• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

  • Col Rutiganda Jean Damascene wa FDLR akaba yari Burugumesitiri wa Murama mu gihe cya Jenoside yapfuye azize indwara   |   24 Jan 2021

  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan kuri uyu wa 13 Mutarama 2020.

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza hagati ya UAE n’u Rwanda n’uburyo bwo kuwagura.

Aba bombi bahuye nyuma y’umuhango wo gutangiza Inama mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW). Perezida Kagame ari no mu bakuru b’ibihugu batanze ibihembo biyitangirwamo bizwi nka Zayed Sustainability Prize.

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2008, byitiriwe nyakwigendera Sheikh Zayed bin Sultan Al Nahyan ufatwa nk’intwari muri UAE, akazirikanwa ku Isi nk’uwanaharaniye kwimakaza ubumuntu hose.

Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bitangwa muri Mutarama buri mwaka, mu nama ya Abu Dhabi Sustainability Week.

Mu mishinga 10 yahembwe harimo uw’ikoranabuhanga ry’Ikigo cyo mu Busuwisi cya GLOBHE gikoresha drone ryifashisha ubwenge bw’ubukorano mu kuvumbura ibyorezo n’uwo mu Bufaransa witwa Electricians Without Borders umaze imyaka 30 utanga ibikoresho by’imirasire y’izuba mu nkambi z’impunzi mu bihugu 50.

Ku mu 2008, Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bihabwa abagaragaje umuhate mu guhanga ikoranabuhanga rishya riteza imbere ubuzima bw’abaturage. Byibanda ku mishinga y’ubuzima, ibyo kurya, ingufu, amazi n’uburezi.

Umushinga wo muri Afurika wahembwe ni uwa Okuafo Foundation, umuryango wo muri Ghana watangije application ya smartphone ishobora kuvumbura indwara zibasira imyaka mu mirima.

Muri uyu mwaka, imishinga 2,373 ni yo yahatanye, mu gihe 30 ariyo yari yatoranyijwe n’akanama nkemurampaka k’inzobere 12 mu Ukwakira 2019.

ADSW yatangiye kuri uyu wa 13 Mutarama 2020, ni inama imara icyumweru, ifatwa nk’umwanya wo gusangizanya ubumenyi, kuganira ku ishyirwa mu bikorwa rya za gahunda zitandukanye no gutanga ibisubizo bigamije iterambere rya muntu.

Iyi nama ihuza abashinzwe ibikorwa by’igenamigambi, abahanga mu by’inganda no mu ikoranabuhanga. Intego yayo ni ugushimangira umusanzu wa UAE mu bikorwa by’iterambere rirambye. Yitabirwa n’abantu benshi kuko mu 2019, yarimo ibihugu 175 n’abantu ibihumbi 38. Icyo gihe yasojwe hasinywe amasezerano ya miliyoni $11.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni cyo gihugu cya mbere, Perezida Kagame yagiriyemo urugendo kuva umwaka wa 2020 watangira.

Urukuta rwa Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda rwanditse ko Perezida Kagame nyuma yo kwitabira itangizwa rya ADSW no gutanga ibihembo, yahuye na Sheikh Mohamed Bin Zayed ariko ntirwakomoje ku byavugiwe ku meza bombi bahuriyeho.

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’iyi nama yarimo abayobozi bakomeye nka Mohammed bin Zayed Al Nahyan; Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu bihugu bya Armenia, Sierra Leone, Indonesia na Seychelles.

U Rwanda na UAE bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu ngeri zitandukanye. Ku wa 2 Ugushyingo 2017 ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye arimo ajyanye no guteza imbere no kubungabunga umutekano w’ishoramari rya buri gihugu n’ayo kunoza imisoreshereze hirindwa ko ibicuruzwa bisoreshwa inshuro zirenze imwe.

Muri uwo mwaka hasinywe amasezerano yemerera Abanyarwanda bagiye mu butumwa bw’akazi cyangwa bafite ibyangombwa by’inzira by’abadipolomate kwinjira nta Visa.

Muri Werurwe 2019, UAE yafunguye Ambasade i Kigali. Ifungurwa ryayo ryabanjirijwe n’ibiganiro by’intumwa za UAE na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ku kunoza umubano ku mpande zombi.

Muri ibi biganiro impande zombi zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere uburezi bw’u Rwanda muri kaminuza n’amasomo y’ubumenyingiro.

Muri ubu bufatanye UAE yemereye buruse Abanyarwanda 20 muri kaminuza zo muri iki gihugu ndetse abagore 100 bahawe amahugurwa mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

U Rwanda na rwo ruhagarariwe muri UAE aho kuva mu Ukwakira 2019, Ambasaderi Emmanuel Hategeka ariwe ureberera inyungu z’urwa Gasabo muri iki gihugu.

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Abu Dhabi ni wo mujyi wa mbere, Perezida Kagame yasuye kuva umwaka wa 2020 utangiye

Abayobozi bombi baganiriye ku buryo bwo kunoza umubano hagati ya UAE n’u Rwanda

U Rwanda na UAE bifitanye umubano mwiza ndetse bifitanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula

Perezida Kagame ari mu bayobozi bitabiriye itangizwa ry’Inama Mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW)

Perezida Kagame n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan mu gikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe

Perezida Kagame ashyikiriza igihembo umwe mu batsinze muri Zayed Sustainability Prize

Abahawe ibihembo bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobozi bakuru bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Village Urugwiro

2020-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Editorial 17 Jan 2017
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru