• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Ubwanditsi 14 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan kuri uyu wa 13 Mutarama 2020.

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza hagati ya UAE n’u Rwanda n’uburyo bwo kuwagura.

Aba bombi bahuye nyuma y’umuhango wo gutangiza Inama mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW). Perezida Kagame ari no mu bakuru b’ibihugu batanze ibihembo biyitangirwamo bizwi nka Zayed Sustainability Prize.

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2008, byitiriwe nyakwigendera Sheikh Zayed bin Sultan Al Nahyan ufatwa nk’intwari muri UAE, akazirikanwa ku Isi nk’uwanaharaniye kwimakaza ubumuntu hose.

Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bitangwa muri Mutarama buri mwaka, mu nama ya Abu Dhabi Sustainability Week.

Mu mishinga 10 yahembwe harimo uw’ikoranabuhanga ry’Ikigo cyo mu Busuwisi cya GLOBHE gikoresha drone ryifashisha ubwenge bw’ubukorano mu kuvumbura ibyorezo n’uwo mu Bufaransa witwa Electricians Without Borders umaze imyaka 30 utanga ibikoresho by’imirasire y’izuba mu nkambi z’impunzi mu bihugu 50.

Ku mu 2008, Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bihabwa abagaragaje umuhate mu guhanga ikoranabuhanga rishya riteza imbere ubuzima bw’abaturage. Byibanda ku mishinga y’ubuzima, ibyo kurya, ingufu, amazi n’uburezi.

Umushinga wo muri Afurika wahembwe ni uwa Okuafo Foundation, umuryango wo muri Ghana watangije application ya smartphone ishobora kuvumbura indwara zibasira imyaka mu mirima.

Muri uyu mwaka, imishinga 2,373 ni yo yahatanye, mu gihe 30 ariyo yari yatoranyijwe n’akanama nkemurampaka k’inzobere 12 mu Ukwakira 2019.

ADSW yatangiye kuri uyu wa 13 Mutarama 2020, ni inama imara icyumweru, ifatwa nk’umwanya wo gusangizanya ubumenyi, kuganira ku ishyirwa mu bikorwa rya za gahunda zitandukanye no gutanga ibisubizo bigamije iterambere rya muntu.

Iyi nama ihuza abashinzwe ibikorwa by’igenamigambi, abahanga mu by’inganda no mu ikoranabuhanga. Intego yayo ni ugushimangira umusanzu wa UAE mu bikorwa by’iterambere rirambye. Yitabirwa n’abantu benshi kuko mu 2019, yarimo ibihugu 175 n’abantu ibihumbi 38. Icyo gihe yasojwe hasinywe amasezerano ya miliyoni $11.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni cyo gihugu cya mbere, Perezida Kagame yagiriyemo urugendo kuva umwaka wa 2020 watangira.

Urukuta rwa Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda rwanditse ko Perezida Kagame nyuma yo kwitabira itangizwa rya ADSW no gutanga ibihembo, yahuye na Sheikh Mohamed Bin Zayed ariko ntirwakomoje ku byavugiwe ku meza bombi bahuriyeho.

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’iyi nama yarimo abayobozi bakomeye nka Mohammed bin Zayed Al Nahyan; Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu bihugu bya Armenia, Sierra Leone, Indonesia na Seychelles.

U Rwanda na UAE bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu ngeri zitandukanye. Ku wa 2 Ugushyingo 2017 ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye arimo ajyanye no guteza imbere no kubungabunga umutekano w’ishoramari rya buri gihugu n’ayo kunoza imisoreshereze hirindwa ko ibicuruzwa bisoreshwa inshuro zirenze imwe.

Muri uwo mwaka hasinywe amasezerano yemerera Abanyarwanda bagiye mu butumwa bw’akazi cyangwa bafite ibyangombwa by’inzira by’abadipolomate kwinjira nta Visa.

Muri Werurwe 2019, UAE yafunguye Ambasade i Kigali. Ifungurwa ryayo ryabanjirijwe n’ibiganiro by’intumwa za UAE na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ku kunoza umubano ku mpande zombi.

Muri ibi biganiro impande zombi zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere uburezi bw’u Rwanda muri kaminuza n’amasomo y’ubumenyingiro.

Muri ubu bufatanye UAE yemereye buruse Abanyarwanda 20 muri kaminuza zo muri iki gihugu ndetse abagore 100 bahawe amahugurwa mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

U Rwanda na rwo ruhagarariwe muri UAE aho kuva mu Ukwakira 2019, Ambasaderi Emmanuel Hategeka ariwe ureberera inyungu z’urwa Gasabo muri iki gihugu.

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Abu Dhabi ni wo mujyi wa mbere, Perezida Kagame yasuye kuva umwaka wa 2020 utangiye

Abayobozi bombi baganiriye ku buryo bwo kunoza umubano hagati ya UAE n’u Rwanda

U Rwanda na UAE bifitanye umubano mwiza ndetse bifitanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula

Perezida Kagame ari mu bayobozi bitabiriye itangizwa ry’Inama Mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW)

Perezida Kagame n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan mu gikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe

Perezida Kagame ashyikiriza igihembo umwe mu batsinze muri Zayed Sustainability Prize

Abahawe ibihembo bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobozi bakuru bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Village Urugwiro

2020-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze
Mu Rwanda

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru