubaka Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu ubereye bose. Ibi ngo bisaba ibihugu byose kwiyemeza gufatanya cyane cyane aho byagiye bikomeza kubura.

Yagize ati “Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye. Usanga bamwe muri twe aribo bashyiraho imirongo ngenderwaho ishingirwaho mu gucira abandi imanza, nyamara ingingo z’ibanze zitatugenga twese ku buryo bungana ntabwo tuba tuzihuriyeho.”

“Gukemura iyi ngingo y’ibanze mu buryo bw’imikorere yacu nibyo bizadufasha kugarura imikoranire n’ubufatanye kandi bikatwongerera icyizere mu miryango mpuzamahanga ifitiye akamaro ahazaza h’Isi yacu.”

Perezida Kagame ariko yatanze icyizere ko mu myaka iri imbere ibihugu bizakomeza gushimangira ubufatanye hagati y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Loni mu guteza imbere amahoro n’umutekano, uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori, kurinda ibidukikije n’uburumbuke busangiwe.

Kagame yavuze ko nta handi ku Isi usanga bumva akamaro k’ubufatanye hagati y’ibihugu ndetse no gushyira hamwe nko muri Afurika.

Gusa ngo n’ubwo bimeze gutyo, Afurika yakomeje kubonwa nk’umugabane urimo amacakubiri no kudakorana, bituma idashobora gushyira imbere inyungu ibihugu biyigize bihuriyeho.

Yakomeje agira ati “Twatanze urufunguzo rw’ahazaza hacu, turuha abandi batabiduhatiye, ahubwo kubera kudakorana kwacu.”

Gusa yavuze ko ubu ibihe byahindutse, ndetse kuba imiyoborere ya kera ikomeje kugenda icika muri Afurika, byatumye yongera guha umwanya iby’ibanze kugira ngo yongere yisuganye kandi ihindure uburyo bw’imikorere

Yakomoje ku mavugurura agamije kuyifasha kwihaza no kwigira, aho ubu AU ifite ingengo y’imari iri munsi y’iy’umwaka ushize ku kigero cya 12% ariko ikigero cy’imigabane itangwa n’ibihugu kikaba cyariyongereye.

Inkunga ku Kigega cyahariwe gufasha AU muri gahunda zo kugarura amahoro nazo ubu ziri hejuru kuva iki kigega cyashyirwaho muw’1993, ndetse mu ntangiriro z’uyu mwaka, ibihugu bigize AU byashyize umukono ku Masezerano ashyiraho Isoko Rimwe rya Afurika.

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Aya Masezerano namara gushyirwa mu bikorwa, umwanya Afurika ifite mu ruhando rw’amahanga mu bukungu n’ubucuruzi uzahinduka. Ubukungu buteye imbere n’ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika bizadufasha kugera ku Ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) bitarenze 2030.”

Ibihugu 49 nibyo bimaze gushyira umukono ku masezerano y’Isoko Rimwe rya Afurika.

Iri soko rusange nirimara gushyirwaho, Perezida Kagame avuga ko ibihugu bya Afurika bizatangira no kubona amahirwe mashya mu bufatanye hagati ya za leta n’abikorera.

Yakomeje agira ati “Afurika n’Isi yose muri rusange dukwiriye kwishyira hamwe tugakora ibikenewe gukorwa kugira ngo ingamba ziba zafashwe n’amasezerano yemeranyijweho bijye byubahirizwa.”

Iyi nama iri kubera i New York, ku wa 26 izibanda ku ngingo yo kurwanya igituntu nk’uko byemejwe n’ibihugu by’ibinyamuryango muri Gashyantare uyu mwaka.

Ku wa 27 Nzeri 2018 abakuru b’ibihugu bazasuzuma intambwe yatewe mu kwirinda no kugenzura indwara zitandura.

Ubwo Perezida Kagame yagezaga ijambo ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, kuri uyu wa Kabiri

Perezida Kagame yavuze ko Afurika n’Isi yose muri rusange bikwiriye kwishyira hamwe bigakora ibikenewe

Perezida Kagame yavuze ko imikorere ya Afurika ya kera atari yo y’ubu

Perezida Kagame yicaranye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo hamwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe, mu nama y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Amafoto: Village Urugwiro

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali
SHOWBIZ

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon
Amakuru

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Ubwanditsi 09 Jun 2025
Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru